• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Ubwanditsi 28 Nov 2016 Mu Mahanga

Biteganyijwe ko abagore barenga 250 bo mu nzego z’umutekano ku mugabane wa Afurika bateranira i Kigali mu nama y’iminsi 2, yateguwe n’abashinzwe gushyira mu bikorwa ibyemezo by’Itangazo ry’Inama Mpuzamahanga ya Kigali (KICD), iyi nama ikaba igamije kongera kwigira no gufatira hamwe ingamba zo kurwanya ibyaha, cyane cyane ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa.

Iyi nama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano ikaba ifite intego igira iti:”uruhare rw’umugore mu kubungabunga umutekano”, mu byo izibandaho hakaba harimo gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe mu nama rusange ya 5 y’ Inama Mpuzamahanga ya Kigali (KICD) yabereye i Alger muri Algeria muri Werurwe uyu mwaka.

Umuhuzabikorwa w’iyi nama, Chief Superintendent of Police (CSP) Lynder Nkuranga yavuze ati:”Abagore bo mu nzego z’umutekano bagira uruhare rukomeye mu gukemura ibibazo bishamikiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ikaba ariyo mpamvu bazungurana ibitekerezo bakanafatira hamwe ingamba z’uko ibi bibazo by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina byajya bikemurwa mu buryo bumwe.”

Yakomeje avuga ati:”Iyi nama kandi izaganira ku ruhare rw’umugore mu kubungabunga umutekano, gusangira ubunararibonye, imbogamizi bahura na zo muri iyo mirimo no kuzishakira ibisubizo; bityo ubumenyi bazayungukiramo ndetse n’ingamba bazafata bikaba bizatuma abayitabiriye bagira imyumvire imwe ku guca ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, kandi bikaba bizatuma abagore bo mu nzego z’umutekano bakumira ubwo bwoko bw’ihohoterwa

Iyi nama ikaba ihuriranye n’igikorwa cy’Ubukangurambaga bw’iminsi 16 bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Biteganyijwe ko izanitabirwa n’inzobere mu bijyanye n’amahoro n’umutekano n’abandi bayobozi barimo abo mu nzego Nkuru za Guverinoma, abo mu muryango w’Abibumye, Imiryango Itegamiye kuri Leta n’abafatanyabikorwa mu iterambere.

Abitabiriye iyi nama kandi, bazanaganira ku kamaro ko gushyiraho uburyo umugore yarushaho kugira uruhare mu bikorwa byo kugarura amahoro no kubungabunga umutekano, hagamijwe amahoro n’umutekano birambye.

Kuri iyi ngingo, CSP Nkuranga yagize ati:” tuzaganira birambuye ku buryo bwakoreshwa mu gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, uruhare rw’imiryango y’iterambere mu guteza imbere no kwita ku burenganzira bw’umugore, ubw’abakobwa n’ubw’abana muri rusange, tunaganire ku buringanire bw’ibitsina byombi hagamijwe umutekano n’iterambere birambye ndetse tuzanaganira ku ruhare rw’abagore bo mu nzego z’umutekano mu kurwanya ibyaha biri kuvuka muri iki gihe.”

Muri iyi nama kandi, abayitabiriye bazanitabira umuhango wo gutaha ku mugaragaro Ikigo cy’Icyitegererezo muri aka Karere kigamije guca ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana kiri ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Iki kigo Kizafasha mu bushakashatsi ku byaha by’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana, gusangira ubumenyi n’ubunararibonye ndetse no guhanahana amakuru y’uburyo iryo hohoterwa ryacika. Iki Kigo kirimo kandi Ibiro by’Ubunyamabanga bwa KICD, kikazafasha kandi mu kubaka no kongera ubushobozi abanyamuryango, kwegeranya no guhanahana amakuru, kubika amakuru y’ibikorwa by’indashyikirwa, gutegura neza ibikorwa by’ubufatanye n’abaturage mu kubungabunga umutekano, kunoza imikoranire n’izindi nzego no gufatanya muri gahunda zitandukanye, gushyiraho amategeko no kugena gahunda zifasha ibihugu bigize uyu muryango.

Nk’uko CSP Nkuranga abitangaza, iyi nama y’abagore bo mu nzego z’umutekano muri aka karere inahuriranye n’ishyirwa ku mugaragaro ry’igitabo cya Isange One Stop Center cyitwa «Rwanda’s Holistic Approach to Fighting Gender Based Violence and Child abuse: The Isange One Stop Centre Model”

-4817.jpg

-4841.jpg

Isange ni ikigo cyita ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bakaba bahabwa serivisi zirimo kubapima, kubavura no kubagira inama zitandukanye hashingiwe ku bwoko bw’ihohoterwa uwakigannye yakorewe, kandi izi serivisi bazihabwa nta kiguzi.

Kugeza ubu Isange One Stop Center ifite amashami 28 mu bitaro by’uturere dutandukanye tw’u Rwanda.

RNP

2016-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ubwanditsi 29 Nov 2022
Abayobozi icyenda batawe muri yombi  bazira kurigisa umutungo wa Leta no gukoresha inyandiko mpimbano.

Abayobozi icyenda batawe muri yombi bazira kurigisa umutungo wa Leta no gukoresha inyandiko mpimbano.

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 01 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025
Amakuru

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Ubwanditsi 06 Jun 2024
RDC: Abarwanyi 3 ba FDLR bafatiwe mu mirwano yabahuje na FARDC habohozwa n’imbohe 3
HIRYA NO HINO

RDC: Abarwanyi 3 ba FDLR bafatiwe mu mirwano yabahuje na FARDC habohozwa n’imbohe 3

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina
MULTIMEDIA

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Ubwanditsi 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru