• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame

Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame

Ubwanditsi 12 Apr 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yagaragarije ko nubwo bidashoboka kugarura Abanyarwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abasigaye bafite ubushobozi bwo kurinda ibimaze kugerwaho.

Ubu ni ubutumwa yatanze mu gihe u Rwanda rukomeje kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Mata 2016, ubwo Perezida Paul Kagame yayoboraga urugendo rwo kwibuka (Walk To Remember) anageza ijambo ku bitabiriye iki gikorwa.

Abari muri Stade Amahoro bamaze gukora urugendo rwo kwibuka bumvise ubuhamya bw’uwarokotse maze Umukuru w’Igihugu ashimira cyane urubyiruko ari na rwo rwatangije igitekerezo cy’uru rugendo rwo kwibuka.

-2624.jpg

-2623.jpg

-2625.jpg

Perezida Kagame yakirizwa urumuri

Perezida Kagame yavuze ko imyaka 22 ishize Abanyarwanda bari mu rugendo, bari hamwe nk’abasigaye, kandi bafite umugambi umwe wo kubaka u Rwanda rubabereye.

Yakomeje agaragaza ko abashaka gusubiza u Rwanda aho rwavuye batazabishobora, ati “Tugomba gukomeza kubaka igihugu cyacu, turinda ubuzima bw’Abanyarwanda, ndetse turinda n’ibyo twubaka.”

Yatanze kandi ubutumwa ku bifuza gusubiza u Rwanda aho rwavuye, ati “Kugeza n’uyu munsi, ntabwo bibuza abahekuye u Rwanda gukomeza kugira ibitekerezo byo gusenya ubumwe twubaka. Abakwifuza guhunganya igihugu cyacu, ni inkuru gusa, ntabwo byakunda. Ntabwo byashoboka.”

-2622.jpg

Perezida Kagame atanga icyizere ati “Ntabwo twashobora kugarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyo twagezeho, tunarema ahazaza heza.”

Umukuru w’Igihugu yahamagariye Abanyarwanda gukomeza guhangana n’icyo aricyo cyose cyashaka guhungabanya ubuzima bwabo abasaba kudacika intege.

Yunzemo ati “Iyo mbona aho tuva n’aho tugana mu bumwe dufite, ntacyo mbona cy’inzitizi cyatuma tutagera aho dushaka. Tuzahora dushaka ibisubizo by’ibibazo duhura nabyo bituruka ku mateka yacu.”

Perezida Kagame agaruka ku mateka y’u Rwanda ati “Amateka y’igihugu azakomeza kubakwa. Ni ugushaka uburyo igihugu gikomeza kikabaho kitibagiwe abo cyabuze.”

Aha Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko ubuyobozi bw’igihugu buzahora bushaka ibisubizo by’ibibazo u Rwanda ruhura na byo bituruka ku mateka yarwo anasaba ko Abanyarwanda bakomeza guharanira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi haba iwabo mu Rwanda n’ahandi hose ku Isi.

Umwanditsi wacu

2016-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Ubwanditsi 11 Jun 2016
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwanditsi 09 Sep 2024
Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Ubwanditsi 14 Feb 2017
[AMAFOTO]: IBIKORWA BY’INGENZI BYA POLISI Y’U RWANDA MU MWAKA WA 2016

[AMAFOTO]: IBIKORWA BY’INGENZI BYA POLISI Y’U RWANDA MU MWAKA WA 2016

Ubwanditsi 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36
Mu Rwanda

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36

Ubwanditsi 23 May 2018
CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo
Amakuru

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Ubwanditsi 05 Feb 2025
Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless
Amakuru

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Ubwanditsi 08 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru