• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bimwe mubyo wamenya kuri Nyaruhirira Désiré wagizwe Ambasaderi na perezida Paul Kagame

Bimwe mubyo wamenya kuri Nyaruhirira Désiré wagizwe Ambasaderi na perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 26 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Muri iki cyumweru tariki ya 25 Ukuboza 2018 (Noheli), Nyaruhirira Désiré yagizwe Ambasaderi na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, nkuko itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe ribyerekana.

Nyaruhirira Desire n’umudiplomate w’umunyamwuga kuko yakoreye ahanini mu Burundi, abanza kuba umujyanama wa Ambasade, Umujyanama wa Minisitiri ( minister counselor) aho yirukanwe adashakwa na Guverinoma y’u Burundi kubera umwuka mubi umaze igihe urangwa hagati y’igihugu byombi.

Uru rwego yashyizweho niho wabirebera bimeze nko kuzamurwa mu ntera kuko uva ku bu minister counselor uba Ambasaderi, Bimenyerewe ko iyo bashyizeho ambasaderi, umukuru w’igihugu avuga n’igihugu agiye kumuhagariramo.

Nyaruhirira Desire agizwe ambasaderi asanga bamwe mu bandi ba minister counselor nkawe bagiye guhagararira u Rwanda mu bihugu runaka, ingero: Karitanyi wari Minister Counselor agirwa Ambasaderi na mugenzi we Kabaruganda nawe wagizwe Ambasaderi uhagarariye Perezida wa Repubulika.

Uyu Nyaruhirira hari n’igihe igihugu cyaba gishaka ko ahabwa umwanya nko mu miryango mpuzamahanga runaka nka OIF cyangwa CEEAC , kuko avuga kandi akanandika igifaransa neza ururimi rukoreshwa niyo miryango. Nyaruhirira amaze kuva muri Ambasade i Burundi yabaye umujyanama wihariye wa Louise. Mushikiwabo akiyobora MINAFFET, nubu nibyo yaragishinzwe.

Ibi ntibyari bimenyerewe ariko umuntu yabibonamo uburyo bubiri:

Hashingiwe kuri sitati shya yihariye ya MINAFFET iherutse kwemezwa na guverinoma, bishobora gukorwa nko mu bindi bihigu, agasabirwa guhararira u Rwanda bidatangajwe bikazatangazwa ari uko icyo gihugu kimwemeye noneho nawe akabona kwemezwa na Senate.

Kuzamurwa mu ntera kubera uburambe amaze mu kazi muri dipolomasi. Ubu buryo bwa kabiri nibwo bukeka cyane ko bushoboka kuko ari ubwa mbere bikozwe muri ubwo buryo. Kuko habaho aba ambasaderi b’uburyo bubiri; uhagarariye Perezida mu gihugu runaka, uwo niwe ugenda mu modoka ifite ibendera ry’igihugu ahagariye agatura akanakorera muri icyo gihugu; uyu yitwa Ambassadeur plénipotentiel;

Uburyo bwa kabiri ni umudiplomate uzamurwa mu ntera avuye ku rwego runaka akagirwa Ambasaderi. Uyu ashobora kuba n’intumwa yihariye ya Perezida atumwa amabanga akomeye y’igihugu mu gihe Minisitiri w’ububanyi n’amahanga atabonetse. Bakunze kumwita Ambassadeur itinérant.

Mu gihe cyo kwiyamamaza kwa Mushikiwabo, aho yajyaga hose yabaga ari kumwe nawe,Ikinyamakuru Jeune Afrique cyatangaje ko Mushikiwabo yamaze guhitamo Désiré Nyaruhirira nk’umujyanama we wihariye ndetse Umuvugizi we akazaba Oria Kije Vande Weghe. Aba bombi bakaba baragendanye na Louise Mushikiwabo kugeza yatowe nk’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

bivuze ko yaba agiye gukorana na Mushikiwabo guhera muri kuno kwezi kwa mutarama 2019 ubwo azaba agiye kuyobora OIF kumugaragaro.

Umuntu ntiyabura kuvuga ko iyi ntera uyu mugabo yahawe ari icyizere yagiriwe. Ndetse akaba ahawe Noheli nziza (kubayemera) n’Umukuru w igihugu.

Nyaruhirira Désiré yashyizwe ku rwego rwa Ambasaderi

Nyaruhirira (uri inyuma ya Mushikiwabo) yamubaye hafi mu gihe cyo kwiyamamariza kuyobora OIF

Ku wa 7 Nzeri Nyaruhirira yari kumwe na Mushikiwabo i Tunis hitegurwa amatora ya OIF

Oria Kije (ubanza ibumoso) na Nyaruhirira (wa gatatu uhereye ibumoso) bari kumwe na Mushikiwabo muri Vietnam

Ku wa 20 Nzeri 2018 bajyanye i Paris guhura na Perezida wa BRED-Banque Populaire, Steve Gentili

Nyaruhirira yaherekeje Mushikiwabo ku wa 31 Nyakanga agiye guhura na Perezida wa Gabon Ali Bongo Ondimba

Nyaruhirira yari kumwe na Mushikiwabo ubwo ku wa 11 yahuraga na Perezida Alassane Ouattara i Abidjan

 

2018-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ubwanditsi 25 Apr 2024
Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Ubwanditsi 07 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure
ITOHOZA

Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo
INKURU NYAMUKURU

Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo

Ubwanditsi 26 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru