• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Ubwanditsi 10 Oct 2019 Mu Rwanda, POLITIKI

Sena ya kabiri y’u Rwanda kuri uyu wa 10 Ukwakira yasoje imirimo yayo, kandi umwe mu basenateri 20 bujuje manda yabo baratangiye kuwa 10 Ukwakira 2011, harimo Bernard Makuza, wari uyiyoboye, kuri ubu hakaba hari abanugwanugwa bashobora kuzamusimbura barimo Nkusi, Iyamuremye na Mukabaramba.

Hagendewe ku byaranze abasenateri bashya, Dr Augustin Iyamuremye, Alvera Mukabaramba na Juvenal Nkusi bagaragara nk’abujuje ibisabwa ngo habe havamo uhabwa inshingano zo kuyobora Sena.

Nk’uko ubuyobozi bw’igihugu burutanwa, Perezida wa sena niwe muntu uba ari uwa kabiri mu buyobozi bw’igihugu nyuma ya Perezida wa Repubulika.

Dr Augustin Iyamuremye

Ni umuganga w’amatungo wabyigiye ufite imyaka 74 y’amavuko akaba umunyapolitiki ufite ubunararibonye ubarizwa mu ishyaka PSD. Uyu mwuga wa politiki awumazemo imyaka isaga 30. Yagiye akora imirimo itandukanye mu butegetsi bwabanje nk’aho yabaye Perefe w’iyahoze ari  Perefegitura ya Gitarama, aba umukuru w’iperereza n’indi myanya y’ingenzi yabayemo.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yabaye minisitiri w’ububanyi n’amahanga, aba minisitiri w’ubuhinzi ndetse yanabaye minisitiri w’itangazamakuru. Yabaye kandi Senateri, Umujyanama wa Perezida n’ibindi yagiye akora.

Uyu ni umwe mu basenateri bane bagenwe na perezida wa Repubulika uzaba uri muri Sena y’u Rwanda muri manda itaha.

Mbere yo kugenwa, Iyamuremye yari Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye (REAF), umwanya uhabwa umuntu wagaragaje ubunararibonye n’ubushobozi mu gukemura ibibazo byugarije igihugu.

Abantu bakeya ngo nibo bumva neza urubuga rwa politiki mu Rwanda nk’uyu mugabo  umaze kugera mu zabukuru ku buryo afite amahirwe menshi yo kuba Perezida wa Sena.

Juvenal Nkusi

Kimwe na Iyamuremye, Nkusi Juvenal w’imyaka 64 abarizwa muri PSD. Kugeza afashe icyemezo cyo kutazongera kwitoza mu matora y’abadepite, Nkusi yari umwe mu badepite barambye mu nteko kuko yari amazemo imyaka isaga 20.

Yinjiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuwa 25 Ugushyingo 1994, ubwo Inteko Ishinga Amategeko y’Inzibacyuho yateranaga bwa mbere akora nka Perezida wa mbere wayo kugeza mu 1997.

Nkusi Juvenal ngo yumva neza Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imbere n’inyuma. Azahora yibukirwaho kuyobora ibikorwa bibaza abayobozi batandukanye inshingano zabo nk’Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe Gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo wa leta (PAC).

Nkusi kandi ni umwe mu bari bagize itsinda ryateguye manifesto ya mbere y’ishyaka PSD ubwo ryashingwaga mu 1991.

Mu gihe ari muto ugereranyije na Iyamuremye, CV ye ni ngufi mu bindi bintu bijyanye na politiki bitari inteko ishinga amategeko.

Dr Alvera Mukabaramba

Umuntu wa gatatu ushobora kuvamo uzaba Perezida wa Sena ni Dr Alvera Mukabaramba. Ni umuganga w’abana wabyigiye, akaba umunyapolitiki wabigize umwuga nubwo atamazemo igihe ugereranyije n’abo twahereyeho babiri.

Nubwo bimeze gutyo ariko, mu gihugu giteza imbere uburinganire bw’ibitsina kandi kitigeze kigira numero wa kabiri mu gihugu w’umugore, ngo aya ashobora kuba amahirwe ye yo kurabagirana.

Dr Mukabaramba w’imyaka 59 yatangiye politiki by’umwuga mu 1999 ubwo yabaga umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’inzibacyuho akayibamo kugeza mu 2003.

Kuva mu 2003 kugeza mu Ukwakira 2011, yari umwe mu bagize Inteko ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite.

Mbere yo kugenwa ku mwanya wa Senateri, yabaye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu gihe cy’imyaka 8.

Mukabaramba yiyamamarije umwanya w’umukuru w’igihugu inshuro ebyiri ariko ntiyagira amahirwe yo gutorwa. Bwa mbere hari mu 2003 ubwo yageragaho agakuramo kandidatire ye ku munota wa nyuma akiyemeza kujya inyuma ya Perezida Kagame. Yaje kongera kugerageza mu 2010 ariko aratsindwa.

Dr Mukabaramba ni Perezida w’ishyaka rito rya politiki riharanira iterambere n’ubusabane (PPC). Imwe mu mbogamizi nyamukuru agira nuko ishyaka rye rigira abayoboke babarirwa ku ntoki hakaba hibazwa niba yatungurana akagira atya akaba numero ya kabiri mu gihugu.

Hakivugwa gutungurana, biranashoboka ko undi muntu utari muri aba twavuze ashobora gutorerwa uyu mwanya.

2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Ubwanditsi 08 Feb 2022
Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 20 Aug 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Kalisa
    October 15, 20198:30 am -

    Ahubwo se SENAT ni ngombwa?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi basubiye mu mihanda, bamagana France, Human Rights Watch n’u Rwanda
Mu Rwanda

Abarundi basubiye mu mihanda, bamagana France, Human Rights Watch n’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Aug 2016
Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478
Mu Mahanga

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Ubwanditsi 23 Feb 2017
B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi
ITOHOZA

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Ubwanditsi 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru