• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Ubwanditsi 17 May 2017 POLITIKI

Nyuma y’amasaha macye Perezida mushya w’u Bufaransa, Emmanuel Macron arahiriye kuyobora kiriya gihugu, yibukijwe ko agiye kunywana inka ikirego ku bijyanye n’uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, cyakomeje kuzinzika.

Ibi yabyibukijwe binyujijwe mu ibaruwa, ihuriro ry’imiryango yiyemeje gushakisha abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bahungiye mu Bufaransa(CPCR) bamwandikiye bamusaba kugaragaza politiki ye ku bijyanye no gukurikira abakekwaho kuyigiramo uruhare ndetse n’imibanire ye mishya n’u Rwanda.

Muri iyo baruwa ndende ifite umutwe ukomoza ku ‘gufata ihene igihebeba’(Battre le fer tant qu’il est chaud), igenewe Perezida Macron yanditswe tariki ya 14 Gicurasi 2017 igaruka kuri byinshi bisabwa Macron, yasinyweho na Alain Gauthier, Umufaransa akaba n’Umunyarwanda uyobora CPCR (Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda).

Bagira bati “mumaze gutorerwa kuyobora u Bufaransa , ni muri urwo rwego nifuje kugira ubutumwa mbagezaho nka perezida wa CPCR, ihuriro ryashinzwe mu 2001 ryihaye intego yo gukurikirana mu butabera abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi bari ku butaka bw’u Bufaransa.

Atangira amwibutsa ko mu ntangiriro zo kwiyamamaza kwe hari indi baruwa yamugejejeho ikurikiwe n’iyi.

Ati “mu ntangiriro zo kwiyamamaza kwanyu, nabagejejeho ibaruwa ifunguye yasinywe na Rwabuhihi, perezida wa ACPCR igizwe n’inshuti za CPCR, umuryango nyarwanda uri mu cyerekezo nk’icyacu.”

Gauthier yibukije Macron wagaragaraga ko ashobora kwegukana umwanya wa perezida muri ayo matora,ko bamwandikiye ibaruwa yarimo ibibazo bitatu byabazwaga Macron ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi.

-6633.jpg

Uyu ni Emmanuel Macron w’imyaka 39 watsindiye kuba perezida w’ u Bufaransa

«Mwemeza umwanzuro w’urukiko rusesa imanza rwahakanye kohereza mu Rwanda abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside , aho bakekwa kugirira uruhare rwabo muri jenoside yakorewe Abatutsi ? »

“Ni izihe ngamba muteganya gufata kugira ngo uburyo u Bufaransa bugenda biguru ntege mu gukurikirana dosiye zabo ngo bihagarare ? ni izihe ngamba zidasanzwe mwatanga ngo zikurikizwe zituma, itsinda ryashyizweho mu kurwanya ibyaha byakorewe inyoko muntu ryashinzwe muri 2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Paris rukorana ubushobozi bukwiye.”

Gauthier yibutsa Perezida Macron uko igihu cyabuditse

Ku gice kigenewe Macron nka Perezida Mushya w’u Bufaransa, Gauthier amwibutsa ko guhera mu 1994, hari amabaruwa asaga 30 yagejejwe ku Bufaransa akomoza ku bufatanye bwavugwaga ku bufaransa mu guhishira abakekwaho kugira uruhare mu byaha byakorewe inyokomuntu, harimo 25 yanditswe na CPCR.

-6632.jpg

Alain Gauthier, Umufaransa akaba n’Umunyarwanda uyobora CPCR (Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda).

Nubwo hakozwe ibyo byose , kugeza ubu u Bufaransa bumaze kuburanisha imanz eshatu z’abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi. Abo ni Simbikangwa Pascal wahoze mu ngabo z’u Rwanda(EX-FAR) wakatiwe igifungo cy’imyaka 25 yashingiwe n’urukiko rw’ubujurire, hari kandi na Tito Barahira na Ngenzi Octavien bahoze bayobora komine Kabarondo nabo bakatiwe bakatiwe igihano cya burundu.

Iyi ni ngendo ki nyakubahwa Perezida ?

Gauthier akomeza abaza Macron iby’uyu muvuduko anenga.Ati « Bizafata igihe kingana iki mu gihe hakigenderwa kuri uyu muvuduko , nyakubahwa Perezida, kugirango ibirego byose twabagejejeho byigweho ? bizafata igihe kingana iki ngo abavugwamo bose bazajyanwe imbere y’ubutaberaa bw’igihugu cyacu ?. »

Akomeza yerekana ko hari izindi bateganya kuba batanga ziyongera ku zindi. Ikindi ni uko pariki nta muntu yigeze ikurikirana ukekwaho kugira uruhare muri jenoside, mu gihe bitagizwemo uruhare n’imiryango yanze kurebera abakekwaho ibyo byaha bidegembya muri icyo gihugu, aho usanga abantu badakunze gukomoza kuri Jenoside imaze imyaka 23 ibaye.

Ku bijyanye n’abayoboye u Bufaransa yerekana ko batigeze bashaka kwemera uruhare rwabo mu bijyanye na jenoside.

Ati « ntabwo tuzatuza kugaragaza ubufatanye bwabayeho mu by gisirikare, muri dipolomasi , no mu gutera inkunga mu by’ubukungu, byakozwe na guverinoma yari iyoboye u Bufaransa mu 1994 n’abari abayobozi b’u Rwanda icyo gihe barimo Perezida Habyarimana. »

Ni igihe cyo gutsura umubano n’u Rwanda ?

Macron abazwa niba agiye kugirana umubano usesuye n’u Rwanda.

« Ku buyobozi bwanyu , murateganya kongera gutsura umubano n’u Rwanda mu bya politiki, umubano nyamubano ? mu myaka myinshi mu by’ukuri, Minisiteri y’Ububanyi n’amahang y’u Bufaransa(Quai d’Orsay) bafata u Rwanda nk’aho rutakibaho. Ese uruhare rw’abagabo nka Vedrine na Juppe, ruzakomeza guhabwa agaciro. »

ahereye ku byo Macron yatangaje ko ashak kugira u Bufaransa igihugu Isi yose ireberaho mu byiza, Gauthier yamubajije niba no mu butabera agiye guhagurukira gukurikirana abakekwaho kugira uruhare muri jenoside.

-6631.jpg

Yongera kumubaza niba ari igihe cyo guhindura uburyo bwo gutsura umubano ukwiye na Afurika, ndetse n’u Rwanda.

Source : BWIZA

2017-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Ubwanditsi 18 Feb 2022
Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo
IMIKINO

Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 08 Aug 2018
RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya
Mu Mahanga

RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya

Ubwanditsi 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru