• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

Ubwanditsi 15 Nov 2016 IMIKINO

Nyuma yo kugera i Ngoma mu gikundi cy’abakinnyi 16, Areruya Joseph yahise yambara umwenda w’umuhondo, ahagereye rimwe n’ Umunyacanada Guillaume Boivin wabaye uwa mbere bakoresheje 2h12’35” ku ntera ya Km 96,4.

Ni isiganwa ryakiniwe mu mihanda itambika aharimo umusozi umwe nyuma yo kuzamuka mu kabuga ka Musha, igihembo cyatwawe n’Umunya Eritrea Amanuel Meron ukinana na Nsengimana Jean Bosco.

Boivin wari wakurikiye Areruya Joseph ku Cyumweru muri Prologue yatanze bagenzi be kugera ku murongo akoresheje 2h12’35” ku ntera ya Km 96,4 , Areruya Joseph ahita yambara umwenda w’umuhondo amurusha isegonda rimwe.

Nyuma y’isiganwa, Areruya Joseph yavuze ko mbere y’isiganwa umutoza yari yamusabye iteka kugenda mu gikundi cy’imbere byamuhaga amahirwe yo guhita yambara umwenda w’umuhondo.

Yagize ati “ Amahirwe yo kugumana uyu mwenda arashoboka kuko ejo tuzatangira kuzamuka imisozi, mfite ikipe ikomeye nka Uwizeye ashobora kumfasha muri isiganwa kugumana uyu mwenda.”

Kuba Areruya Joseph ari umukinnyi uzi guhatanira ku murongo ndetse uzi kuzamuka imisozi hari amahirwe menshi ko yagumana uyu mwenda w’umuhondo kugeza tariki ya 20 Ugushyingo 2016.

Kuva mu 2012, umukinnyi wabaye uwa kabiri muri Tour du Rwanda akitabira ikurikiye yarayitwaye. Uwari uwa kabiri mu 2012, Umunyafurika y’Epfo Girdlestone Dylan yayitwaye 2013 naho Nsengimana Jean Bosco wa 2014 ayitwara mu 2015 ari nabwo Areruya Joseph yabaga uwa kabiri.

Timothy Rugg wabaye uwa mbere kuri Prologue ntagaragara mu bakinnyi 64 bagaragara ku rutonde rw’agateganyo basizwe 1’55” mu gihe Umunya Eritrea Gebreigzabhier Amanuel wa Dimension Data for Qhubeka wari uwa kabiri kuri prologue yabaye uwa 25 asizwe 1’55”.

Umunyarwanda waje hafi ni Uwizeye Jean Claude ukinana na Areruya muri Amis Sportifs ari ku mwanya wa gatandatu naho Areruya aba uwa 11.

Muri iki gikundi harimo kandi Abanyarwanda nka Nsengimana Jean Bosco (12), Hategeka Gasore (14) na Ndayisenga Valens wa 16 bose banganyije ibihe na Boivin.

Kuri uyu wa Kabiri, isiganwa rirahaguruka kuri Kigali Convention Center ku ruhande rureba KBC berekeze i Karongi ku ntera ya Km 124,7. Umuhanda urimo imisozi itanu izabarirwa amanota.

-4669.jpg

-4668.jpg

Tour du Rwanda yaherukaga gusorezwa i Karongi mu 2012 bahagurutse i Huye, bakoze intera ya Km 152.9, Umunyacanada Langlois Bruno assize Umunya Eritrea Kudus Merhawi amasegonda 40.

Abakinnyi 10 ba Kigali – Ngoma, Km 96,4

1. Boivin Guillaume – Cycling Academy Team 02h12’35”

2. Solomon Zemenfes – Eritrea “”

3. Okubamariam Tesfom – Eritrea “”

4. Buru Temesgen – Ethiopia “”

5. Eyob Metkel – Dimension Data for Qhubeka “”

6. Uwizeye Jean Claude – Amis Sportifs de Rwamagana “”

7. Fournet-Fayard Sébastien – Team Haute-Savoie Rhône-Alpes “”

8. Fewerki Elyas – Eritrea “”

9. Bussard Dimitri – Suisse Meubles Descartes “”

10. Areruya Joseph – Amis Sportifs de Rwamagana “”

Abakinnyi 10 nyuma y’umunsi mbere + prologue

1. Areruya Joseph – Amis Sportifs de Rwamagana 2h16’38″

2. Boivin Guillaume – Cycling Academy -1”

3. Nsengimana Jean Bosco – Bike Aid “”

4. Ndayisenga Valens – Dimension Data for Qhubeka -2”

5. Buru Temesgen – Ethiopia -6”

6. Okubamariam Tesfom – Eritrea -7”

7. Fournet-Fayard Sébastien – Team Haute-Savoie Rhône-Alpes -8″

8. Haylay Kbrom – Ethiopia -9″

9. Paroz JustinSuisse – Meubles Descartes -12″

10. Eyob Metkel – Dimension Data for Qhubeka “”

2016-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Ubwanditsi 28 Sep 2024
Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Ubwanditsi 03 May 2018
APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

Ubwanditsi 14 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyeshuri b’abanyarwanda 17 baracyari muri Uganda nyuma y’ifungwa rya Makerere
Mu Rwanda

Abanyeshuri b’abanyarwanda 17 baracyari muri Uganda nyuma y’ifungwa rya Makerere

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe
ITOHOZA

Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe

Ubwanditsi 09 Oct 2018
Amavubi akomeje imyitozo yo kuzakina na Ethiopia
IMIKINO

Amavubi akomeje imyitozo yo kuzakina na Ethiopia

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru