• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kurwanya ruswa: Abashoferi barenga 8 bafashwe bagerageza gutanga ruswa

Kurwanya ruswa: Abashoferi barenga 8 bafashwe bagerageza gutanga ruswa

Ubwanditsi 03 Nov 2016 Mu Mahanga

Gukaza ubukangurambaga n’ibikorwa birwanya ruswa muri Polisi y’u Rwanda byatumye hafatwa abashoferi 8, bivugwa ko bageragezaga guha ruswa abapolisi ngo bareke kubacisha ibihano bijyanye n’amakosa yo mu muhanda bari bafite.

Abakekwa barimo Jean Bosco Ndabarinze w’imyaka 43, Safari Jean de Dieu w’imyaka 31 bafashwe ku italiki ya mbere Ugushyingo I Nyamirambo barimo gutanga ruswa y’amafaranga 150,000.

Umuvugizi wa Polisi ,ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kabanda atangaza ko, Ndabarinze na Safari barimo gukora ibizami by’impushya zo gutwara ibinyabiziga, batanze iriya ruswa nyuma yo gutsindwa bagirango amazina yabo asohoke ku rutonde rw’abatsinze.

CIP Kabanda yagize ati:” Bahise batabwa muri yombi bajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamirambo , ibyo batangaga byarafatiriwe ngo bizafashe mu iperereza.”

Yongeyeho ati:” Abandi 6 bakekwa , bakora akazi ko gutwara imodoka, bose bafashwe bagerageza gutanga ruswa ziri hagati y’amafaranga 2000 na 3000 nyuma yo gufatirwa mu makosa yo mu muhanda atandukanye.”

Barimo uwitwa Twagirayezu Karegeya, wahagaritse imodoka ye ahatemewe mu gasanteri k’ubucuruzi ka Gakenke,mu karere ka Gakenke.

Abandi 5 bose bafatiwe muri Kigali ni Nkeshimana Francois, watanze ruswa y’ibihumbi 12, Murerente watanze 5,000; Twagirimana Eric watanze 3,000, Tuyishimire Patrick watanze 5,000 na Mahoro Desire watanze 3,000.

CIP Kabanda yagize ati:” Turi ku mihanda kubw’umutekano w’abaturage ,si uguhabwa ruswa ngo dushyire ubuzima bwabo mu kaga; iyi ngeso imenyerewe mu bashoferi igomba guhagarara kandi biroroshye, bakurikize amategeko agenga umuhanda, bahe agaciro ubuzima bw’abandi kandi bace mu nzira zemewe bahabwe serivisi.”

Yongeyeho ati:”Kwica amategeko no kugerageza gutanga ruswa ngo wigendere udahanwe bigushyira mu bibazo kuko igihano kigenewe ikosa ryo mumuhanda ari amende mugihe utanze ruswa we igihano ahabwa ari gufungwa.”; aho yongeyeho ko bariya batandatu banahaniwe amakosa y’umuhanda bakoze.

-4574.jpg

Yarangije agira ati:” Polisi y’u Rwanda ntiyihanganira ruswa n’ibijyanye nayo kandi indangagaciro igenderaho zirayibuza. Nta mbabazi tuzagirira uwo ari we wese uzagura serivisi cyangwa uzagerageza kubona ibyo atemerewe .”

RNP

2016-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“He attacked me and my family. ” Rusagara

“He attacked me and my family. ” Rusagara

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Kigali : Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame arafungura ku mugaragaro inyubako z’akataraboneka CHIC Complex n’iya Kigali Heights

Kigali : Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame arafungura ku mugaragaro inyubako z’akataraboneka CHIC Complex n’iya Kigali Heights

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Abakozi bo mu bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano batangiye amahugurwa

Abakozi bo mu bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano batangiye amahugurwa

Ubwanditsi 05 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda
HIRYA NO HINO

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana
HIRYA NO HINO

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Volkswagen igiye gushora miliyoni 800$ mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi
IKORANABUHANGA

Volkswagen igiye gushora miliyoni 800$ mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi

Ubwanditsi 16 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru