• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umukozi wo mu misoro akurikiranyweho gusonera imisoro bitemewe n’amategeko

Umukozi wo mu misoro akurikiranyweho gusonera imisoro bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 06 Oct 2017 Mu Rwanda

Polisi irimo gukora iperereza ku ikoreshwa nabi ry’ububasha mu gusoresha aho abakozi bamwe bo mu kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro bakoranye na bamwe mu bashaka kuyinyereza.

Mu kiganiro yatanze, umuyobozi w’ishami rya Polisi rirwanya magendu(RPU), SSP Alphonse Busingye, iperereza ryavumbuye iyi mikorere mibi ndetse hakaba hanakekwamo ruswa.

Yagize ati:” Haje umuntu aturegera ko yishyujwe imisoro y’ikirenga ku modoka ye igihe yashakaga kuyigurisha; avuga ko mu gihe cyo guhinduranya na banyir’imodoka, yifashishije umukomisiyoneri ngo abikurikirane.”

Uyu mukomisiyoneri witwa Ntarundenga André yemeye kubikurikirana ariko nyuma aza kugaruka avuga ko ya modoka ifite ibirarane by’imisoro bigera ku 320,000 ariko amubwirako yamuha 250,000 akamukuriramo ibyo birarane.

Byahise bituma nyir’imodoka agira amakenga kubera ubwinshi bw’ibirarane yari abwiwe, nibwo yihutiye kubimenyesha Polisi ikurikirana iki kibazo.

Ntarundanga ngo yagombaga kugabana ariya mafaranga n’uwitwa Uwayezu Eugenie, umukozi mu misoro ari nawe wagombaga gukora iryo hinduranya ku muguzi na nyir’imodoka.

Aha bikaba bivugwa ko uyu Uwayezu, ku bufatanye na bamwe mu bakozi bakorana bo mu ishami ry’ikoranabuhanga, baba mu gihe runaka barahanaguye imisoro kuri ya modoka Toyota carina RAB 406F kugirango imashini itange icyangombwa cyayo(carte jaune) idafite ibyo ibazwa kandi yanditse kuri nyirayo mushya; ari nako byagenze kuko iyo karita yabonetse ariko nyuma y’igihe runaka ya misoro bayisubizaho hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Aha SSP Busingye yagize ati:” Bikoze ku buryo carte jaune nshya idashobora gusohoka iyo modoka icyanditseho ibirarane by’imisoro, bigaragara ko hari umuntu wabanje kuyihanaguraho imisoro kugirango ikarita nshya isohoke, nyuma akongera akayisubizaho; bivuze ko amafaranga yishyuwe n’uwashaka kugurisha nayo yanyerejwe.”

Yongeyeho ati:” turimo gukurikirana iki kibazo ndetse tunareba niba hari ibindi nkacyo byaba byarakozwe cyangwa bikorwa kuko ubu iperereza ryerekana ko iyi modoka yari ifite ibirarane by’amafaranga 97,000 aho kuba 320,000.”

-8237.jpg

SSP Busingye yaburiye uwo ari we wese uzagerageza kunyereza imisoro n’ibijyanye nabyo byose ko azakurikiranwa ko kandi ingaruka zo kunyereza imisoro ziri ku kigero cyo hejuru.

Avuga kuri iki kibazo, Komiseri wungirije mu ishami rishinzwe abasoreshwa, Drocella Mukashyaka yagiriye inama abasoreshwa kwirinda gukoresha ba komisiyoneri mu gushaka impapuro z’imisoro keretse babiherewe uburenganzira.

-8238.jpg

Komiseri wungirije mu ishami rishinzwe abasoreshwa, Drocella Mukashyaka

Yagize ati:” Twahuye n’ibibazo nk’ibi, ariko iki cyo nticyari gisanzwe kandi cyahise gikurikiranwa byihuse ku bufatanye na Polisi biciye muri RPU; tukaba rero tunakangurira buri wese ko yajya agenzura ko impapuro ze zuzuye, nta serivisi itangwa idafite impapuro ziyiherekeza cyangwa ikigaragaza ko wishyuye mu buryo bwemewe.”

Biciye mu ishami rya RPU, hagarujwe amamiliyari y’imisoro yagombaga kunyererezwa mu bikorwa nk’ibi.

Uwayezu akaba akurikiranyweho kugira uruhare mu inyerezwa ry’imisoro, icyaha gihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri n’ihazabu ingana n’ibyanyerejwe nk’uko ingingo ya 369 mu gitabo cy’amategeko ahana ibiteganya.

Ingingo ya 643 ivuga ku ihanwa ry’ isonera ritemewe n’amategeko, ivuga ko Umukozi uwo ari we wese, ku mpamvu iyo ari yo yose, mu gihe nta mategeko abimwemerera, usonera ku buryo ubwo ari bwo bwose, imisoro, amahoro, amahazabu,amafarangay‟ubwishingire n’andi mafaranga ategetswe cyangwa utanga, ku buntu cyangwa ku gaciro kadakwiye, umutungo wa Leta cyangwa w’ikindi kigo icyo aricyo cyose, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuicumi(10)z’agacirok’ibyasonewe.

Ibyatanzwe ku buntu cyangwa ku gaciro kadakwiye cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Source : RNP

2017-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Ubwanditsi 25 Jan 2022
Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Ubwanditsi 06 Dec 2025
Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ubwanditsi 18 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 09 Jul 2019
Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.
Amakuru

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Ubwanditsi 05 Oct 2024
Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga
Mu Rwanda

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru