• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Ubwanditsi 16 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Ikigo cya Mutobo gitangirwamo amasomo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, giherutse kwakira abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR bagera kuri 550, ariko igiteye urujijo ni uko barimo Umurundi umwe n’Abanye-Congo batandatu, bavuga ko bazanywe ku ngufu n’ingabo za FARDC.

Mu mpera z’Ugushyingo umwaka ushize u Rwanda rwakiriye mu kivunge abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR n’imiryango yabo birukanwe ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

i Mutobo mu Karere ka Musanze, hari Umurundi witwa Nduwamungu Jean Claude n’Abanye-Congo batandatu bavuga ko bazanywe n’abanyarwanda bo muri FDLR, ku ngufu ariko bamwe bakaba basaba ko bahabwa ubuhungiro mu Rwanda abandi bagasaba gutaha nkuko Igihe cyabyanditse.

Nduwamungu avuga ko akomoka mu Majyepfo y’u Burundi mu Ntara ya Makamba, akaba yarahunze mu 2014 ahungira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu 2015 yavuyeyo ajya gusura abavandimwe be mu nkambi ya Mahama, iherereye mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda, asubiye muri RDC afatwa n’ingabo z’iki gihugu (FARDC), afungirwa hamwe n’abanyarwanda bo muri FDLR basaga 200.

Abanye-Congo barashaka gutaha

Kasisi Muhindo w’imyaka 27 y’amavuko ni umwe mu banye-congo avuga ko akomoka mu Ntara ya Équateur. Hamwe na bagenzi be bavuga ko bafashwe n’ingabo z’icyo gihugu bagafunganwa n’abo mu mutwe wa FDLR kugeza ubwo babazanye mu Rwanda ku ngufu, kuri ubu bamwe bakaba bifuza gusubizwa iwabo.

Hari abiyita aba FDLR ngo babone amafaranga

Ku rundi ruhande  hari amakuru avuga ko Abanye-Congo, batari bacye bamaze kuza mu Rwanda biyita Abanyarwanda bo muri FDLR, bagamije ko nibasoza amahugurwa yo gusubizwa mu buzima busanzwe bazahabwe imperekeza.

Iyo basezerewe buri wese agenerwa ibihumbi 180Frw mu byiciro bibiri, ku ikubitiro babaha ibihumbi 60 Frw, iyo hashize igihe gito ageze iwabo amaze kumenya icyo yakora bamugenera andi ibihumbi 120 FRW. Abafite ubumuga butandukanye bubakirwa inzu zo kubamo hari n’abagenerwa inkunga y’amafaranga ya buri kwezi bitewe n’ubumuga bafite.

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2018
Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 14 Apr 2020
Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

Ubwanditsi 24 Jul 2025
Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    January 16, 201910:51 am -

    Ahaaa abatekamitwe babaye benshi Leta yacu ijye ikorana ubushishozi kandi iranabikora abo batekamitwe bamenye ko rutitaha igihugu cyacu kiri maso nta detaille nimwe ishobora kuducika.nabandi bazabigerageza bazafatwa tu.Komera Randa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza,  bagarurwa mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Dec 2017
Ikinyoma cya Major  Rutayomba  Theogene  na  Rado Itahuka cyakubiswe   kitarenze umutaru  ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

Ikinyoma cya Major Rutayomba Theogene na Rado Itahuka cyakubiswe kitarenze umutaru ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478
Mu Mahanga

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Ubwanditsi 23 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru