• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi

Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi

Ubwanditsi 27 Jun 2017 ITOHOZA

Mu gihe hirya no hino mu matorero yo mu Rwanda hakomeje kugaragara umuyaga uhuha, kuri ubu nabwo rurambikanye hagati y’umushumba mukuru Sekimonyo Fidele n’abayoboke b’iri Torero Methodiste Unie International baramurega kugurisha urusengero rwa Kabaya ho mu Karere ka Ngororero, akanaregwa kwimakaza icyene wabo mu buyobozi bw’Itorero aho atanga amasoko hatabaye ipiganwa ndetse no gucunga nabi umutungo w’Itorero yahinduye akarima ke.

Ibi biravugwa mu gihe ikirego cyamaze gushyikirizwa ikigo cy’imiyoborere myiza RGB, abamureze bagatanga na Kopi mu zindi nzego za Leta zinyuranye. Abakristo b’Itorero Methodiste Unie International rifite icyicaro mu Kagali ka Kagugu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo batifuje ko twatangaza amazina yabo baratakamba basaba kurenganurwa bakagarurirwa ibyabo byatejwe icyamunara n’uyu Mushumba Sekimonyo Fidele batabizi kandi bakanasaba ko bafashwa gukurikirana umutungo w’Itorero akoresha uko yishakiye mu gihe abakristo biyushye akuya batanga imisanzu yo kubaka ibi bikorwa remezo birimo amashuri, insengero n’ibindi bigakagurishwa rwihishwa.

Abakristo b’Itorero Methodiste Unie International bakomeza bavuga ko uyu Mushumba Mukuru Sekimonyo Fidele atonesha bamwe bavuna umuheha bakongezwa undi, aho abaha amasoko nta mapiganwa abaye. Muri abo havugwamo uyobora uburezi akaba anahagarariye ikigo cy’amashuri abanza cy’i Batsinda atabifitiye ububasha kuko ngo afite ibyangombwa bihimbano. Iyo umukristo abajije ikibazo ku miyoborere mibi ahita amuca mu itorero kuko yagaragaje ibitagenda neza mu Itorero.

Itorero Methodiste Unie International rifite ibikorwa remezo bidatanga umusaruro birimo nk’ikigo cy’amashuli yisumbuye cya Rushashi n’amashuli abanza ya Batsinda ku kicaro gikuru, n’ikigo cya mashuri abanza cya Ndobogo giherereye i Rubavu kuri ubu cyanamaze gutezwa icyamunara nacyo bivugwa ko uyu mushumba asaruramo yishyirira ku mufuka, yewe n’ikigo bakodesha ubuyobozi bw Akarere ka Rubavu aho bigishiriza abana bahoze ku muhanda.

Andi makuru atugeraho nuko hagurishijwe ibikoresho by’ubuvuzi byari byatanzwe n’abagira neza byuzuye Kontineli aho ibitaro byagombaga kuba aha ku cyicaro gikuru i Batsinda, kuri ubu aya mazu yari agenewe kuzakorerwamo ibi bitaro ubu yabaye amacumbi.

Pasiteri Sekimonyo Fidele avuga ko ayo ari amakuru ashaje ngo bityo ngo nta mpamvu yo kugira icyo yabivugaho.

Iyi nkuru tuzakomeza kuyibakurikiranira mu minsi iri mbere kuko ikirego kuri izi ngingo cyamaze kugera mu nzego birera, abakristo b’iri Torero bakaba bizeye kuzabona imitungo yabo igaruzwa.

-7118.jpg

Pasiteri Sekimonyo Fidele uregwa n’abayoboke be kuba yaragurishije urusengero

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Ubwanditsi 11 Jun 2024
Uganda: Umukuru wa Polisi wungirije Jenerali de Brig. Sabiti Mzee Mugyenyi ashobora kwicwa na Jeannette Museveni

Uganda: Umukuru wa Polisi wungirije Jenerali de Brig. Sabiti Mzee Mugyenyi ashobora kwicwa na Jeannette Museveni

Ubwanditsi 20 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!
Amakuru

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Ubwanditsi 29 Dec 2023
Umusore wabeshye umukunzi we ko yakoze impanuka ikomeye akamwambika impeta aje kumureba
SHOWBIZ

Umusore wabeshye umukunzi we ko yakoze impanuka ikomeye akamwambika impeta aje kumureba

Ubwanditsi 04 Oct 2018
“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga
Amakuru

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Ubwanditsi 04 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru