• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ubwanditsi 08 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ikinyamakuru “Jambonews.net “cya Jambo asbl, kimaze iminsi gitangaza inyandiko zitandukanye zandikwa n’umuyobozi w’iryo shyirahamwe, Norman Ishimwe Sinamenye, zitagatifuza FDLR, umutwe w’iterabwoba ugizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Iri shyiramwe ahanini rigizwe n’abakomoka ku nkoramutima za Leta ya Habyarimana , inkoramaraso zateguye zikanashyira mui bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Abo bavandimwe cyangwa abana b’abicanyi ubu nibnabo bakomeje gutera inkunga n’icyuhagiro ummwe wa benewabo wahagurukiye kumara abantu mu burasirazuba bwa Kongo.

Imwe munyandiko za Noraman Ishimwe, igizwe n’ingingo icumi, igaragaza FDLR nk’ umutwe udashingiye ku ngengabiterezo ya jenoside, cyangwa washinzwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bigasa nko kwikirigita ugaseka, kuko ibikorwa by’iterabwoba na jenoside bya FDLR byagiye binagarukwaho n’imiryango mpuzamahanga itandukanye, ndetse n’abahoze ari abarwanyi bawo, ubwabo.

Icyegeranyo cy’ Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu cyasohotse mu mwaka wa 2022, cyagaragaje FDLR nk’ umutwe wakoze ibyaha ndengakamere mu burasirazuba bwa Kongo. Cyerekana ko FDLR yishe urw’agashinyagiro amagana y’Abakongomani, yifashishije imihoro, impiri, amafuni n’ibindi bikoresho gakondo. Abo bagome kandi batwitse amazu y’abaturage, babarira amatungo, basambanya abagore ku ngufu, ibyaha bisa neza nk’ibyo Interahamwe zakoraga muri Jenoside yakorewe Abatutsi muw’ 1994.

Muri iyi nyandiko ya Norman Ishimwe kandi, hagaragaramo kugereranya FDLR na M23 (Umutwe urwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, by’umwijarikonAbatutsi), aho ivuga ko ngon FDLR ifite umubare muto w’abarwanyi, ndetse ko nta n’ubushobozi cyangwa ubufasha bwo kubona intwaro ifite.

Ibi ni ibintu bihabanye nu’kuri kuko Raporo y’itsinda ry’inzobere za Loni, yemeje bidasubirwaho ko FDLR ihabwa ubufasha n’igisirikare cya Kongo(FARDC), kandi igakorana na cyo mu rugamba ihanganyemo na M23.

Ni mu gihe kandi ikibazo gikomeye cya FDLR atari ubushobozi bw’intwaro gusa, ahubwo igihangayikishike kurushaho ari ingengabitekerezo ya jenoside yubakiyeho, kandi kikaba atari ikibazo cyugarije u Rwanda gusa, ahubwo ari ikibazo cyugarije akarere n’isi muri rusange. Twibuke ko kurwanya jenoside aho ari ho hose ku isi biri mu ntego n’inshingano z’Umuryango w’Abibumbye.

Umugome Norman Ishimwe kandi anagaragaza FDLR nk’umutwe wa politiki ugamije kurinda no gucyura impunzi z’Abanyarwanda “mu cyubahiro”, ngo ukababrero ugomba kugirananibiganiro na Leta y’uRwanda.

Gushyikirana na Leta ni indoto zidashoboka, kuko uretse ko nta n’uwashyikirana n’abajenosideri, nta n’icyo bafite cyo kuzana ku meza y’ibiganiro.

Kurinda impunzi no kuzicyura “mu cyubahiro” nacyo ni ikinyoma cyambaye ubusa, kuko abantu bemeye gutaha mubRwanda bakirwa neza, abakoze ibyaha bagakurikiranwa, abadafite ibyo bashinjwa bagafashwa gusubira mu buzima busanzwe. Ingero zirahari z’abagitaha n’ubu, bit8ngera ku bihumbi byinshi by’abahungutse, ubu bakaba babanye neza n’abandi Banyarwanda, bafatanya mu bikorwa by’ iterambere.

Nk’uko twabisobanuye kenshi ndetse bikaba binazwi n’ umutu wese uzi amateka y ‘uRwanda, uku gutagatifuza FDLR gukorwa na Jambo asbl, yashinzwe ikaba inagizwe n’abakomoka ku babyeyi bamennye amaraso y’inzirakarengane z’Abatutsi. Urugero rufatika ni nka Kayumba Placide washinze akanayobora bwa mbere Jambo asbl, wabyawe n’interahamwe kabombo, Dominique Ntawukuriryayo. Uyu Ntawukuriryayo yaramamaye cyane muri Jenoside yakorewe Abatutsi barinbahungiye ku musozi wa Kabuye( ubu ni mu Karere ka Gisagara), ndetse Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’Arusha rukaba rwaramukatiye gufungwa imyaka 25, rumaze kumuhamya bidasubirwaho ibyaha bya jenoside n’ibyaha byibasiye inyoko-muntu.

Ubu Placide Kayumba, mwene Dominique Ntawukuriryayo, ni umuyobozi wa FDU-INKINGI, rya shyaka rya Victoire Ingabire.

Abandi bazwi cyane muri ibi bikorwa byo kugira abere inkoramahano, ni abakomoka kwa Mbonyumutwa Dominique, umuhezanguni wa Parmehutu wayoboye Repubulika ya mbere, agasiga abibye amacakubiri mu Banyarwanda, ari nayo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yakorewe Abatutsi.

Kuva ku muhungu we Shingiro Mbonyumutwa, ndetse n’abazukuru be, Gustave Mbonyumutwa, Ruhumuza Mbonyumutwa, na Rudaditinya Mbonyumutwa, bose bakomeje kugera ikirenge mu cy’umukurambere wabo mu kubiba amacakubiri mu Banbanyarwanda, ubu bakaba banakataje mu gutera inkunga n’icyuhagiro umutwe ubahagarariye muri Kongo, FDLR.

Bararushywa n’ubusa ariko, imbaraga zabatsinze ziracyahari, ndetse zanikubye iinshuro nyinshi. Ikindi nta mahoro y’abanyabyaha.

2025-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Ubwanditsi 25 Oct 2022
Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Ubwanditsi 15 May 2021
Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Ubwanditsi 15 Jan 2021
Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 01 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko  Kigeli bashakaga kumutabariza muri Portugal, n’ uko yazanywe mu Rwanda bujura
ITOHOZA

Uko Kigeli bashakaga kumutabariza muri Portugal, n’ uko yazanywe mu Rwanda bujura

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe
ITOHOZA

Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Minisitiri Busingye yafunguye ku mugaragaro inama y’Umushyikirano w’Abanyamakuru
Mu Mahanga

Minisitiri Busingye yafunguye ku mugaragaro inama y’Umushyikirano w’Abanyamakuru

Ubwanditsi 07 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru