• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

Ubwanditsi 15 Nov 2016 IMIKINO

Nyuma yo kugera i Ngoma mu gikundi cy’abakinnyi 16, Areruya Joseph yahise yambara umwenda w’umuhondo, ahagereye rimwe n’ Umunyacanada Guillaume Boivin wabaye uwa mbere bakoresheje 2h12’35” ku ntera ya Km 96,4.

Ni isiganwa ryakiniwe mu mihanda itambika aharimo umusozi umwe nyuma yo kuzamuka mu kabuga ka Musha, igihembo cyatwawe n’Umunya Eritrea Amanuel Meron ukinana na Nsengimana Jean Bosco.

Boivin wari wakurikiye Areruya Joseph ku Cyumweru muri Prologue yatanze bagenzi be kugera ku murongo akoresheje 2h12’35” ku ntera ya Km 96,4 , Areruya Joseph ahita yambara umwenda w’umuhondo amurusha isegonda rimwe.

Nyuma y’isiganwa, Areruya Joseph yavuze ko mbere y’isiganwa umutoza yari yamusabye iteka kugenda mu gikundi cy’imbere byamuhaga amahirwe yo guhita yambara umwenda w’umuhondo.

Yagize ati “ Amahirwe yo kugumana uyu mwenda arashoboka kuko ejo tuzatangira kuzamuka imisozi, mfite ikipe ikomeye nka Uwizeye ashobora kumfasha muri isiganwa kugumana uyu mwenda.”

Kuba Areruya Joseph ari umukinnyi uzi guhatanira ku murongo ndetse uzi kuzamuka imisozi hari amahirwe menshi ko yagumana uyu mwenda w’umuhondo kugeza tariki ya 20 Ugushyingo 2016.

Kuva mu 2012, umukinnyi wabaye uwa kabiri muri Tour du Rwanda akitabira ikurikiye yarayitwaye. Uwari uwa kabiri mu 2012, Umunyafurika y’Epfo Girdlestone Dylan yayitwaye 2013 naho Nsengimana Jean Bosco wa 2014 ayitwara mu 2015 ari nabwo Areruya Joseph yabaga uwa kabiri.

Timothy Rugg wabaye uwa mbere kuri Prologue ntagaragara mu bakinnyi 64 bagaragara ku rutonde rw’agateganyo basizwe 1’55” mu gihe Umunya Eritrea Gebreigzabhier Amanuel wa Dimension Data for Qhubeka wari uwa kabiri kuri prologue yabaye uwa 25 asizwe 1’55”.

Umunyarwanda waje hafi ni Uwizeye Jean Claude ukinana na Areruya muri Amis Sportifs ari ku mwanya wa gatandatu naho Areruya aba uwa 11.

Muri iki gikundi harimo kandi Abanyarwanda nka Nsengimana Jean Bosco (12), Hategeka Gasore (14) na Ndayisenga Valens wa 16 bose banganyije ibihe na Boivin.

Kuri uyu wa Kabiri, isiganwa rirahaguruka kuri Kigali Convention Center ku ruhande rureba KBC berekeze i Karongi ku ntera ya Km 124,7. Umuhanda urimo imisozi itanu izabarirwa amanota.

-4669.jpg

-4668.jpg

Tour du Rwanda yaherukaga gusorezwa i Karongi mu 2012 bahagurutse i Huye, bakoze intera ya Km 152.9, Umunyacanada Langlois Bruno assize Umunya Eritrea Kudus Merhawi amasegonda 40.

Abakinnyi 10 ba Kigali – Ngoma, Km 96,4

1. Boivin Guillaume – Cycling Academy Team 02h12’35”

2. Solomon Zemenfes – Eritrea “”

3. Okubamariam Tesfom – Eritrea “”

4. Buru Temesgen – Ethiopia “”

5. Eyob Metkel – Dimension Data for Qhubeka “”

6. Uwizeye Jean Claude – Amis Sportifs de Rwamagana “”

7. Fournet-Fayard Sébastien – Team Haute-Savoie Rhône-Alpes “”

8. Fewerki Elyas – Eritrea “”

9. Bussard Dimitri – Suisse Meubles Descartes “”

10. Areruya Joseph – Amis Sportifs de Rwamagana “”

Abakinnyi 10 nyuma y’umunsi mbere + prologue

1. Areruya Joseph – Amis Sportifs de Rwamagana 2h16’38″

2. Boivin Guillaume – Cycling Academy -1”

3. Nsengimana Jean Bosco – Bike Aid “”

4. Ndayisenga Valens – Dimension Data for Qhubeka -2”

5. Buru Temesgen – Ethiopia -6”

6. Okubamariam Tesfom – Eritrea -7”

7. Fournet-Fayard Sébastien – Team Haute-Savoie Rhône-Alpes -8″

8. Haylay Kbrom – Ethiopia -9″

9. Paroz JustinSuisse – Meubles Descartes -12″

10. Eyob Metkel – Dimension Data for Qhubeka “”

2016-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Salomon Nirisarike wifuzwaga n’amakipe yo mu bihugu by’Abarabu yongereye amasezerano muri Urartu FC yo muri Armenia.

Salomon Nirisarike wifuzwaga n’amakipe yo mu bihugu by’Abarabu yongereye amasezerano muri Urartu FC yo muri Armenia.

Ubwanditsi 15 Jun 2021
Gael Faye na Miss Shanel barahurira mu gitaramo

Gael Faye na Miss Shanel barahurira mu gitaramo

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Ubwanditsi 11 Sep 2021
Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda

Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL
POLITIKI

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda
Mu Mahanga

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Ubwanditsi 06 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru