• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

Ubwanditsi 10 Oct 2018 POLITIKI

Umusesenguzi mu bya politiki wa Televiziyo Foxnews, Tucker Carlson, yatangaje ko icyo Abademokarate bashaka nta kindi kitari itsembabwoko ry’Abazungu, aho yagereranyije ibyo batangaza nk’ibyatangazwaga na Guverinoma yashyize mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, abandi basanga ntaho bihuriye kuko abademokarate atari bo bari ku butegetsi ahubwo bagasanga ashaka kwangisha Abazungu andi moko cyane cyane Abirabura n’Abayahudi.

Carlson yatanze iki kigereranyo kubera ibintu Umudemokarate, Tom Steyer yatangarije MSNBC mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ku kijyanye n’iyemerwa ry’umucamanza Kavanaugh mu rukiko rw’ikirenga.

Tom Steyer yagize ati: “Agatsiko k’abakire b’abanyabwenge  b’abazungu kashatse kubwira abasigaye mu gihugu, turaza kubyisohoramo. Kandi niba mutabishaka ibyo ni bibi cyane”

Ibi akaba yabitangarije umunyamakuru Hallie Jackson wa MSNBC, aho yakomeje agira ati: “Ku bindeba, kimwe gusa buri wese yakora, abasigaye muri Amerika, ni ukujya mu matora kuwa 06 Ugushyingo, mukabwira abo bakire b’abanyabwenge b’Abazungu ko tubaho kandi demokarasi ibaho.”

Carlson utanejejwe n’ibyatangajwe na Tom Steyer yavuze ko yakoze ikosa ryo kwirengagiza ko nawe ari umwe muri abo bazungu b’abakire iyi akaba ari impamvu abademokarate ngo batari bakwiye guhagararirwa n’abantu nka Tom Steyer.

Tom Steyer ashimangira ko Kavanaugh yashyizwe mu Rukiko rw’ikirenga n’agatsiko kagendera ku ivanguramoko mu rwego rwo guca intege andi moko y’Abanyamerika. Yavuze ko iyi ari intambara demokarasi n’andi moko y’abatuye Amerika bari gutsindwa.

Carlson akavuga ko ibi Steyer avuga ari ibintu bibi cyane bisa neza n’ibyatangazwaga n’abayobozi b’u Rwanda muri za 90.

Uru rugero rwa Carlson agereranya ibyo Steyer yavuze n’ibyatangazwaga n’abayobozi b’u Rwanda mbere ya jenoside ariko, iyi nkuru dukesha splinternews.com ivuga ko ntaho ruhuriye. Impamvu ngo ni uko abateguye jenoside bakayishyira mu bikorwa bari ku butegetsi kandi n’Abarepubulikani nabo akaba ari bo bagenzura inzego 3 zikomeye za guverinoma. Ikindi ngo ni uko jenoside yakorewe Abatutsi ifitanye isano n’amateka y’ubukoloni bwagize uruhare mu gutanya Abanyarwanda igihe kirekire.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko Carlson amaze igihe akurikirana amateka ya Afurika nyuma y’ubukoloni none akaba ari kuyakoresha mu kuyajyanisha na Jenoside y’Abazungu nk’uko ngo Abanazi bashya (neo-nazis) babikwirakwiza bashaka kwangisha abantu Abayahudi, Abirabura n’andi moko.

Harakekwa rero ko igitekerezo cya Carlson ari ukuzamura igitekerezo cy’uko Abirabura bakora ibyaha bifite aho bihuriye n’Abademokarate, bakunze kunenga ukutareshya kw’amoko, abamukurikira bakaba bashobora kubigenderaho bakumva ko Abazungu bari mu kaga muri Amerika kandi atari byo kandi ngo ni ibintu bibi cyane ku gihugu.

2018-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Winnie Byanyima uyobora Oxfam yokejwe igitutu ku kubogama mu kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Winnie Byanyima uyobora Oxfam yokejwe igitutu ku kubogama mu kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 10 May 2019
Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Ubwanditsi 30 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INDORO BY CHARLY & NINA FT BIG FIZZO (Official Video)
Video Clips

INDORO BY CHARLY & NINA FT BIG FIZZO (Official Video)

Ubwanditsi 10 Aug 2016
Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994
ITOHOZA

Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994

Ubwanditsi 05 Apr 2017
Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho
ITOHOZA

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Ubwanditsi 06 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru