• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Ubwanditsi 28 Apr 2017 Mu Rwanda

Mu ntangiriro z’ukwezi gutaha, abakinnyi babiri ba Rayon Sports barimo Nshuti Dominique Savio na Kwizera Pierrot bazerekeza mu Bubiligi gukora ikizamini cy’ubuzima n’imbaraga mu ikipe ya KAA La Gantoise izwi nka “KAA Gent” yamaze kubashima.

Rayon Sports ikomeje urugamba rwo gushaka igikombe cya shampiyona, mu ntangiroro z’ukwezi gutaha izatakaza abakinnyi bayo babiri bari bayifatiye runini, Savio ukina ku ruhande rw’ibumoso na Pierrot ukina hagati mu kibuga asatira izamu.

Aba bazerekeza ku mugabane w’u Burayi mu Bubiligi muri KAA Gent, aho bagiye gukora ikizamini cy’ubuzima n’icy’imbaraga babitsinda bagahita bayerekezamo burundu nk’uko ubuyobozi bw’iyi kipe bwabitangaje.

Umunyamabanga w’iyi kipe, Gakwaya Olivier, yagiranye na IGIHE yavuze ko KAA Gent yamaze gusinyana amasezerano na Rayon Sports kugira ngo aba bakinnyi bazajyeyo ndetse n’impapuro zabo z’inzira zamaze kuboneka.

Yagize ati “Bagombaga kuba baragiye mbere ariko hazamo amarushanwa nyafurika, ntabwo twari kubarekura kandi tubakeneye. Twasabye ikipe ibashaka ko bazaza nyuma gusa mu ntangiriro z’ukwezi gutaha nibwo bazagenda. Bashobora kumarayo nk’icyumweru cyangwa bibiri kuko ni ikizami cy’ubuzima n’icy’imbaraga gusa bazakoreshwa, ubushobozi bwabo bwo barabuzi kuko nibo babashimye.”

Gakwaya yavuze ko ibijyanye n’ibyo iyi kipe izaha Rayon Sports nk’amafaranga yo kugura aba bakinnyi kuko bari bakiyifitiye amasezerano bizajya ahagaragara ubwo bazaba bamaze gutsinda ibizami bagiye kwerekezamo.

KAA ni imwe mu makipe akomeye mu Bubiligi, uyu mwaka iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 36 ikurikiye Anderlecht ifite 41. Uyu mwaka yanakinnye Europa League igera muri 1/8, isezerewe na mukeba KRC Genk.

Uyu muyobozi yanagarutse kuri rutahizamu Moussa Camara yatorotse Rayon Sports kuri uyu wa Kane, avuga ko na we ikipe yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu arimo yari yaramaze kuvugana na Rayon Sports mbere ndetse baremeye ko azagenda, ariko ikibazo cyabayeho ni uko yashatse kubyihutisha bigatuma akora amakosa yo kugenda nta ruhushya.

Rayon Sports iyoboye shampiyona y’u Rwanda n’amanota 55 irusha atanu APR FC, ikaba igifite ibirarane bibiri harimo icya Mukura VS n’icya Gicumbi FC.

-6410.jpg

Dominique Savio na Kwizera Pierrot

Iyi kipe iherutse gusezererwa na Rivers United muri CAF Confederation Cup bigatuma inahagarika umutoza mukuru Masoudi Djuma, yahagurutse i Kigali kuri uyu wa Gatanu yerekeza i Musanze, aho igiye gukina umukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona na Musanze FC uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu.

2017-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2022
Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

Ubwanditsi 14 Mar 2022
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Ubwanditsi 26 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru Phocas Ndayizera  wari waraburiwe irengero afunzwe na RIB
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Phocas Ndayizera wari waraburiwe irengero afunzwe na RIB

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya
Mu Mahanga

Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Menya ubwambuzi bwa Rene Mugenzi guhera mu mwaka wa 2000 kugeza umugore amutaye akishumbusha Denise Zaneza; yashakishijwe nabo yambuye abeshya ko Leta y’u Rwanda imushaka
Amakuru

Menya ubwambuzi bwa Rene Mugenzi guhera mu mwaka wa 2000 kugeza umugore amutaye akishumbusha Denise Zaneza; yashakishijwe nabo yambuye abeshya ko Leta y’u Rwanda imushaka

Ubwanditsi 26 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru