• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

Ubwanditsi 15 Nov 2016 IMIKINO

Nyuma yo kugera i Ngoma mu gikundi cy’abakinnyi 16, Areruya Joseph yahise yambara umwenda w’umuhondo, ahagereye rimwe n’ Umunyacanada Guillaume Boivin wabaye uwa mbere bakoresheje 2h12’35” ku ntera ya Km 96,4.

Ni isiganwa ryakiniwe mu mihanda itambika aharimo umusozi umwe nyuma yo kuzamuka mu kabuga ka Musha, igihembo cyatwawe n’Umunya Eritrea Amanuel Meron ukinana na Nsengimana Jean Bosco.

Boivin wari wakurikiye Areruya Joseph ku Cyumweru muri Prologue yatanze bagenzi be kugera ku murongo akoresheje 2h12’35” ku ntera ya Km 96,4 , Areruya Joseph ahita yambara umwenda w’umuhondo amurusha isegonda rimwe.

Nyuma y’isiganwa, Areruya Joseph yavuze ko mbere y’isiganwa umutoza yari yamusabye iteka kugenda mu gikundi cy’imbere byamuhaga amahirwe yo guhita yambara umwenda w’umuhondo.

Yagize ati “ Amahirwe yo kugumana uyu mwenda arashoboka kuko ejo tuzatangira kuzamuka imisozi, mfite ikipe ikomeye nka Uwizeye ashobora kumfasha muri isiganwa kugumana uyu mwenda.”

Kuba Areruya Joseph ari umukinnyi uzi guhatanira ku murongo ndetse uzi kuzamuka imisozi hari amahirwe menshi ko yagumana uyu mwenda w’umuhondo kugeza tariki ya 20 Ugushyingo 2016.

Kuva mu 2012, umukinnyi wabaye uwa kabiri muri Tour du Rwanda akitabira ikurikiye yarayitwaye. Uwari uwa kabiri mu 2012, Umunyafurika y’Epfo Girdlestone Dylan yayitwaye 2013 naho Nsengimana Jean Bosco wa 2014 ayitwara mu 2015 ari nabwo Areruya Joseph yabaga uwa kabiri.

Timothy Rugg wabaye uwa mbere kuri Prologue ntagaragara mu bakinnyi 64 bagaragara ku rutonde rw’agateganyo basizwe 1’55” mu gihe Umunya Eritrea Gebreigzabhier Amanuel wa Dimension Data for Qhubeka wari uwa kabiri kuri prologue yabaye uwa 25 asizwe 1’55”.

Umunyarwanda waje hafi ni Uwizeye Jean Claude ukinana na Areruya muri Amis Sportifs ari ku mwanya wa gatandatu naho Areruya aba uwa 11.

Muri iki gikundi harimo kandi Abanyarwanda nka Nsengimana Jean Bosco (12), Hategeka Gasore (14) na Ndayisenga Valens wa 16 bose banganyije ibihe na Boivin.

Kuri uyu wa Kabiri, isiganwa rirahaguruka kuri Kigali Convention Center ku ruhande rureba KBC berekeze i Karongi ku ntera ya Km 124,7. Umuhanda urimo imisozi itanu izabarirwa amanota.

-4669.jpg

-4668.jpg

Tour du Rwanda yaherukaga gusorezwa i Karongi mu 2012 bahagurutse i Huye, bakoze intera ya Km 152.9, Umunyacanada Langlois Bruno assize Umunya Eritrea Kudus Merhawi amasegonda 40.

Abakinnyi 10 ba Kigali – Ngoma, Km 96,4

1. Boivin Guillaume – Cycling Academy Team 02h12’35”

2. Solomon Zemenfes – Eritrea “”

3. Okubamariam Tesfom – Eritrea “”

4. Buru Temesgen – Ethiopia “”

5. Eyob Metkel – Dimension Data for Qhubeka “”

6. Uwizeye Jean Claude – Amis Sportifs de Rwamagana “”

7. Fournet-Fayard Sébastien – Team Haute-Savoie Rhône-Alpes “”

8. Fewerki Elyas – Eritrea “”

9. Bussard Dimitri – Suisse Meubles Descartes “”

10. Areruya Joseph – Amis Sportifs de Rwamagana “”

Abakinnyi 10 nyuma y’umunsi mbere + prologue

1. Areruya Joseph – Amis Sportifs de Rwamagana 2h16’38″

2. Boivin Guillaume – Cycling Academy -1”

3. Nsengimana Jean Bosco – Bike Aid “”

4. Ndayisenga Valens – Dimension Data for Qhubeka -2”

5. Buru Temesgen – Ethiopia -6”

6. Okubamariam Tesfom – Eritrea -7”

7. Fournet-Fayard Sébastien – Team Haute-Savoie Rhône-Alpes -8″

8. Haylay Kbrom – Ethiopia -9″

9. Paroz JustinSuisse – Meubles Descartes -12″

10. Eyob Metkel – Dimension Data for Qhubeka “”

2016-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars

Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars

Ubwanditsi 05 Sep 2022
Rayon yegukanye igikombe 10  cy’amahoro

Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Ubwanditsi 27 Oct 2023
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo
Mu Mahanga

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe
Mu Mahanga

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi
Mu Mahanga

Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Ubwanditsi 11 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru