• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Na : Tom Ndahiro

Dukomeje kwibuka no kwibukiranya ngo amateka yacu atazaducika tukajya tuyabwirwa n’abatarayabayemo.

Muri Mutarama 1994, ingabo z’Umuryango w’Abibumbye MINUAR zari zimaze kumva ko zitaje ahantu horoshye. Interahamwe n’impuzamugambi bari bamaze kubereka gahunda yabo.

Ku itariki ya 17 Mutarama 1994, Umuyobozi wa MINUAR, Jacques Rogers Booh-Booh yahuye n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda cyakora bakomoka ku mugabane wa Afrika.

Yari yahuye nabo ababwira uko bimeze ariko cyane cyane ibyo bari bamaze kwibonera mu myiteguro y’ibitero bari barabwiwe ko bigamije gutsemba Abatutsi.

Booh-Booh nawe wari umudiplomate ukomoka mu gihugu cya Cameroun, yababwiye ko bafite gihamya ko hari imyitozo ya gisirikare yahabwaga abasivili benshi (Interahamwe n’impuzamugambi) kandi ko hatangwaga imbunda nyinshi kandi ziri mu byiciro binyuranye.

Ibijyanye no kuba hari intwaro zihishe ahantu hatandukanye kandi hatari mu buyobozi busanzwe bwa gisirikare, bari bamaze kubyibonera batagishidikanya.

Umwe mu bahaga MINUAR amakuru kenshi harimo na Twagiramungu Faustin ubu uhakana ko na TURATSINZE yagejeje kuri Gen. Romeo Dallaire atamuzi.

Uko guhakana, kwa TWAGIRAMUNGU biri mu kinyamakuru the Digital Journal cyo kuwa 15 Mutarama 2014 mu kiganiro yagiranye n’umunyamakurukazi Judi Rever.

-97.png

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma

Ibyo avuga nyuma y’imyaka 20, ubona atari ugusaza cyangwa politiki yo gushaka kwiyegereza FDLR gusa ahubwo harimo no kwirengagiza bikabije.

Muri raporo ya Loni y’itsinda riyobowe na Ingvar Carlsson, yasohotse mu mpera z’umwaka w’1999, havuzwe mu buryo bweruye ko uwahaye amakuru Dallaire ari Twagiramungu Faustin.

Ayo mazina ye yombi yanditse muri iyo raporo yagaragazaga uruhare rwa Loni mu gutererana abanyarwanda. Twagiramungu anahakana ko abayobozi ba MINUAR babonanye na Habyarimana bakavugana nawe ibyo banditse muri Fax yagiye New York ku wa 11 Mutarama 1994.

-2665.jpg

Jacques Rogers Booh-Booh

Ikitanditsemo n’ amazina y’ababyeyi be, wenda byatuma ahakana ko uwavuzwe atari we. Cyakora uwanditsemo ni uwigeze kuba Minisitiri w’intebe, kandi ntawe bahuje amazina wageze muri urwo rwego.

Nyuma y’iyo raporo, ntaho Twagiramungu ahakana ko atari we watanze amakuru. Igihe cyonyine yatangiye guhuzagurika ni mu gihe yatangaga ubuhamya bushinjura abajenosideri muri ICTR.

Aho MINUAR yabonaga amakuru ho hari henshi nkuko twigeze kubyandika ko imiryango irimo CLADHO na CCOAIB batanze amakuru nabo atabaza.

Booh-Booh avugana n’abo banyafurika bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, hari hashize iminsi itatu (14 Mutarama) inzego z’ubutasi bwa gisirikare z’u Bubiligi zigaragaje ko zifite impungenge zikomeye.

Izo nzego z’ubutasi zari zifite amakuru ya gihamya ko abasirikare ba leta ya Habyarimana bashobora kuzibasira abasirikare baje gucunga amahoro mu Rwanda, ngo ariko cyane cyane Ababiligi.

Izo nzego zari zinafite n’amakuru ku mikoranire ya hafi y’abasirikare abajandarume n’Interahamwe. Ibi byo ariko ntibyari binakeneye ubutasi buhambaye kuko ari KANGURA na RTLM bibasiraga Ababiligi ku buryo butihishira, ubona ko hari ababoshya.

Impungenge z’ababiligi zabaye impamo ku itariki ya 7 Mata 1994.Ubwo hicwaga abasirikare babo cumi n’umwe.

Ibyo kuba hari umugambi wa jenoside y’Abatutsi, byari byaranavuzwe muri raporo y’umuryango nyarwanda urengera uburenganzira bwa muntu uzwi ku izina ARDHO. Raporo yo ku itariki 1 Ukuboza 1993.

ARDHO batangaje ko bakurikije ubwicanyi bwari bumaze iminsi bwibasira abatutsi, bakanashingira kubyo abicanyi bivugiraga ubwabo, bemeje ko hari umugambi wo gutsemba Abatutsi.

ARDHO yakoresheje ijambo “extermination” y’abatutsi bitwaga ko ari ibyitso by’Inkotanyi.

Ese ni ARDHO n’Ababiligi gusa bari bazi ayo makuru? Ese ibimenyetso by’umugambi wa jenoside ni imyitozo ya gisirikare gusa, cyangwa hari ibindi? Twagiramungu arahakana ibyavuzwe bikanaba kubera amazinda y’iza bukuru cyangwa ni n’ingengabitekerezo imurimo? Ibi byose bizagira umwanya wabyo uhagije wo kubivuga.

Kugira ngo umenye Imvo n’imvano ya jenoside yabereye mu Rwanda, kurikira Umuhamya w’Amateka (Témoin de l’histoire) ku kuri blog: http://umuvugizi.wordpress.com/

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema

Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema

Ubwanditsi 04 Feb 2016
Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika

Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ubwanditsi 04 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe atarimo Amavubi yamenye uko azahura muri CHAN ya 2025 izakinwa muri Kanama
Amakuru

Amakipe atarimo Amavubi yamenye uko azahura muri CHAN ya 2025 izakinwa muri Kanama

Ubwanditsi 16 Jan 2025
Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka
Mu Rwanda

Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi
POLITIKI

Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi

Ubwanditsi 06 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru