• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Ubwanditsi 28 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida wa FPR-Inkotanyi kuri uyu wa Gatanu yiyamamarije mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe mu Ntara y’Uburengerazuba.

Ibikorwa byo kwakira Umukandida Paul Kagame byatangiye ahagana saa saba n’igice muri Nyakabuye hafi y’uruganda rwa CIMERWA, ni hafi kirometero 30 uvuye mu mujyi wa Rusizi. Hakaba bugufi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi.

Ni kumunsi wa 15, w’ibikorwa byo kwiyamamaza kubakandida bemejwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Nkuko bigaragara abanyamuryango ba RPF, muri Rusizi, bazindutse baje kwakira umugeni bisabiye bibari ku mutima ko yakomezanya nabo mu gihe basabaga ko itegeko nshinga rihinduka mu ngingo yaryo y’ 101, niwe bifuzaga ko yakomeza kubayobora mu nzira igana kubaka u Rwanda no gusigasira ibyagezweho nkuko byumvikanye no mu mbyino z’abahanzi zakomeje kubaranga mugihe bari bategereje ko Paul Kagame ahasesekara.

-7402.jpg

-7403.jpg

-7388.jpg

-7387.jpg

-7386.jpg

-7385.jpg

-7384.jpg

Abacuruzi mu mujyi wa Kigali n’Abahagarariye imitwe ya Politiki itandukanye irimo PL, PSD,PPC, PSR, PDI, …nabo bari babukereye baje kwakira umukandida biyemeje gushyigikira. Ubudasa ku Rwanda n’abanyarwanda muri Demokarasi ibereye buri wese yo kwihitiramo ikimubereye, gukorera hamwe mu guteza imbere igihugu cyacu no gusigasira ibyagezweho nyuma y’amahano yagwiriye u Rwanda.

-7394.jpg

-7395.jpg

-7396.jpg

-7400.jpg

-7401.jpg

Depite Bamporiki Edouard uvuka muri aka Karere yahawe umwanya kugira ngo avuge ibyo Akarere ka Rusizi kagezeho aho yashimangiye ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abari barahemukiranye babashije kwiyunga ku buryo bugaragarira buri wese.

Yakomeje avuga ko ibikorwa remezo birimo ‘uruganda rw’isima rwatanze akazi’ n’ibindi anashimangira ko ibyo Perezida Kagame yari yarabemereye ubwo yiyamamazaga mu 2010 ko byose yabibahaye.

-7404.jpg

Hon. Depite Bamporiki Edouard

Mu mvugo ijimije Hon. Bamporiki, yasabye kwima amatwi abanyapolitiki babi barimo Padiri Thomas Nahimana uvuka muri ako Karere na Twagiramungu Fausti ukunze kumvikana asebya u Rwanda.

Paul Kagame yahawe umwanya aho yatangiye ashimira abaturage anashimangira ko nta Munyarwanda uzasigara inyuma mu iterambere ahubwo ko bose bazagendera hamwe hatitawe ku karere cyangwa ahandi bakomoka.

Perezida Kagame ati “Iyi myaka 23 tumaranye yabaye iyo kongera kubaka igihugu gishya ubu dufite u Rwanda rushya… muri bashya rero. Abenshi muri bashya kubera ko n’abo ndeba hano imbere n’abandi muri bato cyane, bamwe ndetse muri mwe ntabwo imyaka 23 muyigejeje [ …] n’abakuru bari hano nabo ni bashya mu myumvire ya Politiki. Politiki yarahindutse. Iyari iriho ntaho ihuriye n’iyo mu myaka 23 ishize.”

Gihundwe Paul Kagame yagize ati : Iyo twiyubaka ni ukugirango ibyo bituruka hanze byambuka umupaka bitaduhungabanya. Nimutora rero nkuko mu bisezeranya imyaka 7, iri mbere tuzahindure Rusizi isura kuburyo bugaragara.

Burasa Jean G.

2017-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru  ryo mu Rwanda

Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru ryo mu Rwanda

Ubwanditsi 26 May 2017
Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Ubwanditsi 20 Aug 2016
­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 

Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyamamare ku Isi byokeje igitutu Perezida Museveni kubera ifungwa rya Bobi Wine
INKURU NYAMUKURU

Ibyamamare ku Isi byokeje igitutu Perezida Museveni kubera ifungwa rya Bobi Wine

Ubwanditsi 23 Aug 2018
USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]
ITOHOZA

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona
IMIKINO

Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru