• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi 9 basezeranye imbere y’amategeko

Abapolisi 9 basezeranye imbere y’amategeko

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Mahanga

​Abapolisi 9 bakorera mu mutwe wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe gususurutsa ibirori (Police Band Unit) bifatanyije mu birori byo gusezerana imbere y’amategeko n’abo bashakanye. Uku gusezerana imbere y’amategeko n’abo bashakanye byabereye imbere y’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishali Nsengiyuva Placide,bibera ku biro by’uwo murenge wa Gishali mu karere ka Rwamagana.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda yashimiye abo bapolisi icyemezo cyiza bafashe cyo gushinga ingo ku buryo bwemewe n’amategeko. Yakomeje abibutsa ko nk’abapolisi bagomba kuba icyitegererezo aho batuye babana neza n’abo bashakanye,bakarangwa kandi n’imyitwarire myiza ndetse bakaba n’inyangamugayo.
-1805.jpg
DIGP Marizamunda yabijeje ko Polisi y’u Rwanda izakomeza kubafasha, asoza avuga ko kuba abapolisi bo muri uyu mutwe ushinzwe gususurutsa ibirori barahisemo gushinga ingo zabo no gutegurira hamwe ibirori byagombye kubera urugero rwiza n’abo mu yindi mitwe ya Polisi hirya no hino, bityo abafite igitekerezo cyo kubaka ingo bakabikora mu buryo bwubahirije amategeko,bagahuriza imbaraga hamwe ndetse n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bukaba bwariyemeje kubafasha.

Umuyobozi w’iri shami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gususurutsa ibirori Superintendent of Police (SP) David Kabuye, yavuze ko ari ubwa mbere abapolisi bakorera muri uyu mutwe batekereje bo ubwabo kwifatanya bagahuriza hamwe imbaraga n’uburyo bwo gutegura ibirori by’ubukwe bwabo, ngo kuko ubundi umupolisi yakoraga ibirori nk’ibi byo gusezerana imbere y’amategeko n’uwo bashakanye ku giti cye. Yavuze ko ubu ari uburyo bwiza kandi ko bazakomeza gushyigikira n’abandi bafite iki gitekerezo.

Uyu mutwe wa Polisi y’u Rwanda washinzwe mu mwaka w’2001 ukaba ususurutsa mu birori n’ibikorwa bitandukanye bya Polisi y’u Rwanda ndetse n’ibirori byo ku rwego rw’igihugu.

RNP

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

RUSHYASHYA 13 Nov 2025
Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Jul 2016
Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari  umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango

Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango

Ubwanditsi 03 May 2016
U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]
ITOHOZA

Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo
Amakuru

Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Ubwanditsi 13 Mar 2021
Byumvuhore: Ukunda iki?
Amakuru

Byumvuhore: Ukunda iki?

Ubwanditsi 22 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru