• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ubwanditsi 25 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Leta ya Tshisekedi ikomeje gukoresha ruswa igura abayobozi batandukanye hirya no hino ku isi kugirango bangize isura y’u Rwanda no kurwanya gahunda z’igihugu zigamije iterambere.

Nyuma yuko umusenateri mu gihugu cy’Amerika Bob Menendez yumvikanye hirya no hino ashinja u Rwanda ibinyoma, we n’umugore we Polisi y’Amerika yabasanganye amafaranga asaga ibihumbi 500 by’amadorali cash, kandi adafite ubusobanuro bwaho yavuye. Byaje kugaragara ko ahabwa akayabo na Tshisekedi kugirango akomeze ashinje ibinyoma leta y’u Rwanda. Haje kugaragara n’amafoto agaragaza Senateri Menendez na Tshisekedi.

Muri iyi minsi hadutse umudepite w’umubiligi wabaye na Minisitiri Andre Flahaut uri kuvugira Leta ya Tshisekedi agatuka u Rwanda ariko vuba aha yarakabije ubwo yakoresheje imvugo nyandagazi ku masezerano hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza bwo kwakira abimukira bapfa ku bwinshi bahungira ku mugabane w’uburayi. Uwo mu depite w’umubiligi yagereranyije gahunda yo kuzana abimukira nko kuruka cyangwa igikorwa cya bunyamaswa

Tubibutse ko abimukira batagira ibyangombwa mu Bubiligi bafungirwa ahantu ariko mu Rwanda bazatura binjizwe mu buzima nk’abandi Banyarwanda ariko kubera ubugome na ruswa ya Tshisekedi Flahaut abyita ubunyamaswa. Ibi ni ugusuzugura igihugu cy’u Rwanda no kwiyumvamo ko u Rwanda rugomba gukora ibyo bashaka.

Abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bamaganye amagambo ya Flahaut bamwibutsa ahubwo ibikorwa by’ubunyamaswa igihugu cye cyakoreye u Rwanda mu bihe bitandukanye; muri ibyo harimo kwirukana umwamikazi Rozaliya Gicanda wari wagiye kwivuza mu Bubiligi akirukanwa ukwezi kumwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi itangira kandi Leta y’ababiligi yari izi neza umugambi wa Jenoside warimo gutegurwa

Flahaut kandi yibukijwe uburyo ingabo z’ababiligi zataye impunzi z’Abatutsi zisaga ibihumbi bitatu muri ETO ya Kicukiro bakajya kwicirwa I Nyanza ya Kicukiro, ariko bakajyana imbwa n’ipusi zabo.

Ibikorwa by’ubunyamaswa kandi ububiligi bwakoze ni ugushyira igitutu ku Kanama gashinzwe umutekano ku isi ka LONI ko kugabanya ingabo za MINUAR zikava ku bihumbi bitanu bakagera kuri 250.

Kuva Perezida Kagame yaha agaciro u Rwanda, bitandukanye na mbere aho u Bubiligi bwavugaga rikijyana nko mu gihe cy’ubukoloni, abayobozi batandukanye b’ababiligi bahisemo kurwitwaraho umwikomo noneho byahura na ruswa ya Tshisekedi bikaba ibindi bindi.

Uyu Flahaut ninawe wari ukuriye umugambi wo kwangisha Ambasaderi Karega Vincent arega abayobozi bo mu Bubiligi guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu; ni ubutumwa yari ahawe na Tshisekedi.

U Rwanda rwemeje ko nta wundi bazohereza mu gihe banze Ambasaderi Karega kuko ari igihugu cyanga agasuzuguro.

Yaba Senateri Menendez yaba Depite Flahaut ntawamagana akarengane gakorerwa abakongomani b’Abatutsi bicwa umunsi ku munsi cyangwa ngo bamagane ingangabitekerezo isakazwa n’abayobozi b’iki gihugu kuko ntawe uvugana indya mu kanwa.

Gusa bagomba kumenya ko ruswa ya Tshisekedi itakwitambika iterambere cyangwa gahunda z’u Rwanda kuko ziba zifite icyerekezo zinasobanutse.

2024-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?

Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?

Ubwanditsi 22 Feb 2021
Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’

Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’

RUSHYASHYA 15 Apr 2026
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Ubwanditsi 08 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250
POLITIKI

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4
Amakuru

Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Ubwanditsi 30 Sep 2021
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Ubwanditsi 06 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru