• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Na : Tom Ndahiro

Dukomeje kwibuka no kwibukiranya ngo amateka yacu atazaducika tukajya tuyabwirwa n’abatarayabayemo.

Muri Mutarama 1994, ingabo z’Umuryango w’Abibumbye MINUAR zari zimaze kumva ko zitaje ahantu horoshye. Interahamwe n’impuzamugambi bari bamaze kubereka gahunda yabo.

Ku itariki ya 17 Mutarama 1994, Umuyobozi wa MINUAR, Jacques Rogers Booh-Booh yahuye n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda cyakora bakomoka ku mugabane wa Afrika.

Yari yahuye nabo ababwira uko bimeze ariko cyane cyane ibyo bari bamaze kwibonera mu myiteguro y’ibitero bari barabwiwe ko bigamije gutsemba Abatutsi.

Booh-Booh nawe wari umudiplomate ukomoka mu gihugu cya Cameroun, yababwiye ko bafite gihamya ko hari imyitozo ya gisirikare yahabwaga abasivili benshi (Interahamwe n’impuzamugambi) kandi ko hatangwaga imbunda nyinshi kandi ziri mu byiciro binyuranye.

Ibijyanye no kuba hari intwaro zihishe ahantu hatandukanye kandi hatari mu buyobozi busanzwe bwa gisirikare, bari bamaze kubyibonera batagishidikanya.

Umwe mu bahaga MINUAR amakuru kenshi harimo na Twagiramungu Faustin ubu uhakana ko na TURATSINZE yagejeje kuri Gen. Romeo Dallaire atamuzi.

Uko guhakana, kwa TWAGIRAMUNGU biri mu kinyamakuru the Digital Journal cyo kuwa 15 Mutarama 2014 mu kiganiro yagiranye n’umunyamakurukazi Judi Rever.

-97.png

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma

Ibyo avuga nyuma y’imyaka 20, ubona atari ugusaza cyangwa politiki yo gushaka kwiyegereza FDLR gusa ahubwo harimo no kwirengagiza bikabije.

Muri raporo ya Loni y’itsinda riyobowe na Ingvar Carlsson, yasohotse mu mpera z’umwaka w’1999, havuzwe mu buryo bweruye ko uwahaye amakuru Dallaire ari Twagiramungu Faustin.

Ayo mazina ye yombi yanditse muri iyo raporo yagaragazaga uruhare rwa Loni mu gutererana abanyarwanda. Twagiramungu anahakana ko abayobozi ba MINUAR babonanye na Habyarimana bakavugana nawe ibyo banditse muri Fax yagiye New York ku wa 11 Mutarama 1994.

-2665.jpg

Jacques Rogers Booh-Booh

Ikitanditsemo n’ amazina y’ababyeyi be, wenda byatuma ahakana ko uwavuzwe atari we. Cyakora uwanditsemo ni uwigeze kuba Minisitiri w’intebe, kandi ntawe bahuje amazina wageze muri urwo rwego.

Nyuma y’iyo raporo, ntaho Twagiramungu ahakana ko atari we watanze amakuru. Igihe cyonyine yatangiye guhuzagurika ni mu gihe yatangaga ubuhamya bushinjura abajenosideri muri ICTR.

Aho MINUAR yabonaga amakuru ho hari henshi nkuko twigeze kubyandika ko imiryango irimo CLADHO na CCOAIB batanze amakuru nabo atabaza.

Booh-Booh avugana n’abo banyafurika bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, hari hashize iminsi itatu (14 Mutarama) inzego z’ubutasi bwa gisirikare z’u Bubiligi zigaragaje ko zifite impungenge zikomeye.

Izo nzego z’ubutasi zari zifite amakuru ya gihamya ko abasirikare ba leta ya Habyarimana bashobora kuzibasira abasirikare baje gucunga amahoro mu Rwanda, ngo ariko cyane cyane Ababiligi.

Izo nzego zari zinafite n’amakuru ku mikoranire ya hafi y’abasirikare abajandarume n’Interahamwe. Ibi byo ariko ntibyari binakeneye ubutasi buhambaye kuko ari KANGURA na RTLM bibasiraga Ababiligi ku buryo butihishira, ubona ko hari ababoshya.

Impungenge z’ababiligi zabaye impamo ku itariki ya 7 Mata 1994.Ubwo hicwaga abasirikare babo cumi n’umwe.

Ibyo kuba hari umugambi wa jenoside y’Abatutsi, byari byaranavuzwe muri raporo y’umuryango nyarwanda urengera uburenganzira bwa muntu uzwi ku izina ARDHO. Raporo yo ku itariki 1 Ukuboza 1993.

ARDHO batangaje ko bakurikije ubwicanyi bwari bumaze iminsi bwibasira abatutsi, bakanashingira kubyo abicanyi bivugiraga ubwabo, bemeje ko hari umugambi wo gutsemba Abatutsi.

ARDHO yakoresheje ijambo “extermination” y’abatutsi bitwaga ko ari ibyitso by’Inkotanyi.

Ese ni ARDHO n’Ababiligi gusa bari bazi ayo makuru? Ese ibimenyetso by’umugambi wa jenoside ni imyitozo ya gisirikare gusa, cyangwa hari ibindi? Twagiramungu arahakana ibyavuzwe bikanaba kubera amazinda y’iza bukuru cyangwa ni n’ingengabitekerezo imurimo? Ibi byose bizagira umwanya wabyo uhagije wo kubivuga.

Kugira ngo umenye Imvo n’imvano ya jenoside yabereye mu Rwanda, kurikira Umuhamya w’Amateka (Témoin de l’histoire) ku kuri blog: http://umuvugizi.wordpress.com/

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Jul 2016
Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma

Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 14 Apr 2016
Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Ubwanditsi 12 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.
Mu Rwanda

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana
HIRYA NO HINO

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru