• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ubwanditsi 20 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’imyaka ibiri n’igice, mu Nteko Ishinga Amategeko y’Ububiligi hashyizweho Komisiyo yagombaga gusuzuma amateka y’ubukoloni icyo gihugu cyakoze mu Rwanda, uBurundi na Kongo-Mbiligi (Repubulika Iharanira Demokarasi y’ubu), ubushyamirane bwaje kuvuka mu bagize iyo komisiyo, kugeza ubwo inaniwe gushyira ahagaragara imyanzuro yayo.

Kuri uyu wa mbere, tariki 19 Ukuboza 2022, nibwo icyegeranyo gikubiyemo imyanzuro 128 cyagombaga gushyikirizwa Inteko Ishinga Amategeko y’Ububiligi, birangira umuhango upfubye kubera kutumvikana kuri iyo myanzuro. Umwe mu myanzuro yatumye abari bagize komisiyo babirwaniramo, ni uwategekaga Ububiligi gusaba imbabazi u Rwanda, uBurundi na Kongo, kubera ibibazo ubukoloni bwabo bwateye ibyo bihugu. 

Umwe mu bari bagize iyo komisiyo, ni Umunyarwandakazi Laure UWASE Nkundakozera, usanzwe muri rya shyirahamwe Jambo Asbl, rigizwe n’abakomoka ku bajenosideri. Ni mwene Anastase Nkundakozera, umujenosideri wabihamijwe n’inkiko, na Béatrice Mukarugomwa wirirwa akorongera kuri radio Ikondera-Libre, RTLM nshya.

 Bikimenyekana ko  uyu muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi ari muri komisiyo ishinzwe gushyira ukuri ahagaragara, abasesenguzi bahise bavuga ko ntacyo izageraho, kuko igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka. 

Amakuru yizwe dukesha abakurikiraniye hafi imikorere y’iyi komisiyo, avuga ko Uwase Nkudakozera yahaboneye umwanya wo kwerekana ko nta Jenoside yakorewe Abatutsi yigeze iba, ndetse akora uko ashoboye benshi mu batangabuhamya baganiriye n’iyi komisiyo baba abo basangiye  ingengabitekerezo ya Jenoside.

Iyo Komisiyo kandi yari ihuriwemo n’abakomoka mu mashyaka atavuga rumwe no mu moko ahora ashyamiranye, Aba “Wallons” n’ “Aba Flamands”, buri ruhande rukaba rwararanzwe no  gukurura rwishyira, cyane cyane ku ngingo zerekana amakosa yakozwe n’ishyaka cyangwa ubwoko runaka  mu gihe cy’ubukoloni.

 By’umwihariko WOUTER De  Vriendt, Umu Flamand wari uyoboye iyi komisiyo, akaba yarashinjwe na bagenzi be gutsimbarara ku bitekerezo bye, aho guha agaciro ibyagaragajwe n’abashakashatsi batabogamye.

Uretse Jenoside yakorewe Abatutsi, ifite imizi mu macakubiri yabibwe n’abakoloni, n’ubu ibibazo byatewe n’ubukoloni biracyakurikirana u Rwanda n’aka karere muri rusange.

Urugero ni intambara iyogoza Uburasirazuba bwa Kongo, nayo ifitanye isano n’amakosa y’Abakolini, bakase imipaka uko bashaka,  batitaye ku ngaruka bizateza mu bihe biri imbere.

Abakoloni b’Ababiligi kandi basahuye umutungo utagira ingano muri aka karere, ndetse n’ubu mu nzu ndangamurage zabo hakaba hakiri byinshi muri ibyo bisahurano.

Ubwo yasuraga Kongo muri Kamena uyu mwaka, Umwami w’Ababiligi Philippe, yatangaje ko” amakosa yakozwe n’abakoloni ababaje”, ariko yirinda kwerura ngo asabe imbabazi ku mugaragaro. Ibi biragaragaza ko gusaba imbabazi abirabura bikigoye abo mu Burengerazuba bw’isi, kubera agasuzuguro n’imyumvire ya gikoloni  yanze kubavamo.

2022-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Ubwanditsi 23 Dec 2022
Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Ubwanditsi 24 May 2018
Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Ubwanditsi 13 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi
INKURU NYAMUKURU

Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Ubwanditsi 27 Feb 2020
Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza
IMIKINO

Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Ubwanditsi 20 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru