• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bimwe mubyo wamenya kuri Nyaruhirira Désiré wagizwe Ambasaderi na perezida Paul Kagame

Bimwe mubyo wamenya kuri Nyaruhirira Désiré wagizwe Ambasaderi na perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 26 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Muri iki cyumweru tariki ya 25 Ukuboza 2018 (Noheli), Nyaruhirira Désiré yagizwe Ambasaderi na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, nkuko itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe ribyerekana.

Nyaruhirira Desire n’umudiplomate w’umunyamwuga kuko yakoreye ahanini mu Burundi, abanza kuba umujyanama wa Ambasade, Umujyanama wa Minisitiri ( minister counselor) aho yirukanwe adashakwa na Guverinoma y’u Burundi kubera umwuka mubi umaze igihe urangwa hagati y’igihugu byombi.

Uru rwego yashyizweho niho wabirebera bimeze nko kuzamurwa mu ntera kuko uva ku bu minister counselor uba Ambasaderi, Bimenyerewe ko iyo bashyizeho ambasaderi, umukuru w’igihugu avuga n’igihugu agiye kumuhagariramo.

Nyaruhirira Desire agizwe ambasaderi asanga bamwe mu bandi ba minister counselor nkawe bagiye guhagararira u Rwanda mu bihugu runaka, ingero: Karitanyi wari Minister Counselor agirwa Ambasaderi na mugenzi we Kabaruganda nawe wagizwe Ambasaderi uhagarariye Perezida wa Repubulika.

Uyu Nyaruhirira hari n’igihe igihugu cyaba gishaka ko ahabwa umwanya nko mu miryango mpuzamahanga runaka nka OIF cyangwa CEEAC , kuko avuga kandi akanandika igifaransa neza ururimi rukoreshwa niyo miryango. Nyaruhirira amaze kuva muri Ambasade i Burundi yabaye umujyanama wihariye wa Louise. Mushikiwabo akiyobora MINAFFET, nubu nibyo yaragishinzwe.

Ibi ntibyari bimenyerewe ariko umuntu yabibonamo uburyo bubiri:

Hashingiwe kuri sitati shya yihariye ya MINAFFET iherutse kwemezwa na guverinoma, bishobora gukorwa nko mu bindi bihigu, agasabirwa guhararira u Rwanda bidatangajwe bikazatangazwa ari uko icyo gihugu kimwemeye noneho nawe akabona kwemezwa na Senate.

Kuzamurwa mu ntera kubera uburambe amaze mu kazi muri dipolomasi. Ubu buryo bwa kabiri nibwo bukeka cyane ko bushoboka kuko ari ubwa mbere bikozwe muri ubwo buryo. Kuko habaho aba ambasaderi b’uburyo bubiri; uhagarariye Perezida mu gihugu runaka, uwo niwe ugenda mu modoka ifite ibendera ry’igihugu ahagariye agatura akanakorera muri icyo gihugu; uyu yitwa Ambassadeur plénipotentiel;

Uburyo bwa kabiri ni umudiplomate uzamurwa mu ntera avuye ku rwego runaka akagirwa Ambasaderi. Uyu ashobora kuba n’intumwa yihariye ya Perezida atumwa amabanga akomeye y’igihugu mu gihe Minisitiri w’ububanyi n’amahanga atabonetse. Bakunze kumwita Ambassadeur itinérant.

Mu gihe cyo kwiyamamaza kwa Mushikiwabo, aho yajyaga hose yabaga ari kumwe nawe,Ikinyamakuru Jeune Afrique cyatangaje ko Mushikiwabo yamaze guhitamo Désiré Nyaruhirira nk’umujyanama we wihariye ndetse Umuvugizi we akazaba Oria Kije Vande Weghe. Aba bombi bakaba baragendanye na Louise Mushikiwabo kugeza yatowe nk’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

bivuze ko yaba agiye gukorana na Mushikiwabo guhera muri kuno kwezi kwa mutarama 2019 ubwo azaba agiye kuyobora OIF kumugaragaro.

Umuntu ntiyabura kuvuga ko iyi ntera uyu mugabo yahawe ari icyizere yagiriwe. Ndetse akaba ahawe Noheli nziza (kubayemera) n’Umukuru w igihugu.

Nyaruhirira Désiré yashyizwe ku rwego rwa Ambasaderi

Nyaruhirira (uri inyuma ya Mushikiwabo) yamubaye hafi mu gihe cyo kwiyamamariza kuyobora OIF

Ku wa 7 Nzeri Nyaruhirira yari kumwe na Mushikiwabo i Tunis hitegurwa amatora ya OIF

Oria Kije (ubanza ibumoso) na Nyaruhirira (wa gatatu uhereye ibumoso) bari kumwe na Mushikiwabo muri Vietnam

Ku wa 20 Nzeri 2018 bajyanye i Paris guhura na Perezida wa BRED-Banque Populaire, Steve Gentili

Nyaruhirira yaherekeje Mushikiwabo ku wa 31 Nyakanga agiye guhura na Perezida wa Gabon Ali Bongo Ondimba

Nyaruhirira yari kumwe na Mushikiwabo ubwo ku wa 11 yahuraga na Perezida Alassane Ouattara i Abidjan

 

2018-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Hari Akagambane  Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Hari Akagambane Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Ubwanditsi 16 Aug 2023
Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Ubwanditsi 24 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Apotre Gitwaza yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere ‘Mana kiza bene wacu’ arimo Kanyombya
IMIKINO

Apotre Gitwaza yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere ‘Mana kiza bene wacu’ arimo Kanyombya

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko
POLITIKI

Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC
Mu Rwanda

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ubwanditsi 21 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru