• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Ubwanditsi 17 May 2017 POLITIKI

Nyuma y’amasaha macye Perezida mushya w’u Bufaransa, Emmanuel Macron arahiriye kuyobora kiriya gihugu, yibukijwe ko agiye kunywana inka ikirego ku bijyanye n’uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, cyakomeje kuzinzika.

Ibi yabyibukijwe binyujijwe mu ibaruwa, ihuriro ry’imiryango yiyemeje gushakisha abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bahungiye mu Bufaransa(CPCR) bamwandikiye bamusaba kugaragaza politiki ye ku bijyanye no gukurikira abakekwaho kuyigiramo uruhare ndetse n’imibanire ye mishya n’u Rwanda.

Muri iyo baruwa ndende ifite umutwe ukomoza ku ‘gufata ihene igihebeba’(Battre le fer tant qu’il est chaud), igenewe Perezida Macron yanditswe tariki ya 14 Gicurasi 2017 igaruka kuri byinshi bisabwa Macron, yasinyweho na Alain Gauthier, Umufaransa akaba n’Umunyarwanda uyobora CPCR (Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda).

Bagira bati “mumaze gutorerwa kuyobora u Bufaransa , ni muri urwo rwego nifuje kugira ubutumwa mbagezaho nka perezida wa CPCR, ihuriro ryashinzwe mu 2001 ryihaye intego yo gukurikirana mu butabera abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi bari ku butaka bw’u Bufaransa.

Atangira amwibutsa ko mu ntangiriro zo kwiyamamaza kwe hari indi baruwa yamugejejeho ikurikiwe n’iyi.

Ati “mu ntangiriro zo kwiyamamaza kwanyu, nabagejejeho ibaruwa ifunguye yasinywe na Rwabuhihi, perezida wa ACPCR igizwe n’inshuti za CPCR, umuryango nyarwanda uri mu cyerekezo nk’icyacu.”

Gauthier yibukije Macron wagaragaraga ko ashobora kwegukana umwanya wa perezida muri ayo matora,ko bamwandikiye ibaruwa yarimo ibibazo bitatu byabazwaga Macron ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi.

-6633.jpg

Uyu ni Emmanuel Macron w’imyaka 39 watsindiye kuba perezida w’ u Bufaransa

«Mwemeza umwanzuro w’urukiko rusesa imanza rwahakanye kohereza mu Rwanda abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside , aho bakekwa kugirira uruhare rwabo muri jenoside yakorewe Abatutsi ? »

“Ni izihe ngamba muteganya gufata kugira ngo uburyo u Bufaransa bugenda biguru ntege mu gukurikirana dosiye zabo ngo bihagarare ? ni izihe ngamba zidasanzwe mwatanga ngo zikurikizwe zituma, itsinda ryashyizweho mu kurwanya ibyaha byakorewe inyoko muntu ryashinzwe muri 2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Paris rukorana ubushobozi bukwiye.”

Gauthier yibutsa Perezida Macron uko igihu cyabuditse

Ku gice kigenewe Macron nka Perezida Mushya w’u Bufaransa, Gauthier amwibutsa ko guhera mu 1994, hari amabaruwa asaga 30 yagejejwe ku Bufaransa akomoza ku bufatanye bwavugwaga ku bufaransa mu guhishira abakekwaho kugira uruhare mu byaha byakorewe inyokomuntu, harimo 25 yanditswe na CPCR.

-6632.jpg

Alain Gauthier, Umufaransa akaba n’Umunyarwanda uyobora CPCR (Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda).

Nubwo hakozwe ibyo byose , kugeza ubu u Bufaransa bumaze kuburanisha imanz eshatu z’abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi. Abo ni Simbikangwa Pascal wahoze mu ngabo z’u Rwanda(EX-FAR) wakatiwe igifungo cy’imyaka 25 yashingiwe n’urukiko rw’ubujurire, hari kandi na Tito Barahira na Ngenzi Octavien bahoze bayobora komine Kabarondo nabo bakatiwe bakatiwe igihano cya burundu.

Iyi ni ngendo ki nyakubahwa Perezida ?

Gauthier akomeza abaza Macron iby’uyu muvuduko anenga.Ati « Bizafata igihe kingana iki mu gihe hakigenderwa kuri uyu muvuduko , nyakubahwa Perezida, kugirango ibirego byose twabagejejeho byigweho ? bizafata igihe kingana iki ngo abavugwamo bose bazajyanwe imbere y’ubutaberaa bw’igihugu cyacu ?. »

Akomeza yerekana ko hari izindi bateganya kuba batanga ziyongera ku zindi. Ikindi ni uko pariki nta muntu yigeze ikurikirana ukekwaho kugira uruhare muri jenoside, mu gihe bitagizwemo uruhare n’imiryango yanze kurebera abakekwaho ibyo byaha bidegembya muri icyo gihugu, aho usanga abantu badakunze gukomoza kuri Jenoside imaze imyaka 23 ibaye.

Ku bijyanye n’abayoboye u Bufaransa yerekana ko batigeze bashaka kwemera uruhare rwabo mu bijyanye na jenoside.

Ati « ntabwo tuzatuza kugaragaza ubufatanye bwabayeho mu by gisirikare, muri dipolomasi , no mu gutera inkunga mu by’ubukungu, byakozwe na guverinoma yari iyoboye u Bufaransa mu 1994 n’abari abayobozi b’u Rwanda icyo gihe barimo Perezida Habyarimana. »

Ni igihe cyo gutsura umubano n’u Rwanda ?

Macron abazwa niba agiye kugirana umubano usesuye n’u Rwanda.

« Ku buyobozi bwanyu , murateganya kongera gutsura umubano n’u Rwanda mu bya politiki, umubano nyamubano ? mu myaka myinshi mu by’ukuri, Minisiteri y’Ububanyi n’amahang y’u Bufaransa(Quai d’Orsay) bafata u Rwanda nk’aho rutakibaho. Ese uruhare rw’abagabo nka Vedrine na Juppe, ruzakomeza guhabwa agaciro. »

ahereye ku byo Macron yatangaje ko ashak kugira u Bufaransa igihugu Isi yose ireberaho mu byiza, Gauthier yamubajije niba no mu butabera agiye guhagurukira gukurikirana abakekwaho kugira uruhare muri jenoside.

-6631.jpg

Yongera kumubaza niba ari igihe cyo guhindura uburyo bwo gutsura umubano ukwiye na Afurika, ndetse n’u Rwanda.

Source : BWIZA

2017-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana

Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana

Ubwanditsi 07 Feb 2020
Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta

Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Ubwanditsi 04 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage
POLITIKI

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

Ubwanditsi 17 Jul 2017
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0
IMIKINO

Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Ubwanditsi 11 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru