• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi

Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi

Ubwanditsi 27 Jun 2017 ITOHOZA

Mu gihe hirya no hino mu matorero yo mu Rwanda hakomeje kugaragara umuyaga uhuha, kuri ubu nabwo rurambikanye hagati y’umushumba mukuru Sekimonyo Fidele n’abayoboke b’iri Torero Methodiste Unie International baramurega kugurisha urusengero rwa Kabaya ho mu Karere ka Ngororero, akanaregwa kwimakaza icyene wabo mu buyobozi bw’Itorero aho atanga amasoko hatabaye ipiganwa ndetse no gucunga nabi umutungo w’Itorero yahinduye akarima ke.

Ibi biravugwa mu gihe ikirego cyamaze gushyikirizwa ikigo cy’imiyoborere myiza RGB, abamureze bagatanga na Kopi mu zindi nzego za Leta zinyuranye. Abakristo b’Itorero Methodiste Unie International rifite icyicaro mu Kagali ka Kagugu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo batifuje ko twatangaza amazina yabo baratakamba basaba kurenganurwa bakagarurirwa ibyabo byatejwe icyamunara n’uyu Mushumba Sekimonyo Fidele batabizi kandi bakanasaba ko bafashwa gukurikirana umutungo w’Itorero akoresha uko yishakiye mu gihe abakristo biyushye akuya batanga imisanzu yo kubaka ibi bikorwa remezo birimo amashuri, insengero n’ibindi bigakagurishwa rwihishwa.

Abakristo b’Itorero Methodiste Unie International bakomeza bavuga ko uyu Mushumba Mukuru Sekimonyo Fidele atonesha bamwe bavuna umuheha bakongezwa undi, aho abaha amasoko nta mapiganwa abaye. Muri abo havugwamo uyobora uburezi akaba anahagarariye ikigo cy’amashuri abanza cy’i Batsinda atabifitiye ububasha kuko ngo afite ibyangombwa bihimbano. Iyo umukristo abajije ikibazo ku miyoborere mibi ahita amuca mu itorero kuko yagaragaje ibitagenda neza mu Itorero.

Itorero Methodiste Unie International rifite ibikorwa remezo bidatanga umusaruro birimo nk’ikigo cy’amashuli yisumbuye cya Rushashi n’amashuli abanza ya Batsinda ku kicaro gikuru, n’ikigo cya mashuri abanza cya Ndobogo giherereye i Rubavu kuri ubu cyanamaze gutezwa icyamunara nacyo bivugwa ko uyu mushumba asaruramo yishyirira ku mufuka, yewe n’ikigo bakodesha ubuyobozi bw Akarere ka Rubavu aho bigishiriza abana bahoze ku muhanda.

Andi makuru atugeraho nuko hagurishijwe ibikoresho by’ubuvuzi byari byatanzwe n’abagira neza byuzuye Kontineli aho ibitaro byagombaga kuba aha ku cyicaro gikuru i Batsinda, kuri ubu aya mazu yari agenewe kuzakorerwamo ibi bitaro ubu yabaye amacumbi.

Pasiteri Sekimonyo Fidele avuga ko ayo ari amakuru ashaje ngo bityo ngo nta mpamvu yo kugira icyo yabivugaho.

Iyi nkuru tuzakomeza kuyibakurikiranira mu minsi iri mbere kuko ikirego kuri izi ngingo cyamaze kugera mu nzego birera, abakristo b’iri Torero bakaba bizeye kuzabona imitungo yabo igaruzwa.

-7118.jpg

Pasiteri Sekimonyo Fidele uregwa n’abayoboke be kuba yaragurishije urusengero

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Ubwanditsi 30 Aug 2024
Umwaka wa 2015 usize abapadiri batatu ba Diyoseze ya Cyangugu aribo  Padri Thomas NAHIMANA,Fortunatus RUDAKEMWA na Padiri Eugene DUSABIREMA ibyabo bitarasobanuka

Umwaka wa 2015 usize abapadiri batatu ba Diyoseze ya Cyangugu aribo Padri Thomas NAHIMANA,Fortunatus RUDAKEMWA na Padiri Eugene DUSABIREMA ibyabo bitarasobanuka

Ubwanditsi 03 Jan 2016
Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Hashyizweho igihembo ku muntu watanga amakuru yakuza Perezida Trump ku butegetsi

Hashyizweho igihembo ku muntu watanga amakuru yakuza Perezida Trump ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora
Mu Mahanga

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025
Amakuru

Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Ubwanditsi 11 Oct 2024
Yatuye igiceri cyo ku gihe cya Perezida Kayibanda nk’inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside
Mu Mahanga

Yatuye igiceri cyo ku gihe cya Perezida Kayibanda nk’inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru