• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Ubwanditsi 24 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ese muri mwebwe ni bande bari muri MRND (abari interahamwe) basubiriza icyarimwe? bati “twese”

Eh ubwo  reka tuvugishe ukuri, ninde muntu wigeze ashyira hanze amabanga ya FPR nkanjye?

Ayo ni amagambo yavuzwe na Rudasingwa Theogene mu muhango bise uwo kunamira Mihigo Kizito wiyahuye ubwo yari muri gereza ya Polisi tariki ya 17 Gashyantare 2020. Bari bamubajije igihe azavugira amabanga yose ya FPR nuko yemeza ko ntawundi muntu wavuze amabanga menshi nkawe.

Uwo muhango wari witabiriwe nabo muri FDU Inkingi ndetse na Jambo asabl. Theogene Rudasingwa yaboneyeho umwanya wo kwamamaza ishyaka rye no gushaka kugaragaza ko yari akomeye muri FPR. Mu ijambo ryamaze iminota 41, wabonaga Rudasingwa yarambiye abo yabwiraga bemeje ko bose babaga muri MRND; yibagiwe umuhango barimo wo kunamira Kizito. Rudasingwa yababwiye ko u Rwanda ruri gutegura inama ya Commonwealth abibutsa ko bandikiye ibihugu byose uko ari 53 ngo bababwira uko u Rwanda rumeze.

Ubwo yari imbere y’interahamwe zibyiyemerera Rudasingwa yababwiye ko u Rwanda rushaka gusibangatanya amateka ko hari abize mu gifaransa mu Rwanda. Yashakaga gukwirakwiza ibinyoma bye gusa yibagirwa ko u Rwanda arirwo rwatanze Umunyamabanga Mukuru wa Froncophonie uyoboye muri iki gihe.

Mu magambo y’urukozasoni apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, Rudasingwa yagize ati “Ubu ni bakira abashyitsi ba Commonwealth bazajya kubereka turiya duhanga n’amagufwa bavuge ko ari ay’Abatutsi kandi harimo n’Abahutu ndetse n’Abatwa”

Gusa Rudasingwa yabaye nkuvuga amagambo batakiriye neza ubwo yababwizaga ukuri ko icyo bita “Opposition” kidahagaze neza ngo iheruka kumera neza RNC igishingwa. Rudasingwa yemeje ko atazi Kizito bikaba ariyo mpamvu yivugiye ibinyoma asanganwe aho kuvuga Kizito.

Muri iyo nama kandi Rudasingwa yabagiriye inama yo gusubira mu “birindiro” bakongera bakisuganya.

2020-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura

Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Ubwanditsi 28 Nov 2017
Mu mubano w’ u Rwanda n’u Bushinwa amateka yaraye yiyanditse

Mu mubano w’ u Rwanda n’u Bushinwa amateka yaraye yiyanditse

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Ubwanditsi 11 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)
IMIKINO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Leicester city ikomeje kwanikira abakeba mu nzira igana ku gikombe
IMIKINO

Leicester city ikomeje kwanikira abakeba mu nzira igana ku gikombe

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.
Amakuru

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru