• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Ubwanditsi 18 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’aho umunyamakuru Sander Rietveld , ukorera igitangazamakuru cyitwa « Zembla » cyo mu Buholandi, asohoreye filimi mbarankuru ku Rwanda, agaragaza ko ruyobowe na « politiki y’igitugu », abanyamwuga banafite uburambe mu itangazamakuru bamwamaganye, bamushinja inkuru z’ibinyoma kandi zibogamye, zigambiriye gusa guharabika u Rwanda n’abayobozi barwo bakuru.

Uwabimburiye abandi ni Umunyamakuru w’Umubiligi Marc Hoogsteyns wabaye mu bihugu byinshi birimo n’u Rwanda, akorera ibitangazamakuru binyuranye kandi bikomeye nka BBC, Al Jazeera, TV5, ABC, TF1, n’ibindi. Agendeye rero ku bunararibonye afite mu itangazamakuru, uko azi amateka na politiki y’u Rwanda, ndetse n’isesengura ryimbitse yakoreye iyi filimi, asanga mugenzi we Sander Rietveld yarirengagije nkana amahame agenga umwuga, ahubwo ashyira imbere urwango yisanganiwe ku Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, anasangiye n’abo yaganiriye nabo muri iryo «tarabinyoma» rye.

Marc Hoogsteyns avuga ko ubwo uyu Rietveld yasabaga uburenganzira bwo gutara inkuru mu Rwanda, yabeshye ko agamije kwerekana umusaruro w’ inkunga Ubuholandi bwateye u Rwanda mu rwego rw’ubutabera, nyamara ageze mu Rwanda ahindura umurongo w’inkuru yamugenzaga, ahitamo gukora irwangiriza isura. Nguko uko yivugishirije gusa abantu nka ba Ingabire Victoire, abafungiye mu magereza, n’abandi bazwiho kurusebya.

Marc Hoogsteyns ngo yatangajwe no kubona Rietveld ataravugishije inzego z’ubuyobozi ngo zinyomoze ibyatangajwe n’abantu basanzwe babogamye, Rietveld akisobanura avuga ko ngo « nta mwanya ndetse n’amafaranga bihagije yari afite byari gutuma atinda mu Rwanda ». Marc Hoogsteyns ati : « Byari kuba byiza iyo wigumira iwanyu aho gukora amakosa ari mu makuru watangaje ».

Mu bimenyetso byerekana ko Sander Rietveld yari agambiriye kwangiza, Marc Hoogsteyns agaragaza ko amagambo asesereza u Rwanda asanzwe ari indirimbo y’ abo Rietveld yagiranye nabo ibiganiro, nka Carine Kanimba, umukobwa wa Paul Rusesabagina, Micombero, umugaragu w’umutwe w’iterabwoba RNC, Umubiligi Filip Reyntjens, Michela Wrong n’abandi banga uRwanda urunuka, bikerekana ko Sender Rietveld yabaye umuzindaro w’abo banzi b’u Rwanda.

Ikindi kiri muri iyo filimi, ni ubwicanyi bunyuranye Rietveld agereka ku Rwanda ashingiye gusa ku batangabuhamya bafite inyungu mu kubeshya, aha naho Marc Hoogsteyns akanenga cyane uburyo Leta y’u Rwanda itahawe ijambo ngo igaragaze ko ayo makuru ari ibipapirano.

Mu gusoza inyandiko ye ndende, Marc Hoogsteyns avuga ko igitangazamakuru « Zembla » cyakoze amakosa akomeye yo gukoresha Sander Rietveld, umunyamakuru utazi neza amateka y’uRwanda cyangwa uyagoreka abigambiriye.

Gutambutsa iyi filimi yuzuyemo amakosa ya kinyamwuga byo ngo bikaba ari amahano atababarirwa.

 

2022-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Uganda: AIGP Kasingye wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda yasimbujwe

Uganda: AIGP Kasingye wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda yasimbujwe

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Kenya: Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo cya burundu ahamijwe ubwicanyi

Kenya: Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo cya burundu ahamijwe ubwicanyi

Ubwanditsi 01 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage
Mu Rwanda

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Ubwanditsi 15 Dec 2017
APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW
Amakuru

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

Ubwanditsi 22 Sep 2024
Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika
ITOHOZA

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Ubwanditsi 19 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru