• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016 : Kunshuro ya kabiri Congo Kinshasa yegukanye igikombe cy’Afrika

CHAN2016 : Kunshuro ya kabiri Congo Kinshasa yegukanye igikombe cy’Afrika

Ubwanditsi 09 Feb 2016 IMIKINO

Ibitego bibiri bya Elia Lina Meschack n’ikindi cya Jonathan Bolingi, bifashije ikipe ya Congo Kinshasa gukora amateka yegukana CHAN ku nshuro ya kabiri, itsinze Mali ku mukino wa nyuma wa CHAN ya 2016, ibitego 3-0, mu mukino waberaga kuri stade Amahoro i Remera kuri iki Cyumweru.

-2018.jpg

Abafana bari besnhi ba kubise buzuye

Mu mvura nyinshi Congo Kinshasa yatangiye umukino iri ku rwego rwo hejuru ndetse ishyigikiwe n’imbaga nyamwishi y’abakongomani, ikipe ya Congo yokeje igitutu Mali, ibona uburyo bwashoboraga kuvamo igitego ku munota wa gatanu w’umukino ubwo umutwe wa Elia Lina Meschack wacaga hejuru y’izamu rya Djigui Diarra.

-2020.jpg

Elia Lina Meschack wigaragaje cyane muri uwo mukino

Mali yakangutse, ibifashijwemo n’ikibuga cyanyereraga cyane ku ruhande rwa Congo Kinshasa, ibona uburyo bubiri mu bihe bitandukanye ku musore wayo, Mamadou Coulibary, aho ubwa mbere bwabonetse ku munota wa 8 umupira wanyuze iruhande rw’izamu naho ubwo ku munota wa 10, umupira uca hejuru y’izamu rya Ley Matampi.

-2019.jpg

Mali nayo yanyuzagamo Igasatira

Zachari Mombo watangiye akina ku ruhande rw’ibumoso yacenze ba myugariro b’inyuma ba Mali ariko baza kumunaniza ntiyabyaza umusaruro umupira wifatiwe n’abakinnyi ba Mali baje no kubona koruneli ya mbere mu mukino ku munota wa 12, ariko ba myugariro ba Congo Kinshasa barahagoboka.

-2021.jpg

Congo bishimira igitego

Doxa Gikanji ukunze kurangwa n’amashoti akomeye, yagerageje uburyo butandukanye mu izamu rya Mali, ariko ishoti rikomeye yateye ku munota wa 13 rica ku ruhande rw’izamu rya Diarra.

-2027.jpg

Amakipe yombi yakiniye mu kibuga hagati mu minota itanu yakurikiyeho, mbere yuko umukino uhagarara umunota umwe, havurwa Alou Dieng na Lomalisa Joyce bari bagonganye.

-2022.jpg

Nyuma yo kubona agorwa na Lassana Samake wakinaga inyuma ku ruhande rw’ibumoso rwa Mali, Elia Lina Meschack yaguranye na Bompo Zacharie, asubira ku ruhande rw’ibumoso, maze abasore bombi bakinisha Mali.

-2023.jpg

Zacharie Bompo yagerageje amahirwe n’umutwe ku munota wa 26, umupira uca hejuru y’izamu, ariko Elia Meschack atsindira Congo Kinshasa igitego cya mbere ku munota wa 29 ku mupira wari uvuye kuri Jonathan Bolingi maze uyu mukinnyi wamaze kugurwa na TP Mazembe imukuye muri Don Bosco, yitegereza uburyo Djigui Diarra ahagaze, amutera ishoti rikomeye mu mfuruka y’ibumoso bw’izamu. ntiyasobanukirwa ibibaye.

-2026.jpg

Congo bahawe igikombe

Congo yahushije igitego ku buryo bwa Bolingi nyuma y’iminota itatu itsinze igitego, ariko nako Ley Matampi yayitabaye ubwo yari ugarijwe na Lassana Samake ku munota wa 35 w’umukino.

Djigui Diarra yitwaye neza ku mupira wa Bolingi yashyize muri koruneli, mbere yuko na Kimwaki arenza umupira wavuyemo koruneli ya Mali, ariko Matampi afata neza umupira wa Mamadou Doumbia.

-2028.jpg

-2029.jpg

hanaturikijwe byabishashi byo hejuru

Mbere yuko amakipe yombi ajya kuruhuka, Issaka Samake wa Mali, yahawe ikarita ya mbere y’umuhondo muri uyu mukino, nyuma yo kugusha Meschack wari wamusize, coup-franc yahawe ayiteye igarurwa n’urukuta, asongejemo umupira urarenga.

Mali yinjiye mu gice cya kabiri ishaka kwishyura, yananiwe kuzibira Elia Mschack wabatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 61 w’umukino ku mupira wa Yannick Bangala.

Congo yakomeje kotsa igitutu Mali, nyuma yo guhusha uburyo bwa Mombo kuri koruneli, Lomalisa yacenze ba myugariro ba Mali, ahereza umupira Jonathan Bolingi watsinze igitego cya gatatu cya Congo Kinshasa ku munota wa 72 w’umukino.

Ni ku nshuro ya kabiri Congo Kinshasa yegukana CHAN. Iya mbere niyo mu 2009 batwariye muri Cote d’Ivoire batsinze Ghana 2-0.

-2030.jpg

Perezida Kagame ahereza igikombe Kapiteni wa leopard Joel Kimwaki

-2031.jpg

Mu 2011 na 2014, baviriyemo muri ¼, batsinzwe na Tunisia na Ghana igitego 1-0 ku nshuro zombi.

-2024.jpg

Abakinnyi babanjemo:

Congo Kinshasa: 1 Matampi, 19 Kimwaki, 17 Bokadi, 22 Bangala, 14 Munganga, 3 Mutambala, 2 Bahumeto, 7 Gikanji, 21 Bolingi, 6 Mombo, 5 Meschack.

Umutoza: Florent Ibenge

-2025.jpg

Mali: 16 Diarra, 4 Issaka Samake, 21 Dante, 18 Dieng, 15 Doumbia, 12 Samake, 13 Sissoko, 19 Diarra, 10 Coulibaly, 9 Sinayoko, 23 Koita.

Ibihembo

Ikipe y’igihugu ya Congo Kinshasa, yahawe amadolari 750 000 ya Amerika nk’ikipe yabaye iya mbere muri ri rushanwa ryaberaga mu Rwanda ku nshuro yaryo ya kane.

Elia Lina Meschack, umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Congo Kinshasa, ukina asatira, ni we watowe nk’umukinnyi w’irushanwa nyuma yo gutsinda ibitego bine muri iri rushanwa ndetse akaba yarabaye umukinnyi w’umukino inshuro eshatu, harimo no kuri uyu mukino wa nyuma.

Amakipe 16 yitabiriye CHAN ya 2016, yagabanye yose ahamwe miliyoni 3 n’ibihumbi 200 by’amadolari angana na miliyari ebyiri na miliyoni 379 n’ibihumbi 991 (2,379,991,263.65) uyavunje mu manyarwanda.

Uko ibihembo byasaranganijwe mu mibare

Congo Kinshasa yabaye iya mbere, yahawe igikombe n’amadolari ya Amerika 750,000, angana na 557,810,452 Frw.

Mali yabaye iya kabiri, yahawe amadolari ya Amerika ibihumbi 400,000, angana na 297,498,907 Frw.

Cote d’ivoire yabaye iya gatatu na Guinea yabaye iya kane, zahawe amadolari ya Amerika 250,000, angana na 185,936,817 Frw.

Amakipe ane yasezerewe muri ¼ (Rwanda, Cameroon, Tunizia na Zambia) buri imwe yahawe ibihumbi 175$ mu gihe amakipe yabaye aya gatatu mu itsinda (Maroc, Angola, Nigeria na Uganda) buri imwe yahawe ibihumbi 125$ naho aya nyuma mu itsinda (Gabon, Ethiopia, Niger na Zimbabwe) yahawe ibihumbi 100 by’amadolari y’Amerika.

M.Fils

2016-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe

Ubwanditsi 10 Jan 2023
Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Ubwanditsi 02 Dec 2022
Nyuma y’imyaka 5, Kiyovu SC yatsinze APR FC muri shampiyona y’u Rwanda iyisanga ku mwanya wa mbere – ibyaranze umunsi wa 27 wa shampiyona

Nyuma y’imyaka 5, Kiyovu SC yatsinze APR FC muri shampiyona y’u Rwanda iyisanga ku mwanya wa mbere – ibyaranze umunsi wa 27 wa shampiyona

Ubwanditsi 16 May 2022
Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Ubwanditsi 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe
Amakuru

Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Ubwanditsi 01 Feb 2022
Uko  Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )
Mu Mahanga

Uko Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro
UBUKUNGU

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Ubwanditsi 05 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru