• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntacyo u Burundi buzungukira mu gukomanyiriza u Rwanda

Ntacyo u Burundi buzungukira mu gukomanyiriza u Rwanda

Ubwanditsi 09 Aug 2016 Mu Rwanda

Icyemezo cyafashwe na leta ya Petero Nkurunziza mu Burundi cyo guhagarika ubucuruzi hagati y’icyo gihugu n’u Rwanda kizababaza Abarundi kurusha uko cyakababaje Abanyarwanda.

Nk’uko bimaze iminsi bivugwa Bujumbura vuba aha yafashe icyemezo cyo guca umubano ushingiye ku bucuruzi hagati y’u Rwanda n’u Burundi. Atangaza icyemezo cya guverinoma Visi Perezida wa kabiri mu Burundi, Joseph Butore, yavuze yuko umuyobozi wese uzemera yuko hari ibicuruzwa bizava mu Burundi bijya mu Rwanda cyangwa biva mu Rwanda bijya mu Burundi azahura n’ibibazo bikomeye cyane !

Kuva icyo gihe cy’iryo tangazo rya Butore ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi bwarahagaze uretse gusa mu buryo bwa magendu ikorwa n’abihanduzacumu ku mpande zombi, kandi n’iyo magendu igahitishwamo utuntu guke cy’ane tw’abantu baturiye umupaka !

Usesenguye ariko usanga ibyo bihano by’ubucuruzi bizababaza abaturage mu Burundi kurusha uko byababaza abahano mu Rwanda.

Nubwo Bujumbura yarahiye yuko itazemerera abaturage bayo kohereza ibicuruzwa mu Rwanda, uko ibintu byigaragaza n’uko nta n’ibicuruzwa bifatika byavaga mu Burundi biza hano mu Rwanda.

Igicuruzwa gifatika cyavaga mu Burundi kiza hano mu Rwanda cyari amamesa ariko leta y’u Rwanda yaje kuyahagarika muri 2014 ngo kubera yuko atari yujuje ubuzirangenge. Ibindi bicuruzwa abaturage mu Burundi bazanaga hano mu Rwanda byari indagara, amacunga n’imiyembe. Uko bimeze n’uko u Rwanda rushobora kutabangamirwa no kutabona indagara, amacunga n’imiembe kuva mu Burundi. Rushobora kubikura ahandi cyangwa rukabireka kandi ntiruhungabane.

Kuva imvururu mu Burundi zatangira muri Mata umwaka ushize icyo gihugu kiri mu bukene bukomeye ku buryo nta bicuruzwa gifite imbere mu gihugu ngo kibe cyasagurira amahanga. Ibiramambu u Rwanda rwoherezaga mu Burundi ifu y’ibigori, iy’imyumbati, inkweto, imyenda, inyama n’indi bikomoka ku matungo nk’amata. Ibi bintu kandi Abarundi bari babikeneye cyane muri ibi bihe bari mu bihe bibi.

Leta ya Petero Nkurunziza yiyemeje kwanga u Rwanda n’ibirukorerwamo byose kabone n’aho byaba nta ngaruka mbi byagirira ubutegetsi mu Rwanda kimwe n’abarutuye. Mu kwezi gushize u Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’i bihugu yakorewe hano mu Rwanda, na n’ubu ubwo butegetsi bwanze kohereza ababuserukira mu mikino y’ingabo z’ibihugu bigize EAC ngo kubera yuko ikorerwa hano mu Rwanda !

Ibyo bihano rero leta y’u Burundi ikomeje gufatira u Rwanda birashekeje cyane. Ntuboneka mu bandi ngo urahana u Rwanda ? Abaturage barashonje ukababuza kwihahira ngo urahima u Rwanda ? Nyamara abo baturage mu Burundi nibasonza cyane ubutegetsi bwa Nkurunziza buzarushaho kujya mu bibazo biruta ibyo burimo ubu !

-3534.jpg

Abagenzi ibibazo by’umutekano muke mu Burundi byabakomye mu nkokora

Perezida w’inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), yamaganye ibyakozwe na Leta y’u Burundi byo guhagarika ubuhahirane bw’iki gihugu n’u Rwanda, yemeza ko batangiye kubikoraho iperereza.

Daniel Fred Kidega yavuze ko bitumvikana uburyo hari abayobozi batumva impamvu hashyizweho Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, mu gihe nyamara wari umuryango ugamije koroshya ubuhahirane hagati y’abaturage.

Hagati aho na Leta y’u Rwanda yatangaje ko abategetsi b’u Burundi bashobora kuzagera aho bagasubiza ku byo bise “gusubiza umutima mpembero”, cyane ko ngo ubukungu bw’iki gihugu bushobora kuhahurira n’ibibazo bikomeye.

Ibi byose byagaragajwe ubwo umuyobozi wa EALA ukomoka muri Uganda, yakirwaga na Perezida wa Sena y’u Rwanda Makuza Bernard, aho baganiriye ku bibazo by’umutekano muke uri mu Burundi no muri Sudani y’Epfo, ibihugu byose bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, uyu muyobozi wa EALA yavuze ko amakuru y’uko u Burundi bwanze kureka abacuruzi babwo guhahirana n’ab’u Rwanda batangiye kuyakoraho ipererereza.

Yagize ati “Narabyumvise, twe nk’abagize EALA tugiye kubigenzura, dufite komite ishinzwe ubucuruzi muri aka karere, ubusanzwe abaturage bagomba kugenderana nta nkomyi, niyo mpamvu twashyizeho uyu muryango, ubu twatangiye iperereza kandi tuzatanga ibizavamo, ntabwo twagombye kubuza abaturage guhura ngo bakorane ubucuruzi.”

Perezida wa Sena y’u Rwanda Bernard Makuza we yavuze ko ibikomeje gukorwa n’u Burundi ntacyo bimaze, gusa yemeza ko hari aho bigera igihugu kikaba cyakwirukanwa muri uyu muryango.

Yagize ati “Icyo twaganiriyeho ni uko guhagarika ubucuruzi n’urujya n’uruza binyuranyije n’amasezerano agenga EAC, ntabwo ari byiza, nta muntu wabishima, iyo bimeze gutya igihugu nk’u Rwanda dufite uko duhagaze ndetse dukemura ibibazo, icyo tuzi ni uko ntacyo bizahungabanya ku bukungu bw’u Rwanda, ariko burya iyo abantu bari no mu bibazo ubagira inama.”

Yakomeje agira ati “Hari ubwo abantu barwaza bakagira abandi inama kugira ngo wenda basubize agatima impembero, bumve ko ibyo bakora bidafite akamaro ku banyagihugu, abantu bicwa muri icyo gihugu ntabwo wavuga ngo ni byiza.”

Ku birebana n’uko u Burundi bwakwirukanwa muri uyu muryango, Bernard Makuza yunzemo ati “Iyo ukomeje kwica ibijyanye n’amasezerano y’ibihugu byashyizeho, hari aho bigera ibindi bihugu byagusezerera.”

Ibi birimo kuba nyuma y’aho tariki ya 30 Nyakanga 2016, Visi Perezida w’u Burundi Joseph Butore, yategetse Polisi n’ubuyobozi bw’iki gihugu, ko batagomba kuzongera kwemera ko hari ibicuruzwa biva mu Burundi bijya mu Rwanda, avuga ko abazafatwa bazahura n’ibibazo bikomeye.

Mu butumwa Visi Perezida Butore yatanze yagize ati “Ntidushobora guha ibyo twejeje u Rwanda kuko ruturwanya.”

-3533.jpg

Nk’uko bigaragara ku mupaka uhuza u Rwanda n’uburundi ku kanyaru kuri ubu urujya n’uruza rwatangiye kugabanuka cyane ku banyarwanda bashaka kwinjira mu Burundi

Kayumba Casmiry

2016-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agatogo k’ingabo ziri muri DRC kazabageza ku mahoro cyangwa ku kaduruvayo gahoraho?

Agatogo k’ingabo ziri muri DRC kazabageza ku mahoro cyangwa ku kaduruvayo gahoraho?

Ubwanditsi 12 Apr 2023
Burundi: Batatu  bamaze gutabwa  muri yombi bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba byahitanye abantu 5 mu Kayanza

Burundi: Batatu bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba byahitanye abantu 5 mu Kayanza

Ubwanditsi 19 Jul 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Ubwanditsi 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza
POLITIKI

Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza

Ubwanditsi 14 Apr 2019
Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite
INKURU NYAMUKURU

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Ubwanditsi 27 Sep 2019
Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye
ITOHOZA

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Ubwanditsi 02 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru