• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo Jay Polly yavuze ku mugore we mbere y’uko amukura amenyo

Icyo Jay Polly yavuze ku mugore we mbere y’uko amukura amenyo

Ubwanditsi 06 Aug 2018 Mu Rwanda

Umuraperi Jay Polly amaze iminsi ibiri afunzwe, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita umugore we akamukura amenyo abiri.

Ubu, Jay Polly afungiwe muri kasho ya Remera mu Mujyi wa Kigali. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Mbabazi Modeste, yabwiye IGIHE ko Jay Polly yatawe muri yombi ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 4 Kanama 2018, nyuma yo gukubita umugore we.

Jay Polly yarwanye n’umugore we nyuma y’ubushyamiranye bagize bavuye mu kabari, ubugenzacyaha buracyakurikirana intandaro y’imirwano yabo.
Mbere y’uko Jay Polly afungwa, yari abanye neza n’umugore we Uwimbabazi Sharifah ndetse yamwifashishije mu mashusho y’indirimbo nshya yise ‘Uramfite’ yitegura gushyira hanze mu buryo bwa video.

Jay Polly, mbere y’uko afungwa yari  yavuze  ko umugore we Uwimbabazi Sharifah ashaka kubura ibyerekeye kumirika imideli yari asanzwe akorera mu Burayi mbere yo kugaruka mu Rwanda ndetse avuga ko abifuza kwamamaza bamwifashisha kuko ari ‘umunyamwuga’.

Yagize ati “Igitekerezo cyo gukorana na madamu wanjye, ni uko asanzwe ari umuhanzi w’umunyamideli ubishoboye kandi wanabikozeho mu Rwanda no hanze yarwo, ntabwo yari akibikora cyane nyuma yo guhagarika ibyo kwerekana imideli. Ubu arashaka kongera kubikora mu buryo bw’umwuga nk’uko yabikoraga hanze.”

Mu gusobanura impamvu yahisemo kwifashisha umugore we muri iyi ndirimbo, avuga ko “Namwifashishije nk’umuntu ubishoboye kandi ubizobereyemo, si n’ubwa mbere dukoranye ariko kuri iyi nshuro yabikoze mu rwego rwa business. Njye n’inzu dukorana twamwishyuye nk’abandi bose […] kandi ngira ngo mbabwire ko yabitangiye, haba ku bashaka kwamamaza, haba inzu zimurika imideli, baganira ubu arahari.”

Jay Polly yahamije ko mu bakobwa bose bifashishwa mu mashusho y’indirimbo nta munyamwuga arabona kurusha umugore we. Ubwo bakoranaga ngo “byari byiza, bitandukanye no ku bandi bakobwa aho usanga umuntu atirekura.”

Yongeraho ati “Njye na madamu turamenyeranye, twari twirekuye, ntabwo ari wa muntu muba muhuye bwa mbere. Gukorana na we byari byiza, biba ari ibintu by’umwuga. Iyo ukorana n’abandi bakobwa hari uko utirekura neza nk’umuntu ufite umuryango, hariya twakoraga nk’abikorera mu gihe ku bandi bakobwa usanga hari aho bakugora cyane, kuri we rwose ni umunyamwuga, ndanabimushimira.”

Jay Polly na Uwimbabazi Sharifah bari bafite gahunda yo kujya muri Nigeria mu minsi ya vuba bakajya kurangiza umushinga uyu muraperi afitanye na Davido. Yagize ati “Ndifuza ko uyu mwaka warangira mfite album yuzuye, nyuma y’iyi ndirimbo nitumara gusohora video yayo nibwo dufite umushinga wo guhita tuzamuka muri Nigeria kurangiza umushinga twakoranye na Davido, twakoranye indirimbo yitwa ‘Money’, turashaka kujyayo tukajya gukora video yayo.”

Uwimbabazi Sharifa umugore wa Jay Polly yaherukaga kwifashishwa muri video y’umugabo we

Yavuze ko yari yeretse Davido amafoto ye ari kumwe na madamu bafata amashusho y’indirimbo na we biramushimisha cyane. Ati “ Mu kanya narimo nganira na Davido, namweretse amafoto mubwira ko nakoranye na madamu biramushimisha cyane, yabikunze. Yakunze uburyo dukorana, uburyo madamu na we ari umuhanzi ubishoboye.”

Jay Polly, yafunzwe arimo gutegura umushinga wa album ya Gatandatu yise ‘Niyibizi’, arateganya kuzayimurika akanayicuruza mu bindi bihugu. Kuri iyi album, yifuza ko yasohokaho indirimbo ‘Money’ yafatanyije na Davido.

Jay Polly n’umugore we bari bamaze iminsi bameranye neza, hano bakinaga mu mashusho y’indirimbo bitegura gusohora


2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Ubwanditsi 16 Feb 2016

Igitekerezo kimwe

  1. mbarushe J.
    August 14, 20185:16 pm -

    Wowe se urabibona ute? Urabona bubaka cyangwa barakina? Ruriya urabona ari urugo cyangwa ubukungu? Ariko ndakeka ko bazi ubwenge bwo kubaka uko mbabona. Urugo mbere ya byose bigaragazwe no kubaha umubyeyi. No kubaha papa w’abana. Hari abaretse gukina iby’ubugimbi none nabonye barubatse. Rubanda izi ubwenge. Ubuto buroshya mbitswa ra!. Tuzarwubaka abana b’abanyarwanda turugire nka paradizo mw’isi yose.

    Habaho guhitamo. by by.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu
IKORANABUHANGA

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima
INKURU NYAMUKURU

Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 16 Dec 2018
UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.
Mu Rwanda

UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

Ubwanditsi 04 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru