• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Ubwanditsi 08 Apr 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Mu ijoro ryo kuwa 6 rishyira uwa 7 Mata, ku isaha ya saa saba n’iminota 10 z’igicuku, nibwo mu Murenge wa Remera, mu Kagari ka Nyabisindu habayeho ubugizi bwa nabi bwari bugamije kugirira nabi uwarokotse Jenoside yakorewe abatutsi witwa Irankunda Immaculée, wanahawe ubutumwa bwamukuye umutima.

Iyi nkuru igira iti : Tukimara kumenya iyi nkuru, twihutiye kugera aho iki kibazo cyabereye maze tuganira n’uwagabweho iki gitero, maze mu magambo ye bwite asobanura uko byamugendekeye.

Yagize ati: “Hari mu masaha ya saa saba na 15 z’ijoro nsinziriye, ngiye kumva numva ikintu kiguye ku mukeka, maze nshidutse mbona ni umuntu uteye ibuye mu kirahuri cy’urugi, maze ndabyuka ndwana nawe asunika urugi ashaka kunsanga mu nzu ndatabaza maze abonye ko bimunaniye anjugunyira impapuro ebyiri zirimo ubutumwa bwuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside bugamije kuntera ubwoba, ahita yirukanka ariko sinabashije kumumenya. Amwe mu magambo yanyandikiye yavugaga ko ndi Inyenzi kandi ko uburebure bwanjye azabugabanyamo kabiri, ngo ndarye ndi menge kandi aranshaka cyane.”

Irankunda yakomeje atangaza ko atari ubwa mbere agabweho igitero ngo kuko no mu mu gihe nk’iki cyo kwibuka mu mwaka ushize wa 2018, nabwo bamusigiye inzandiko nk’izi bazinyujije munsi y’urugi.

Yatangaje ko yifuza ko ubuyobozi bwamucungira umutekano kuko ibi bintu bibayeho kabiri kose, akaba afite impungenge z’uko ubutaha bazamuhitana. Iradukunda yatangaje ko yahise ajya gucumbika mu muryango we utuye kure y’aho asanzwe atuye, akaba yibaza uko azagaruka aho asanzwe atuye. Yatangaje ko ibimenyetso birimo amabuye bamenesheje urugi ndetse n’izo nyandiko byahise bijyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ikorera i Remera.

Ubwo itangazamakuru  ryaganiraga na Bwana Rugambage Eugene uhagarariye Umuryango Ibuka ndetse akaba ashinzwe umutekano mu Kagari ka Nyabisindu, twamubajije icyakozwe kugira ngo Iradukunda yizezwe umutekano we, maze asubiza ko bahamagaye abashinzwe umutekano barimo Polisi na Dasso, baratabara kuko bikimara kuba Iradukunda yagerageje gutabaza maze bagahita bahagera.

Yongeyeho ko hari umuntu wafashwe kubera amakuru yari yabanje gutanga bikaba bikekwa ko yaba yari azi iby’uyu mugambi kuri ubu akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi i Remera kugira ngo atange amakuru ahagije kuri byo.

Yakomeje avuga ko buri gihe bahora bakangurira abaturage batuye muri aka Kagari ka Nyabisindu kwicungira umutekano ndetse banatanga amakuru ku gihe cyane ko iki gikorwa kimaze kubaho inshuro ebyiri kandi ko hari n’undi muturage wabikorewe ariko ikirego kikaba cyarashyikirijwe inkiko.

Yasoje avuga ko uyu mukobwa uri mu kigero cy’imyaka 26 yaje aturutse ku Kibuye akaba ari naho yarokokeye, bityo bakaba bibaza niba atari abantu bamukurikiranye cyangwa se ari abandi bantu batumwe kumugirira nabi.

Umuvugizi w’Urwego rushinzwe ubugenzacyaha RIB Bwana MBABAZI Modeste,  yabwiye itangazamakuru ati “Ibyo mwumvise natwe nibyo dufite, kugeza ubu ntawe ukekwaho iki cyaha turamenya, gusa turakomeza gukora iperereza kugira ngo tumenye ababyishishe inyuma”

Inkuru ya Peter NTIGURIRWA.

Src : Ukwezi.com

2019-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje  urugendo rwo  kwiyamamaza  kumunsi wa 8  mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje urugendo rwo kwiyamamaza kumunsi wa 8 mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 23 Jul 2017
Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Ubwanditsi 15 Feb 2016
EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Ubwanditsi 04 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika
ITOHOZA

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye
ITOHOZA

Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye

Ubwanditsi 05 Oct 2018
William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame
POLITIKI

William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru