• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo

Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo

Ubwanditsi 15 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yahaye urubyiruko kuri uyu wa Gatatu muri Intare Conference Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Hari mu biganiro byiswe ‘MeetThePresident’ aho urubyiruko rurenga ibihumbi bitatu rwo mu Rwanda no mu mahanga rwahuriye hamwe kugira ngo ruganire na Perezida Kagame.

Mu mpanuro Umukuru w’Igihugu yahaye urubyiruko, yakomoje ku myitwarire ikwiye kururanga aho yarusabye kutarangamira imico y’ahandi ahubwo rugatsimbarara ku ndangagaciro nyarwanda.

Yatanze urugero ku nka, avuga ko n’iyo iri kurisha itarya ibyatsi byose ahubwo itoranya ibyiza, ibindi ikabica hejuru.

Ati “Burya n’iyo inka irisha, ntabwo irya buri cyatsi cyose, iratoranya. Uko igenda irisha, irisha ubwoko bumwe, ibifite amahwa irabyirinda. Ntabwo igenda iyabira buri kimwe cyose cy’icyatsi, iratoranya. Abato, mukeneye guhitamo ikibubaka ubwanyu, ndetse n’ikibafasha kubaka umuryango, ntabwo mufata buri kimwe cyose.”

Perezida Kagame yikije cyane ku bihugu by’amahanga bidahwema guha amabwiriza ibyo muri Afurika, avuga ko ku Rwanda ari ibintu bidashoboka kuko rudateze gukora byo gushimisha abandi ahubwo ruhora rukurikiye amahitamo yarwo.

Ati “Ntekereza ko bamwe muri aba bantu nta burenganzira na buke bafite bwo gucisha bugufi abantu kuko niba dushaka kubaka u Rwanda dushaka, twumva ko ari rwiza kuri twe, uwo ni inde uza kubwira abantu ati ibi nibyo mukwiye kuba mufite, ibi ni byo byiza kuri mwe, ibi ntabwo ari byo bikwiye kuri mwe.”

Yakomeje agira ati “Ndahindukira nkavuga nti urashaka ko nkubwira ibitari byiza kuri wowe? Ikindi kimwe nzabwira umuntu nk’uwo kitari cyiza kuri bo, ni ukuza ukambwira ibitari byiza kuri njye.”

Perezida Kagame yakomeje abwira urubyiruko ko mu gihe rudashyize mu mitekerereze yarwo kumva ko nta muntu ukwiye kurutekerereza ikiri icyiza, ntacyo ibiganiro rwagize uyu munsi byaba bimaze.

Ati “Niba tudashyize mu ntekerezo zacu ko ibi bintu byose dushaka kugeraho, turi gukora, dushaka gukora, ari byiza kuri twe, ntabwo turi gukora ibi kuko dushaka gushimisha uwo ariwe wese kandi dufite ubwo burenganzira , niba tutabikoze ibyo twaganiriye hano bizata agaciro, bizaba imfabusa.”

Aha niho yahereye avuga ko hari byinshi u Rwanda rukwiye gukora kandi rurangamiye, ariko ko rudashobora gukora ibigendanye n’ugushaka kw’abandi.

Ati “Turacyari kure y’aho twifuza, ariko ntidushaka kuba aho abandi bifuza ko tuba.”

Perezida Kagame kandi yanenze ibiherutse gutangazwa n’Ikinyamakuru Financial Times, ko u Rwanda ruhimba imibare y’abakene, avuga ko atari ukuri kandi ko byakozwe n’abantu bagamije kugaragaza ibitagenda bakirengagiza ukuri.

Ati “Nahamiriza uwo ariwe wese ko nta kintu na kimwe cyahimbwe kijyanye n’iterambere turi kugeraho. Niba hari umuntu uvuze ngo hari ibibazo tugifite byo gukemura, aho ni ukuri, hari ibibazo byinshi byo gukemura, tuzabirwanya tubikemure, nta gishya kirimo cy’u Rwanda rufite ibibazo kandi ko twese tuzakorera hamwe kugira ngo dukore ikinyuranyo.”

Ibi biganiro byahawe insanganyamatsiko yitwa ‘Igihango cy’Urungano’ byitabiriwe n’urubyiruko rurenga ibihumbi bitatu ruturutse mu bice bitandukanye by’igihugu ndetse no hanze yacyo rwakereye kuganira na Perezida Kagame.

2019-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024
Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025
Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Ubwanditsi 18 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!
Amakuru

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Ubwanditsi 19 May 2021
RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka
Mu Rwanda

Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Ubwanditsi 22 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru