• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Ubwanditsi 19 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu mutwe w’iterabwoba wa RNC, gahunda yabo ni umwiryane uhoraho ushingiye ku matiku n’ivangura, aho amaherezo uyu mutwe w’iterabwoba uzasigara mu maboko y’umuryango wa Kayumba Nyamwasa dore ko arinabo bawubonamo inyungu ziturutse mu misanzu.

Byari bizwi kuva kera ariko biri mu magambo ko Jean Paul Turayishimye yirukanwe muri RNC, aho ariwe muntu wenyine rukumbi wari usigaye mu batangiranye nayo, dore ko abandi ari abateruzi b’ibindi Kayumba Nyamwasa ashakisha hirya no hino bakaba bazwi nk’ingwizamuronko.

Mu ibaruwa Rushyashya ifitiye copie yanditswe ku munsi w’ejo tariki ya 18 Kamena 2020, igashyirwaho umukono na Edouard Kabagema, ushinzwe Discipline, akanamenyesha Gervais Condo Umunyamabanga Mukuru, Dr Etienne Mutabazi na Richard Niwenshuti bakuriye RNC muri Amerika, iravuga ko Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu kubera impamvu zigenzi zikurikira:

  • Jean Paul Turayishimye ashinjwa kandi ahamwa no gutangaza ku maradiyo ye ko umutwe w’iterabwoba wa RNC ariwe uri inyuma y’ibura rya Ben Rutabana
  • Jean Paul Turayishimye yibukijwe na RNC/Kayumba Nyamwasa ko ariwe wenyine muri RNC uzi ibyizimira bya Ben Rutabana kuko ngo nta wundi muntu wo muri RNC ubizi.
  • Jean Paul Turayishimye yarezwe gusenya RNC no guca intege abayoboke buwo mutwe w’iterabwoba wa RNC

Ibaruwa ikomeza ivuga ko ishingiye ku mabaruwa yandikiwe Turayishimiye tariki ya 12 Werurwe 2020  na 4 Mata 2020 zigakurikirwa niya tariki ya 5 Gicurasi 2020 aho bamuhagarikaga by’agateganyo kubera ibyo bitaga imyitwarire mibi ariko mu byukuri Kayumba Nyamwasa akaba yararakajwe nuko Jean Paul Turayishimye yafunguye Radiyo ye kuri Internet agatangira ku muvamo dore ko byamugizeho n’ingaruka kuko abantu benshi bamucitseho.

Ku ikubitiro uwahoze akuriye umutwe w’iterabwoba wa RNC mu Bufaransa Benoit Umuhoza nawe yarirukanwe ubu bakaba bakorana na Jean Paul Turayishimye kuri Radio ye aho birirwa basenya akazu ka Kayumba Nyamwasa n’abambari be.

Mu ngingo kandi Kayumba Nyamwasa yashingiyeho atanga itegeko ko Jean Paul yerekwa umuryango bya burundu, ni icyemezo cy’urukiko rushinzwe ibibazo mbonezamubano muri Uganda cyo kuri 5 Werurwe 2020 cyanzuye ko Ben Rutabana adafitwe n’inzego z’umutekano za Uganda

Umutwe w’iterabwoba wa RNC kuri ubu ubarizwa mu kwaha kwa Kayumba Nyamwasa n’umuryango we kuko abashinze irihuriro ku ikubitiro bavuyemo kubera amatiku n’ubucabiranya buranga uyu mutwe, cyane cyane ko bose bihuje ari abanyabyaha bahunze igihugu kubera ibyaha binyuranye.

Mu minsi ya vuba aha, Kayumba Nyamwasa aherutse kohereza inkotsa ye, Jean Paul Turayishimye yita Nyiramaritete ariwe Charlotte Mukankusi, kubonana Na Theogene Rudasingwa amusaba kugaruka muri RNC amwemerera amafaranga n’imyanya ariko Rudasingwa aramutsembera. Buri wese aba ashaka icyo ayobora aho kuyoborwa.

2020-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

RUSHYASHYA 28 May 2026
Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza  zifite inzu zitazwi  zikorerwamo iyicarubozo  ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Ubwanditsi 30 Aug 2019
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cristiano Ronaldo yatwaye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2016
IMIKINO

Cristiano Ronaldo yatwaye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2016

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Urupfu rwa Radio rukomeje gutuma Jose Chameleone akubita agatoki ku kandi ese bihatse iki ?
SHOWBIZ

Urupfu rwa Radio rukomeje gutuma Jose Chameleone akubita agatoki ku kandi ese bihatse iki ?

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Myugariro w’umunyarwanda  Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus
Amakuru

Myugariro w’umunyarwanda Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus

Ubwanditsi 03 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru