• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

Ubwanditsi 10 Oct 2018 POLITIKI

Umusesenguzi mu bya politiki wa Televiziyo Foxnews, Tucker Carlson, yatangaje ko icyo Abademokarate bashaka nta kindi kitari itsembabwoko ry’Abazungu, aho yagereranyije ibyo batangaza nk’ibyatangazwaga na Guverinoma yashyize mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, abandi basanga ntaho bihuriye kuko abademokarate atari bo bari ku butegetsi ahubwo bagasanga ashaka kwangisha Abazungu andi moko cyane cyane Abirabura n’Abayahudi.

Carlson yatanze iki kigereranyo kubera ibintu Umudemokarate, Tom Steyer yatangarije MSNBC mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ku kijyanye n’iyemerwa ry’umucamanza Kavanaugh mu rukiko rw’ikirenga.

Tom Steyer yagize ati: “Agatsiko k’abakire b’abanyabwenge  b’abazungu kashatse kubwira abasigaye mu gihugu, turaza kubyisohoramo. Kandi niba mutabishaka ibyo ni bibi cyane”

Ibi akaba yabitangarije umunyamakuru Hallie Jackson wa MSNBC, aho yakomeje agira ati: “Ku bindeba, kimwe gusa buri wese yakora, abasigaye muri Amerika, ni ukujya mu matora kuwa 06 Ugushyingo, mukabwira abo bakire b’abanyabwenge b’Abazungu ko tubaho kandi demokarasi ibaho.”

Carlson utanejejwe n’ibyatangajwe na Tom Steyer yavuze ko yakoze ikosa ryo kwirengagiza ko nawe ari umwe muri abo bazungu b’abakire iyi akaba ari impamvu abademokarate ngo batari bakwiye guhagararirwa n’abantu nka Tom Steyer.

Tom Steyer ashimangira ko Kavanaugh yashyizwe mu Rukiko rw’ikirenga n’agatsiko kagendera ku ivanguramoko mu rwego rwo guca intege andi moko y’Abanyamerika. Yavuze ko iyi ari intambara demokarasi n’andi moko y’abatuye Amerika bari gutsindwa.

Carlson akavuga ko ibi Steyer avuga ari ibintu bibi cyane bisa neza n’ibyatangazwaga n’abayobozi b’u Rwanda muri za 90.

Uru rugero rwa Carlson agereranya ibyo Steyer yavuze n’ibyatangazwaga n’abayobozi b’u Rwanda mbere ya jenoside ariko, iyi nkuru dukesha splinternews.com ivuga ko ntaho ruhuriye. Impamvu ngo ni uko abateguye jenoside bakayishyira mu bikorwa bari ku butegetsi kandi n’Abarepubulikani nabo akaba ari bo bagenzura inzego 3 zikomeye za guverinoma. Ikindi ngo ni uko jenoside yakorewe Abatutsi ifitanye isano n’amateka y’ubukoloni bwagize uruhare mu gutanya Abanyarwanda igihe kirekire.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko Carlson amaze igihe akurikirana amateka ya Afurika nyuma y’ubukoloni none akaba ari kuyakoresha mu kuyajyanisha na Jenoside y’Abazungu nk’uko ngo Abanazi bashya (neo-nazis) babikwirakwiza bashaka kwangisha abantu Abayahudi, Abirabura n’andi moko.

Harakekwa rero ko igitekerezo cya Carlson ari ukuzamura igitekerezo cy’uko Abirabura bakora ibyaha bifite aho bihuriye n’Abademokarate, bakunze kunenga ukutareshya kw’amoko, abamukurikira bakaba bashobora kubigenderaho bakumva ko Abazungu bari mu kaga muri Amerika kandi atari byo kandi ngo ni ibintu bibi cyane ku gihugu.

2018-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025
Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya nyuma yo gushyiraho Ministiri w’Intebe

Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya nyuma yo gushyiraho Ministiri w’Intebe

Ubwanditsi 31 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasana Janvier yakuwe ku buyobozi bwa REB
Mu Rwanda

Gasana Janvier yakuwe ku buyobozi bwa REB

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe
Amakuru

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 19 Oct 2021
Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka
Mu Rwanda

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Ubwanditsi 14 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru