• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Ubwanditsi 28 Apr 2017 Mu Rwanda

Mu ntangiriro z’ukwezi gutaha, abakinnyi babiri ba Rayon Sports barimo Nshuti Dominique Savio na Kwizera Pierrot bazerekeza mu Bubiligi gukora ikizamini cy’ubuzima n’imbaraga mu ikipe ya KAA La Gantoise izwi nka “KAA Gent” yamaze kubashima.

Rayon Sports ikomeje urugamba rwo gushaka igikombe cya shampiyona, mu ntangiroro z’ukwezi gutaha izatakaza abakinnyi bayo babiri bari bayifatiye runini, Savio ukina ku ruhande rw’ibumoso na Pierrot ukina hagati mu kibuga asatira izamu.

Aba bazerekeza ku mugabane w’u Burayi mu Bubiligi muri KAA Gent, aho bagiye gukora ikizamini cy’ubuzima n’icy’imbaraga babitsinda bagahita bayerekezamo burundu nk’uko ubuyobozi bw’iyi kipe bwabitangaje.

Umunyamabanga w’iyi kipe, Gakwaya Olivier, yagiranye na IGIHE yavuze ko KAA Gent yamaze gusinyana amasezerano na Rayon Sports kugira ngo aba bakinnyi bazajyeyo ndetse n’impapuro zabo z’inzira zamaze kuboneka.

Yagize ati “Bagombaga kuba baragiye mbere ariko hazamo amarushanwa nyafurika, ntabwo twari kubarekura kandi tubakeneye. Twasabye ikipe ibashaka ko bazaza nyuma gusa mu ntangiriro z’ukwezi gutaha nibwo bazagenda. Bashobora kumarayo nk’icyumweru cyangwa bibiri kuko ni ikizami cy’ubuzima n’icy’imbaraga gusa bazakoreshwa, ubushobozi bwabo bwo barabuzi kuko nibo babashimye.”

Gakwaya yavuze ko ibijyanye n’ibyo iyi kipe izaha Rayon Sports nk’amafaranga yo kugura aba bakinnyi kuko bari bakiyifitiye amasezerano bizajya ahagaragara ubwo bazaba bamaze gutsinda ibizami bagiye kwerekezamo.

KAA ni imwe mu makipe akomeye mu Bubiligi, uyu mwaka iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 36 ikurikiye Anderlecht ifite 41. Uyu mwaka yanakinnye Europa League igera muri 1/8, isezerewe na mukeba KRC Genk.

Uyu muyobozi yanagarutse kuri rutahizamu Moussa Camara yatorotse Rayon Sports kuri uyu wa Kane, avuga ko na we ikipe yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu arimo yari yaramaze kuvugana na Rayon Sports mbere ndetse baremeye ko azagenda, ariko ikibazo cyabayeho ni uko yashatse kubyihutisha bigatuma akora amakosa yo kugenda nta ruhushya.

Rayon Sports iyoboye shampiyona y’u Rwanda n’amanota 55 irusha atanu APR FC, ikaba igifite ibirarane bibiri harimo icya Mukura VS n’icya Gicumbi FC.

-6410.jpg

Dominique Savio na Kwizera Pierrot

Iyi kipe iherutse gusezererwa na Rivers United muri CAF Confederation Cup bigatuma inahagarika umutoza mukuru Masoudi Djuma, yahagurutse i Kigali kuri uyu wa Gatanu yerekeza i Musanze, aho igiye gukina umukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona na Musanze FC uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu.

2017-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Perezida Museveni  n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Perezida Museveni n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 11 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubufatanye bw’u Rwanda n’u Butaliyani mu bya gisirikare buhagaze neza
Mu Rwanda

Ubufatanye bw’u Rwanda n’u Butaliyani mu bya gisirikare buhagaze neza

Ubwanditsi 25 Jul 2017
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

Ubwanditsi 10 Dec 2025
Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko
Mu Mahanga

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Ubwanditsi 01 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru