• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye buri wese kwiha agaciro no kugaha ubuzima bw’abandi, mu kwirinda ko igihugu cyagereranywa n’ingunguru irimo ubusa ukomanga ikirangira.

Umukuru w’Igihugu yitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya 11 rya Unity Club Intwararumuri, ryitabiriwe n’abayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu kugeza ku bayobozi b’Uturere na Sosiyete sivile.

Yasabye buri Munyarwanda wese kuba afite umusanzu atanga mu kubaka igihugu ku rwego rwe.

Ati “Ugomba gusobanura, Ndi Umunyarwanda, ndi umukobwa, dore icyo nzanira u Rwanda, dore icyo nzanira umuryango nyarwanda, niba ntacyo uri ntacyo.”

Yashimye ko abagize Unity Club Intwararumuri, buri wese yagize icyo atanga mu kubaka ubumwe bwasenywe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Icyo twazanye rero, iyo nsubije amaso inyuma, imyaka igiye kuba 25 nyuma y’ibi byose byagerageje kuzimya, kuzimangatanya kuba Umunyarwanda, twahereye aho, buri wese yagiye agira icyo azana …kugira ngo twongere twubake u Rwanda, ubunyarwanda, umuco, ni cyo kituranga kitarimo ubusa.”

Yahise atanga urugero rw’ingunguru irimo ubusa ukubitaho ikirangira, ati “U Rwanda ntabwo ari ingunguru nta nubwo rukwiriye kuba ingunguru ukomanga ikirangire kuko irimo ubusa. Hari ikirimo. Hari ikiturimo. Hari agaciro duha abantu hari n’indangagaciro zituranga”.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ‘aho kugira ingunguru irimo ubusa, hagiye huzuzwamo ibintu by’agaciro kandi ni urugendo, bisaba kubikorera’.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo gushyira mu gihugu bivuze agaciro gashyirwa mu bantu, ‘twiha, dushyira mu gihugu cyacu’.

Ati “Iyo nsubije amaso inyuma rero, nsanga aho kugira ingunguru irimo ubusa, twagiye tuyuzuzamo ibintu ku buryo uzakomanga atazagire icyo yumva.”

Amakimbirane mu bantu ntakwiye

Umukuru w’Igihugu yahamagariye abantu bose kubana mu mahoro no mu bwuzuzanye kuko nta mpamvu yo gukimbirana.

Yatanze urugero mu mibanire y’abagabo n’abagore, ati “Wowe umugabo ugiye guhitamo gukandamiza umugore, ntabwo ari wowe wahisemo kuba umugabo, ntabwo ari wowe wahisemo kuba umugore. Urahera he kujya kuvuga ngo uramubuza amahoro? Cyangwa wibuke ngo nawe ayambujije?”

Izindi ngero yatanze ni uko nta wahisemo kuba Umunyarwanda ku buryo uwo mu kindi gihugu byaba indandaro yo kutumvikana.

Perezida Kagame kandi yakomoje ku Banyarwanda bagiye baba mu mahanga, Tanzania, Uganda, Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko bahunguka bikagirwa ibibatanya, umwe yibona aho yaturutse.

Ati “Uwari warahungiye i Burundi aragarutse ahuye n’uwari warahungiye Uganda bahuriye hano, uwavuye Congo nawe araje bahuriye hano, uwavuye Tanzania nawe aratahutse, bahuriye iwabo! Barangiza umwe akaba Umugande, undi akaba Umurundi … nacyo kiba kibaye ubundi bwoko buri aho.”

Umukuru w’Igihugu yasabye ko Ndi Umunyarwanda igomba kurangiza ibyo bibazo byose birimo na Jenoside yabaye Umunyarwanda akica mugenzi we.

Yagaragaje ko “Ndi Umunyarwanda ari wo musingi w’abo turi bo nk’abantu n’icyo turi cyo nk’igihugu.”

Perezida Kagame yasabye buri wese kwiha agaciro no kugaha ubuzima bw’abandi

Abayobozi (uhereye iburyo) barimo Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse, Guverineri w’Amajyepfo CG Gasana Emmanuel, Musenyeri wa Diyosezi Gatorika ya Kabgayi Mbonyintege Smaragde na Harerimana Cyriaque wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Iterambere ry’Abaturage

Abayobozi bakuru b’igihugu bitabiriye ihuriro rya Unity Club Intwararumuri

2018-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya
Amakuru

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi
SHOWBIZ

Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?
Amakuru

Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ubwanditsi 03 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru