• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye buri wese kwiha agaciro no kugaha ubuzima bw’abandi, mu kwirinda ko igihugu cyagereranywa n’ingunguru irimo ubusa ukomanga ikirangira.

Umukuru w’Igihugu yitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya 11 rya Unity Club Intwararumuri, ryitabiriwe n’abayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu kugeza ku bayobozi b’Uturere na Sosiyete sivile.

Yasabye buri Munyarwanda wese kuba afite umusanzu atanga mu kubaka igihugu ku rwego rwe.

Ati “Ugomba gusobanura, Ndi Umunyarwanda, ndi umukobwa, dore icyo nzanira u Rwanda, dore icyo nzanira umuryango nyarwanda, niba ntacyo uri ntacyo.”

Yashimye ko abagize Unity Club Intwararumuri, buri wese yagize icyo atanga mu kubaka ubumwe bwasenywe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Icyo twazanye rero, iyo nsubije amaso inyuma, imyaka igiye kuba 25 nyuma y’ibi byose byagerageje kuzimya, kuzimangatanya kuba Umunyarwanda, twahereye aho, buri wese yagiye agira icyo azana …kugira ngo twongere twubake u Rwanda, ubunyarwanda, umuco, ni cyo kituranga kitarimo ubusa.”

Yahise atanga urugero rw’ingunguru irimo ubusa ukubitaho ikirangira, ati “U Rwanda ntabwo ari ingunguru nta nubwo rukwiriye kuba ingunguru ukomanga ikirangire kuko irimo ubusa. Hari ikirimo. Hari ikiturimo. Hari agaciro duha abantu hari n’indangagaciro zituranga”.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ‘aho kugira ingunguru irimo ubusa, hagiye huzuzwamo ibintu by’agaciro kandi ni urugendo, bisaba kubikorera’.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo gushyira mu gihugu bivuze agaciro gashyirwa mu bantu, ‘twiha, dushyira mu gihugu cyacu’.

Ati “Iyo nsubije amaso inyuma rero, nsanga aho kugira ingunguru irimo ubusa, twagiye tuyuzuzamo ibintu ku buryo uzakomanga atazagire icyo yumva.”

Amakimbirane mu bantu ntakwiye

Umukuru w’Igihugu yahamagariye abantu bose kubana mu mahoro no mu bwuzuzanye kuko nta mpamvu yo gukimbirana.

Yatanze urugero mu mibanire y’abagabo n’abagore, ati “Wowe umugabo ugiye guhitamo gukandamiza umugore, ntabwo ari wowe wahisemo kuba umugabo, ntabwo ari wowe wahisemo kuba umugore. Urahera he kujya kuvuga ngo uramubuza amahoro? Cyangwa wibuke ngo nawe ayambujije?”

Izindi ngero yatanze ni uko nta wahisemo kuba Umunyarwanda ku buryo uwo mu kindi gihugu byaba indandaro yo kutumvikana.

Perezida Kagame kandi yakomoje ku Banyarwanda bagiye baba mu mahanga, Tanzania, Uganda, Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko bahunguka bikagirwa ibibatanya, umwe yibona aho yaturutse.

Ati “Uwari warahungiye i Burundi aragarutse ahuye n’uwari warahungiye Uganda bahuriye hano, uwavuye Congo nawe araje bahuriye hano, uwavuye Tanzania nawe aratahutse, bahuriye iwabo! Barangiza umwe akaba Umugande, undi akaba Umurundi … nacyo kiba kibaye ubundi bwoko buri aho.”

Umukuru w’Igihugu yasabye ko Ndi Umunyarwanda igomba kurangiza ibyo bibazo byose birimo na Jenoside yabaye Umunyarwanda akica mugenzi we.

Yagaragaje ko “Ndi Umunyarwanda ari wo musingi w’abo turi bo nk’abantu n’icyo turi cyo nk’igihugu.”

Perezida Kagame yasabye buri wese kwiha agaciro no kugaha ubuzima bw’abandi

Abayobozi (uhereye iburyo) barimo Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse, Guverineri w’Amajyepfo CG Gasana Emmanuel, Musenyeri wa Diyosezi Gatorika ya Kabgayi Mbonyintege Smaragde na Harerimana Cyriaque wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Iterambere ry’Abaturage

Abayobozi bakuru b’igihugu bitabiriye ihuriro rya Unity Club Intwararumuri

2018-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahaye imbabazi  Kizito Mihigo na Ingabire Victoire

Perezida Kagame yahaye imbabazi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 27 May 2022
Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Ubwanditsi 21 May 2018
Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Ubwanditsi 29 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Me Bernard NTAGANDA  yaraye asohowe ikubagahu  n’aba Sécurité ba TOPSEC.
Mu Rwanda

Me Bernard NTAGANDA yaraye asohowe ikubagahu n’aba Sécurité ba TOPSEC.

Ubwanditsi 28 Feb 2017
APR.Fc  iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya
IMIKINO

APR.Fc iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya

Ubwanditsi 12 Mar 2016
Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda
POLITIKI

Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 18 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru