• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Ubwanditsi 18 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’aho umunyamakuru Sander Rietveld , ukorera igitangazamakuru cyitwa « Zembla » cyo mu Buholandi, asohoreye filimi mbarankuru ku Rwanda, agaragaza ko ruyobowe na « politiki y’igitugu », abanyamwuga banafite uburambe mu itangazamakuru bamwamaganye, bamushinja inkuru z’ibinyoma kandi zibogamye, zigambiriye gusa guharabika u Rwanda n’abayobozi barwo bakuru.

Uwabimburiye abandi ni Umunyamakuru w’Umubiligi Marc Hoogsteyns wabaye mu bihugu byinshi birimo n’u Rwanda, akorera ibitangazamakuru binyuranye kandi bikomeye nka BBC, Al Jazeera, TV5, ABC, TF1, n’ibindi. Agendeye rero ku bunararibonye afite mu itangazamakuru, uko azi amateka na politiki y’u Rwanda, ndetse n’isesengura ryimbitse yakoreye iyi filimi, asanga mugenzi we Sander Rietveld yarirengagije nkana amahame agenga umwuga, ahubwo ashyira imbere urwango yisanganiwe ku Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, anasangiye n’abo yaganiriye nabo muri iryo «tarabinyoma» rye.

Marc Hoogsteyns avuga ko ubwo uyu Rietveld yasabaga uburenganzira bwo gutara inkuru mu Rwanda, yabeshye ko agamije kwerekana umusaruro w’ inkunga Ubuholandi bwateye u Rwanda mu rwego rw’ubutabera, nyamara ageze mu Rwanda ahindura umurongo w’inkuru yamugenzaga, ahitamo gukora irwangiriza isura. Nguko uko yivugishirije gusa abantu nka ba Ingabire Victoire, abafungiye mu magereza, n’abandi bazwiho kurusebya.

Marc Hoogsteyns ngo yatangajwe no kubona Rietveld ataravugishije inzego z’ubuyobozi ngo zinyomoze ibyatangajwe n’abantu basanzwe babogamye, Rietveld akisobanura avuga ko ngo « nta mwanya ndetse n’amafaranga bihagije yari afite byari gutuma atinda mu Rwanda ». Marc Hoogsteyns ati : « Byari kuba byiza iyo wigumira iwanyu aho gukora amakosa ari mu makuru watangaje ».

Mu bimenyetso byerekana ko Sander Rietveld yari agambiriye kwangiza, Marc Hoogsteyns agaragaza ko amagambo asesereza u Rwanda asanzwe ari indirimbo y’ abo Rietveld yagiranye nabo ibiganiro, nka Carine Kanimba, umukobwa wa Paul Rusesabagina, Micombero, umugaragu w’umutwe w’iterabwoba RNC, Umubiligi Filip Reyntjens, Michela Wrong n’abandi banga uRwanda urunuka, bikerekana ko Sender Rietveld yabaye umuzindaro w’abo banzi b’u Rwanda.

Ikindi kiri muri iyo filimi, ni ubwicanyi bunyuranye Rietveld agereka ku Rwanda ashingiye gusa ku batangabuhamya bafite inyungu mu kubeshya, aha naho Marc Hoogsteyns akanenga cyane uburyo Leta y’u Rwanda itahawe ijambo ngo igaragaze ko ayo makuru ari ibipapirano.

Mu gusoza inyandiko ye ndende, Marc Hoogsteyns avuga ko igitangazamakuru « Zembla » cyakoze amakosa akomeye yo gukoresha Sander Rietveld, umunyamakuru utazi neza amateka y’uRwanda cyangwa uyagoreka abigambiriye.

Gutambutsa iyi filimi yuzuyemo amakosa ya kinyamwuga byo ngo bikaba ari amahano atababarirwa.

 

2022-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame  mu gihe nyina afungiwe Jenoside

Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame mu gihe nyina afungiwe Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2016
Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC

Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC

Ubwanditsi 11 Jan 2023
Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Ubwanditsi 08 Jun 2021
Nta Himbara, nta shinge nta rugero

Nta Himbara, nta shinge nta rugero

Ubwanditsi 15 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70
HIRYA NO HINO

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Aug 2020
Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 26 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru