• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Ubwanditsi 18 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’aho umunyamakuru Sander Rietveld , ukorera igitangazamakuru cyitwa « Zembla » cyo mu Buholandi, asohoreye filimi mbarankuru ku Rwanda, agaragaza ko ruyobowe na « politiki y’igitugu », abanyamwuga banafite uburambe mu itangazamakuru bamwamaganye, bamushinja inkuru z’ibinyoma kandi zibogamye, zigambiriye gusa guharabika u Rwanda n’abayobozi barwo bakuru.

Uwabimburiye abandi ni Umunyamakuru w’Umubiligi Marc Hoogsteyns wabaye mu bihugu byinshi birimo n’u Rwanda, akorera ibitangazamakuru binyuranye kandi bikomeye nka BBC, Al Jazeera, TV5, ABC, TF1, n’ibindi. Agendeye rero ku bunararibonye afite mu itangazamakuru, uko azi amateka na politiki y’u Rwanda, ndetse n’isesengura ryimbitse yakoreye iyi filimi, asanga mugenzi we Sander Rietveld yarirengagije nkana amahame agenga umwuga, ahubwo ashyira imbere urwango yisanganiwe ku Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, anasangiye n’abo yaganiriye nabo muri iryo «tarabinyoma» rye.

Marc Hoogsteyns avuga ko ubwo uyu Rietveld yasabaga uburenganzira bwo gutara inkuru mu Rwanda, yabeshye ko agamije kwerekana umusaruro w’ inkunga Ubuholandi bwateye u Rwanda mu rwego rw’ubutabera, nyamara ageze mu Rwanda ahindura umurongo w’inkuru yamugenzaga, ahitamo gukora irwangiriza isura. Nguko uko yivugishirije gusa abantu nka ba Ingabire Victoire, abafungiye mu magereza, n’abandi bazwiho kurusebya.

Marc Hoogsteyns ngo yatangajwe no kubona Rietveld ataravugishije inzego z’ubuyobozi ngo zinyomoze ibyatangajwe n’abantu basanzwe babogamye, Rietveld akisobanura avuga ko ngo « nta mwanya ndetse n’amafaranga bihagije yari afite byari gutuma atinda mu Rwanda ». Marc Hoogsteyns ati : « Byari kuba byiza iyo wigumira iwanyu aho gukora amakosa ari mu makuru watangaje ».

Mu bimenyetso byerekana ko Sander Rietveld yari agambiriye kwangiza, Marc Hoogsteyns agaragaza ko amagambo asesereza u Rwanda asanzwe ari indirimbo y’ abo Rietveld yagiranye nabo ibiganiro, nka Carine Kanimba, umukobwa wa Paul Rusesabagina, Micombero, umugaragu w’umutwe w’iterabwoba RNC, Umubiligi Filip Reyntjens, Michela Wrong n’abandi banga uRwanda urunuka, bikerekana ko Sender Rietveld yabaye umuzindaro w’abo banzi b’u Rwanda.

Ikindi kiri muri iyo filimi, ni ubwicanyi bunyuranye Rietveld agereka ku Rwanda ashingiye gusa ku batangabuhamya bafite inyungu mu kubeshya, aha naho Marc Hoogsteyns akanenga cyane uburyo Leta y’u Rwanda itahawe ijambo ngo igaragaze ko ayo makuru ari ibipapirano.

Mu gusoza inyandiko ye ndende, Marc Hoogsteyns avuga ko igitangazamakuru « Zembla » cyakoze amakosa akomeye yo gukoresha Sander Rietveld, umunyamakuru utazi neza amateka y’uRwanda cyangwa uyagoreka abigambiriye.

Gutambutsa iyi filimi yuzuyemo amakosa ya kinyamwuga byo ngo bikaba ari amahano atababarirwa.

 

2022-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Ubwanditsi 27 Apr 2024
Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi  rwabohoye u Rwanda

Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi rwabohoye u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye
Mu Rwanda

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

Ubwanditsi 29 May 2018
U Rwanda ni inzu yanjye, ni inzu yawe; ntabwo ari urutirano –Perezida Kagame
Mu Mahanga

U Rwanda ni inzu yanjye, ni inzu yawe; ntabwo ari urutirano –Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Sep 2016
U Burusiya Na Isiraheli Ntibivuga Rumwe Ku Ndege Yabwo Yahanuwe
UBUKERARUGENDO

U Burusiya Na Isiraheli Ntibivuga Rumwe Ku Ndege Yabwo Yahanuwe

Ubwanditsi 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru