• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Ubwanditsi 16 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Ikigo cya Mutobo gitangirwamo amasomo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, giherutse kwakira abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR bagera kuri 550, ariko igiteye urujijo ni uko barimo Umurundi umwe n’Abanye-Congo batandatu, bavuga ko bazanywe ku ngufu n’ingabo za FARDC.

Mu mpera z’Ugushyingo umwaka ushize u Rwanda rwakiriye mu kivunge abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR n’imiryango yabo birukanwe ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

i Mutobo mu Karere ka Musanze, hari Umurundi witwa Nduwamungu Jean Claude n’Abanye-Congo batandatu bavuga ko bazanywe n’abanyarwanda bo muri FDLR, ku ngufu ariko bamwe bakaba basaba ko bahabwa ubuhungiro mu Rwanda abandi bagasaba gutaha nkuko Igihe cyabyanditse.

Nduwamungu avuga ko akomoka mu Majyepfo y’u Burundi mu Ntara ya Makamba, akaba yarahunze mu 2014 ahungira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu 2015 yavuyeyo ajya gusura abavandimwe be mu nkambi ya Mahama, iherereye mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda, asubiye muri RDC afatwa n’ingabo z’iki gihugu (FARDC), afungirwa hamwe n’abanyarwanda bo muri FDLR basaga 200.

Abanye-Congo barashaka gutaha

Kasisi Muhindo w’imyaka 27 y’amavuko ni umwe mu banye-congo avuga ko akomoka mu Ntara ya Équateur. Hamwe na bagenzi be bavuga ko bafashwe n’ingabo z’icyo gihugu bagafunganwa n’abo mu mutwe wa FDLR kugeza ubwo babazanye mu Rwanda ku ngufu, kuri ubu bamwe bakaba bifuza gusubizwa iwabo.

Hari abiyita aba FDLR ngo babone amafaranga

Ku rundi ruhande  hari amakuru avuga ko Abanye-Congo, batari bacye bamaze kuza mu Rwanda biyita Abanyarwanda bo muri FDLR, bagamije ko nibasoza amahugurwa yo gusubizwa mu buzima busanzwe bazahabwe imperekeza.

Iyo basezerewe buri wese agenerwa ibihumbi 180Frw mu byiciro bibiri, ku ikubitiro babaha ibihumbi 60 Frw, iyo hashize igihe gito ageze iwabo amaze kumenya icyo yakora bamugenera andi ibihumbi 120 FRW. Abafite ubumuga butandukanye bubakirwa inzu zo kubamo hari n’abagenerwa inkunga y’amafaranga ya buri kwezi bitewe n’ubumuga bafite.

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Ubwanditsi 31 May 2022
Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Ubwanditsi 18 Oct 2022
Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ubwanditsi 14 Feb 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    January 16, 201910:51 am -

    Ahaaa abatekamitwe babaye benshi Leta yacu ijye ikorana ubushishozi kandi iranabikora abo batekamitwe bamenye ko rutitaha igihugu cyacu kiri maso nta detaille nimwe ishobora kuducika.nabandi bazabigerageza bazafatwa tu.Komera Randa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Safi Madiba n’umugore we bongeye kwibasirwa n’abafana bitewe n’ifoto yagiye hanze
SHOWBIZ

Safi Madiba n’umugore we bongeye kwibasirwa n’abafana bitewe n’ifoto yagiye hanze

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Andrew Muganwa yitabye Imana
ITOHOZA

Andrew Muganwa yitabye Imana

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Ubwanditsi 14 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru