• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2016 Mu Mahanga

Kuva kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Mata, u Rwanda rwatangiye icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22, aho Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki moon, yasabye ibihugu byo mu karere ndetse n’ibindi bigize uyu muryango gukomeza kongera imbaraga mu guta muri yombi no gushyikiriza ubutabera abakekwaho uruhare muri Jenoside ndetse no gushyira iherezo ku muco wo kudahana.

Ubu, u Rwanda ruri gukurikirana abantu 522 bakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bakihishahisha hirya no hino ku Isi, ari nako rukora ibishoboka byose ngo batabwe muri yombi baryozwe ibyo bakoze.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye avuga kwibukwa ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye kujyana no kuba hafatwa ingamba nshya zatuma ubwo bwicanyi bw’indengakamere butazongera kubaho aho ari ho hose ku Isi. Guha icyubahiro abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, ngo bivuze gukorana n’ubutabera ndetse no kumva ko buri wese hari ibyo agomba kubazwa.

Kuri we ngo kwemera ibyabaye no kugira umuhate wo gusangira ibikorwa byo kurinda abari mu kaga nibwo buryo bwiza bwatuma jenoside, guhonyora uburenganzira bwa muntu no kutica amategeko mpuzamahanga bitongera kubaho ukundi.

Ban Ki moon, yavuze ko jenoside atari igikorwa kimwe, ko ifata igihe kandi igategurwa. Yatanze urugero ku bimenyetso bigaragaza ko ishobora kubaho birimo imbwirwaruhame zikwirakwiza urwango zivugirwa mu ruhame no mu bitangazamakuru, zibasira abantu mu miryango runaka.

Yakomeje avuga ko ari ngombwa ko za guverinoma, ubutabera n’imiryango itari iya leta, bahagurukira rimwe mu kurwanya izo imvugo zibiba urwango n’abateza amacakubiri n’intambara.

-2613.jpg

Ban Ki moon na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame muri Village Urugwiro

Ikindi kandi yavuze ko amateka y’u Rwanda yigisha amasomo akomeye arimo ubwumvikane, ubwiyunge, no kugira ubuntu mu gihe imbaraga z’ikibi zikomeza kugaragara mu miryango. Ati “Reka twite ku biduhuza nk’ikiremwamuntu bidufashe kubaka ubuzima bw’icyubahiro n’umutekano kuri bose.”

Ubwo hibukwaga Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20, tariki 7 Mata 2014, Ban Ki Moon yari mu Rwanda, aho yavuze ko yababajwe n’ibyo yabonye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi aho bitamworoheye kwihangana maze amarira amubunga mu maso kubera ubukana bw’amarorerwa yiboneye.

Umuryango w’Abibumbye wemeye ko warebereye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye inzirakarengane zisaga miliyoni;icyo gihe Boutros Boutros-Ghali uherutse kuva ku Isi niwe wayoboraga Loni, yanaje kwemera ko umuryango yari ayoboye wagize uburangare ntugire icyo ikora ngo Jenoside yakorewe Abatutsi ireke kuba.

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru Karim el Fawal w’ikinyamakuru Capa cyo mu Misiri mu mwaka wa 2001, Boutros yavuze ko yumva atewe ipfunwe no kudatabara abicwaga mu Rwanda.

Yagize ati “ Iyo ntekereje ibyabaye mu Rwanda numva binteye ipfunwe. Nari umwe mu ba mbere bagerageje kubwira isi ibijyanye n’iyo Jenoside, ariko ntacyakozwe kuko ibihigu bitashatse kuyumva. Gutabaza kwanjye ntacyo byagezeho.”

2016-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ababiligi bemerera abagizi ba nabi gukorera politiki ku butaka bwabo amateka azabarega ubufatanyacyaha

Ababiligi bemerera abagizi ba nabi gukorera politiki ku butaka bwabo amateka azabarega ubufatanyacyaha

Ubwanditsi 30 Sep 2022
2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we

Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we

Ubwanditsi 17 Nov 2017
FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Ubwanditsi 16 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017
Mu Rwanda

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ubwanditsi 06 Jun 2017
IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?
ITOHOZA

IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares

Ubwanditsi 17 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru