• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Icuruzwa ry’abantu ni ikibazo kimaze gukomerera isi aho iki cyaha kimaze gufata indi sura, abacuruzwa bajyanwa gukoreshwa imirimo y’ubucakara benshi bakahasiga ubuzima.

Uganda ni kimwe mu bihugu bivugwamo iki kibazo ku rwego rwo hejuru, ahanini bitijwe umurindi n’ubuyobozi burebera ibikorwa, ku rundi ruhande bamwe mu bayobozi bakabigiramo uruhare ari nabo bagakwiriye kubirwanya.

Indege ya Air Dubai iherutse kugarura Uganda abana b’abakobwa 12 bari barajyanywe gucuruzwa mu bihugu by’abarabu nk’abacakara, nyuma yaho imiryango yabo itakambiye ngo bagaruke mu gihugu kuko babayeho ubuzima bwa kiretwa.

Igihe bageraga ku kibuga cy’indege Entebbe, bamwe ntibanashoboraga kwigenza bashyizwe mu tugare tw’abafite ubumuga, abandi bagaragaraho ibimenyetso by’iyicarubozo bakorewe aho bamwe amasura yahindanye kubera gukubitwa abandi bafite imvune mu ngingo ndetse n’umunanuko ukabije.

Ababashije kugaruka Uganda batangaje ko bashimira Imana kuba bakiriho kuko bagenzi babo bapfuye urw’agashyinyaguro.

Nkuko umudepite Bakireke Nambooze yatabarije aba bakobwa abivuga, aba bakobwa  bari bemerewe akazi na company yitwa Marphie International company of Kigowa Ntinda.

Iyi company itangaza ko ikora akazi ko gushakira abantu akazi ifitwe n’uwitwa Karungi, umugore wa Henry Tukahirwa, komiseri mu gipolisi cya Uganda.

Umwe muri abo bakobwa witwa Doreen Magezi niwe wegereye uyu mudepite amutekerereza amabi bahuye nayo. Doreen atanga ubuhamya ku buzima bubi yaciyemo, yavuze ko ageze mu gihugu cya Jordanie yajyanywe kw’isoko maze amurikirwa abaguzi (ndlr: nkuko bagurisha ibicuruzwa mw’isoko batanditse!) maze atangwaho $3000 hanyuma ajyanwa mu muryango wamufashe nabi cyane bya kinyamaswa.

Aba bakobwa bagarutse iwabo nyuma yaho uyu mudepite azamuriye ikibazo mu nteko nshingamategeko yaje gutegeka uyu Karungi kubagarura kuko bari mu buzima butoroshye.

Icyaje gutangaza abantu nuko Karungi wagurishije aba bakobwa muri Jordania yagerageje gushyira igitutu no gutera ubwoba imiryango y’aba bakobwa ngo ibanze imuhe $3000 kuri buri mukobwa uzagaruka iwabo, ariko uyu mugambi waje kumupfira nyuma yaho uyu mu depite abishyiriyemo ingufu ngo bagaruke.

Uyu mugore Karungi ntiyarekeye aho kuko yakoresheje umugabo we ufite ububasha bwa police maze uyu mukobwa Doreen ageze ku kibuga cy’indege police iramufata iramufunga, nyuma imushyiraho igitutu ngo akore inyandiko mvugo ko yavuganaga n’uyu mu depite mu rwego rwo kumutera ubwoba. Nubwo byafashe umwanya, ariko Doreen yaje gufungurwa ava mu maboko ya police.

K’ubufasha bw’uyu mu depite Nambooze, aba bakobwa bashyizwe  mu bigo nderabuzima aho bari gukurikiranwa ndetse banahungishijwe ababacuruje babahigisha uruhindu ngo batavuga n’akari imurore ku mabi bakorera abana  b’abakobwa bajyanwa gukora ubucakara mu bihugu by’abarabu.

2019-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iyangirika ry’umuhanda uhuza u Rwanda na Uganda ryahagaritse urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga

Iyangirika ry’umuhanda uhuza u Rwanda na Uganda ryahagaritse urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga

Ubwanditsi 21 May 2018
Umunyarwanda Ismael Mbonigaba araregwa guhohotera abakobwa muri Canada

Umunyarwanda Ismael Mbonigaba araregwa guhohotera abakobwa muri Canada

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Ubwanditsi 16 Jan 2019

2 Ibitekerezo

  1. Uruganje
    July 8, 20197:55 am -

    Birababaje. Na hano mu rwatubyaye hari abantu nakemanze, umuntu numvaga bita pasteur Willy, ariko amazina yabwiraga abantu yabaga anyuranye, hari abo yabwiraga ko yitwa Edmond Kazungu. Yari afite umushinga wo gushakira abantu abakozi bo mu rugo, nanjye yigeze kubampa inshuro 3 ariko abo bakozi be yabasuraga nka 3 mu cyumweru kandi ba nyirurugo badahari, ubundi nta mukozi we umara ahantu amezi 2 cga 3 kandi akenshi bagenda badasezeye. Aho izi nkuru zo gucuruza abana zisakariye nabyibajijeho mbimukekaho ariko sinzi aho ubu baba.
    Mbere bakoreraga kimicanga mu kizu cyahasigaye ubu aho basenyeye izindi, nyuma yaho bakoreye Gikondo. Yakoranaga n’umugore we ntamenye amazina ufite imyotso myinshi mu ijosi.
    Kuki yahinduraga amazina? uwamenya aho aba agenzurwe neza ashobora kuba nawe yahekura ababyeyi simushira amakenga.

    Subiza
  2. charles
    July 10, 20199:25 am -

    kuki se nkawe ufite amakuru nkaya , ko kuyatanga kuri RIB ari ibanga kandi ari itegeko gutanga amakuru cyane nkaya yarokora ubuzima bw’abantu kuki utayatanze kuri RIB? wunva wowe ufashije iki kweli? RIB niko kazi kayo kandi isanze arengana well and good, ariko nkuwo akwiye kumenyekana nibyo akora. kuko hari abafatwa ariko bikarokora n abandi bari kuzabigwamo. plz gira Ubushake bwo gutanga amakuru ntacyo bitwaye. niba kandi ufite ubwoba hari uburyo bwinshi wayatangamo kandi ntumenyekane, nko mu nyandiko ukayigeza mu gasanduka k ibitekerezo ukigendera abo bireba bakazabifatira umwanya. ariko gira ubushake no gutinyuka kabisa. IBAZE ARI NKA MUSHIKI WAWE CG Umwe Mu muryango wawe UGURISHIJWE UKAMENYA KO AKORERWA IYICARUBOZO !!!!!!!!!! Kandi waricecekeye?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu
SHOWBIZ

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Ubwanditsi 02 Jan 2018
Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye
Mu Rwanda

Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye

Ubwanditsi 10 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru