• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki
Ben Rutabana na mushikiwe Adeline Rwigara

Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Ubwanditsi 06 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Iburanisha mu rukiko rwo muri Uganda ryahagaze kuri uyu wa kane nyuma y’aho Benjamin Rutabana uzwi  nka Ben Rutabana wo mu mutwe w’iterabwoba RNC , atabonetse mu rukiko.

Umunyamategeko uburanira leta ya Uganda yavuze ko bashakishije ahantu hose bacyekaga ko Ben Rutabana ari, ariko ntibamubone,yaba urwego rw’ubutasi rwa CMI,ISOn’iperereza rya Polisi bose bakuriye inzira k’umurima uru rukiko.

Ababuranira Ben Rutabana bo bavuze ko bazakomeza kumushakisha kandi ko bategereje ibizava mu biganiro hagati y’u Rwanda na Uganda,gusa umwunganizi wa Ben Rutabana avuga ko babonye ibimenyetso simusiga byatanzwe n’urwego rw’abinjira n’abasohoka ruhamya ko Ben Rutabana yinjiye muri Uganda.

ibi bibaye kandi mu gihe bamwe mu bice byiyomoye kuri RNC bikomeje kwitana bamwana aho igice cya RNC gikuriwe na Kayumba Nyamwasa gishinja uruhande rwa Jean Paul Turayishimiye na Lea Karegeya ko arirwo ruzi aho Ben Rutabana ari,naho umuryango wa Ben ugashinja Kayumba Nyamwasa we n’urwego rwa CMI kumurigisa.

Inzego z’umutekano za Uganda zagejeje ku Rukiko Rukuru raporo zinyuranye zivuga ko zagerageje gushaka Ben Rutabana, mu bigo byazo ariko ntizimusangemo, ibi bikaba byashyize akadomo ku bubasha bw’urukiko kuri uyu mugabo umaze amezi atandatu yaraburiwe irengero.

Izo raporo zirimo iz’inzego za polisi zishinzwe amaperereza atandukanye, urushinzwe iperereza rya gisirikare n’iry’imbere mu gihugu n’iy’umushinjacyaha wa leta. Izi raporo zose zagejejwe mu rukiko n’umushinjacyaha mukuru wa leta kuri uyu wa Kane.

Mu minsi ishize nibwo Urukiko Rukuru rwa Kampala rwategetse inzego zose z’umutekano zirimo Urwego rwa Gisirikare rushinzwe ubutasi, CMI, n’Urwego rushinzwe iperereza mu gihugu, ISO, kugeza Rutabana mu rukiko.

Rutabana yafashwe muri Nzeri umwaka ushize. Yabanje kujyanwa ku cyicaro cya CMI i Mbuya, nyuma arahakurwa ajyanwa ku cyicaro cya ISO, aza gusubizwa kuri CMI, gusa ibi byose byakorwaga mu ibanga rikomeye.

Nyuma y’uko Umushinjacyaha wa leta abwiye urukiko rukuru ko Rutabana atari mu maboko y’inzego z’umutekano z’igihugu, abamwunganira mu by’amategeko basanga gukurikirana ikibazo cye mu nzego z’ubutabera gisa nk’ikirangiriye ahangaha kuko ari nta kindi ubucamanza bwakora.

Umwe mu banyamategeko ba Ben Rutabana witwa David Gureme Mushabe, yabwiye Ijwi ry’Amerika, ko nta handi bajya kuko bakiniraga mu kibuga cy’amategeko none kikaba cyafunzwe.

Ati “Magingo aya dosiye yafunzwe, iyo urukiko rusabye ko umuntu agaragazwa izo nzego zishinzwe umutekano zikandika zivuga ko zitamufite mu mfungwa, ubwo aho niho kure urukiko rushobora kugera. Ubu ahasigaye ni ugukoresha inzira za politiki kubera ko izo nzego zishobora kuba zifite umuntu zikandika zivuga ko zitamufite. Twakiniraga ku kibuga cy’amategeko none baragifunze nta handi twajya”.

Nubwo inzego z’umutekano n’ubushinjacyaha zivuga ko Rutabana atari mu maboko yabo, Mushabe afite icyizere ko umukiriya we ari ku butaka bwa Uganda.

Ati “Umva, amakuru mfite aranyemeza ko ari mu maboko ya CMI nubwo bwose ntafite aho byanditse, mfite abantu bakorana na CMI babimbwiye, ndibwira ko akiri muzima”.

Akomeza avuga ko “Nk’umunyamategeko akazi kanjye karangiye ariko nk’abavandimwe n’inshuti bashobora gukomeza izindi nzira harimo n’iza politiki”.

Abanyamategeko ba Rutabana bavuga ko yafatiwe i Kampala n’abantu bari bambaye imyenda ya gisivili bavuga ko ngo bakorana n’amashami ya gisirikare ashinzwe iperereza CMI na ISO mu gitondo cya tariki 8 Nzeri 2019, kuva ubwo akaba yaraburiwe irengero.

Amakuru avuga ko Ku wa 4 Nzeri 2019 aribwo Ben Rutabana yahagurutse i Bruxelles n’indege ya sosiyete ya Emirates Airlines ya saa 21:45 yerekeza i Kampala aho yari agiye mu bikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa RNC asanzwe abarizwamo, abereye komiseri ushinzwe kongera ubushobozi.

Muri uru rugendo ngo yabanje guhagarara i Dubai mbere yo kugera ku kibuga cy’indege cya Entebbe ku wa 5 Nzeri saa saaba n’iminota 50.

Muri iki gihe Yakomeje kuvugana kuri telefoni n’umugore we Diane Rutabana hagati y’itariki 5-8 Nzeri gusa nyuma ntiyongera kumva ijwi rye. Rutabana ngo yagombaga gusubira mu Bubiligi ku wa 19 Nzeri nabwo akoresheje Emirates Airlines, ariko baramutegereje baraheba.

Hari amakuru yagiye avugwa ko yaba yararigishijwe na bagenzi be bahurira mu mutwe w’iterabwoba wa RNC barangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa na muramu we Frank Ntwali, kubera ubwumvikane buke bari bafitanye.

Umuryango wa Rutabana umaze kwandikira amaburuwa atabarika Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda ari nako utakambira Leta y’u Bufaransa nk’igihugu afitiye ubwenegihugu ngo kigire icyo gikora kuri iki kibazo, gusa byose byabaye ubusa.

2020-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Ubwanditsi 27 Nov 2018
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Ubwanditsi 07 Aug 2020
Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Ubwanditsi 13 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo
UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras
Mu Mahanga

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe
ITOHOZA

Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Ubwanditsi 26 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru