• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi 9 basezeranye imbere y’amategeko

Abapolisi 9 basezeranye imbere y’amategeko

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Mahanga

​Abapolisi 9 bakorera mu mutwe wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe gususurutsa ibirori (Police Band Unit) bifatanyije mu birori byo gusezerana imbere y’amategeko n’abo bashakanye. Uku gusezerana imbere y’amategeko n’abo bashakanye byabereye imbere y’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishali Nsengiyuva Placide,bibera ku biro by’uwo murenge wa Gishali mu karere ka Rwamagana.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda yashimiye abo bapolisi icyemezo cyiza bafashe cyo gushinga ingo ku buryo bwemewe n’amategeko. Yakomeje abibutsa ko nk’abapolisi bagomba kuba icyitegererezo aho batuye babana neza n’abo bashakanye,bakarangwa kandi n’imyitwarire myiza ndetse bakaba n’inyangamugayo.
-1805.jpg
DIGP Marizamunda yabijeje ko Polisi y’u Rwanda izakomeza kubafasha, asoza avuga ko kuba abapolisi bo muri uyu mutwe ushinzwe gususurutsa ibirori barahisemo gushinga ingo zabo no gutegurira hamwe ibirori byagombye kubera urugero rwiza n’abo mu yindi mitwe ya Polisi hirya no hino, bityo abafite igitekerezo cyo kubaka ingo bakabikora mu buryo bwubahirije amategeko,bagahuriza imbaraga hamwe ndetse n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bukaba bwariyemeje kubafasha.

Umuyobozi w’iri shami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gususurutsa ibirori Superintendent of Police (SP) David Kabuye, yavuze ko ari ubwa mbere abapolisi bakorera muri uyu mutwe batekereje bo ubwabo kwifatanya bagahuriza hamwe imbaraga n’uburyo bwo gutegura ibirori by’ubukwe bwabo, ngo kuko ubundi umupolisi yakoraga ibirori nk’ibi byo gusezerana imbere y’amategeko n’uwo bashakanye ku giti cye. Yavuze ko ubu ari uburyo bwiza kandi ko bazakomeza gushyigikira n’abandi bafite iki gitekerezo.

Uyu mutwe wa Polisi y’u Rwanda washinzwe mu mwaka w’2001 ukaba ususurutsa mu birori n’ibikorwa bitandukanye bya Polisi y’u Rwanda ndetse n’ibirori byo ku rwego rw’igihugu.

RNP

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bufaransa: Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

U Bufaransa: Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

Ubwanditsi 08 Nov 2017
RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.

Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.

Ubwanditsi 28 Dec 2022
Zimwe mu mpamvu zaba zaratumye Maj Gen Richard Rutatina akurwa kumwanya wa DMI

Zimwe mu mpamvu zaba zaratumye Maj Gen Richard Rutatina akurwa kumwanya wa DMI

Ubwanditsi 17 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana
POLITIKI

Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye
SHOWBIZ

Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Mateso Jean De Dieu watoje ikipe ya AS Kigali ari ku rutonde rw’abatoza bifuzwa na Mukura VS irimo gutozwa na Nshimiyimana Canisius.
Amakuru

Mateso Jean De Dieu watoje ikipe ya AS Kigali ari ku rutonde rw’abatoza bifuzwa na Mukura VS irimo gutozwa na Nshimiyimana Canisius.

Ubwanditsi 03 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru