• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo

Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo

Ubwanditsi 15 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yahaye urubyiruko kuri uyu wa Gatatu muri Intare Conference Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Hari mu biganiro byiswe ‘MeetThePresident’ aho urubyiruko rurenga ibihumbi bitatu rwo mu Rwanda no mu mahanga rwahuriye hamwe kugira ngo ruganire na Perezida Kagame.

Mu mpanuro Umukuru w’Igihugu yahaye urubyiruko, yakomoje ku myitwarire ikwiye kururanga aho yarusabye kutarangamira imico y’ahandi ahubwo rugatsimbarara ku ndangagaciro nyarwanda.

Yatanze urugero ku nka, avuga ko n’iyo iri kurisha itarya ibyatsi byose ahubwo itoranya ibyiza, ibindi ikabica hejuru.

Ati “Burya n’iyo inka irisha, ntabwo irya buri cyatsi cyose, iratoranya. Uko igenda irisha, irisha ubwoko bumwe, ibifite amahwa irabyirinda. Ntabwo igenda iyabira buri kimwe cyose cy’icyatsi, iratoranya. Abato, mukeneye guhitamo ikibubaka ubwanyu, ndetse n’ikibafasha kubaka umuryango, ntabwo mufata buri kimwe cyose.”

Perezida Kagame yikije cyane ku bihugu by’amahanga bidahwema guha amabwiriza ibyo muri Afurika, avuga ko ku Rwanda ari ibintu bidashoboka kuko rudateze gukora byo gushimisha abandi ahubwo ruhora rukurikiye amahitamo yarwo.

Ati “Ntekereza ko bamwe muri aba bantu nta burenganzira na buke bafite bwo gucisha bugufi abantu kuko niba dushaka kubaka u Rwanda dushaka, twumva ko ari rwiza kuri twe, uwo ni inde uza kubwira abantu ati ibi nibyo mukwiye kuba mufite, ibi ni byo byiza kuri mwe, ibi ntabwo ari byo bikwiye kuri mwe.”

Yakomeje agira ati “Ndahindukira nkavuga nti urashaka ko nkubwira ibitari byiza kuri wowe? Ikindi kimwe nzabwira umuntu nk’uwo kitari cyiza kuri bo, ni ukuza ukambwira ibitari byiza kuri njye.”

Perezida Kagame yakomeje abwira urubyiruko ko mu gihe rudashyize mu mitekerereze yarwo kumva ko nta muntu ukwiye kurutekerereza ikiri icyiza, ntacyo ibiganiro rwagize uyu munsi byaba bimaze.

Ati “Niba tudashyize mu ntekerezo zacu ko ibi bintu byose dushaka kugeraho, turi gukora, dushaka gukora, ari byiza kuri twe, ntabwo turi gukora ibi kuko dushaka gushimisha uwo ariwe wese kandi dufite ubwo burenganzira , niba tutabikoze ibyo twaganiriye hano bizata agaciro, bizaba imfabusa.”

Aha niho yahereye avuga ko hari byinshi u Rwanda rukwiye gukora kandi rurangamiye, ariko ko rudashobora gukora ibigendanye n’ugushaka kw’abandi.

Ati “Turacyari kure y’aho twifuza, ariko ntidushaka kuba aho abandi bifuza ko tuba.”

Perezida Kagame kandi yanenze ibiherutse gutangazwa n’Ikinyamakuru Financial Times, ko u Rwanda ruhimba imibare y’abakene, avuga ko atari ukuri kandi ko byakozwe n’abantu bagamije kugaragaza ibitagenda bakirengagiza ukuri.

Ati “Nahamiriza uwo ariwe wese ko nta kintu na kimwe cyahimbwe kijyanye n’iterambere turi kugeraho. Niba hari umuntu uvuze ngo hari ibibazo tugifite byo gukemura, aho ni ukuri, hari ibibazo byinshi byo gukemura, tuzabirwanya tubikemure, nta gishya kirimo cy’u Rwanda rufite ibibazo kandi ko twese tuzakorera hamwe kugira ngo dukore ikinyuranyo.”

Ibi biganiro byahawe insanganyamatsiko yitwa ‘Igihango cy’Urungano’ byitabiriwe n’urubyiruko rurenga ibihumbi bitatu ruturutse mu bice bitandukanye by’igihugu ndetse no hanze yacyo rwakereye kuganira na Perezida Kagame.

2019-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo

Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo

Ubwanditsi 28 Sep 2020
Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara

Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Ubwanditsi 12 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC
POLITIKI

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania
Amakuru

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Perezida Kagame yagize icyo avuga  ku gitutu u Rwanda rushyirwaho n’ibindi bihugu
POLITIKI

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku gitutu u Rwanda rushyirwaho n’ibindi bihugu

Ubwanditsi 25 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru