• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ubwanditsi 20 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’imyaka ibiri n’igice, mu Nteko Ishinga Amategeko y’Ububiligi hashyizweho Komisiyo yagombaga gusuzuma amateka y’ubukoloni icyo gihugu cyakoze mu Rwanda, uBurundi na Kongo-Mbiligi (Repubulika Iharanira Demokarasi y’ubu), ubushyamirane bwaje kuvuka mu bagize iyo komisiyo, kugeza ubwo inaniwe gushyira ahagaragara imyanzuro yayo.

Kuri uyu wa mbere, tariki 19 Ukuboza 2022, nibwo icyegeranyo gikubiyemo imyanzuro 128 cyagombaga gushyikirizwa Inteko Ishinga Amategeko y’Ububiligi, birangira umuhango upfubye kubera kutumvikana kuri iyo myanzuro. Umwe mu myanzuro yatumye abari bagize komisiyo babirwaniramo, ni uwategekaga Ububiligi gusaba imbabazi u Rwanda, uBurundi na Kongo, kubera ibibazo ubukoloni bwabo bwateye ibyo bihugu. 

Umwe mu bari bagize iyo komisiyo, ni Umunyarwandakazi Laure UWASE Nkundakozera, usanzwe muri rya shyirahamwe Jambo Asbl, rigizwe n’abakomoka ku bajenosideri. Ni mwene Anastase Nkundakozera, umujenosideri wabihamijwe n’inkiko, na Béatrice Mukarugomwa wirirwa akorongera kuri radio Ikondera-Libre, RTLM nshya.

 Bikimenyekana ko  uyu muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi ari muri komisiyo ishinzwe gushyira ukuri ahagaragara, abasesenguzi bahise bavuga ko ntacyo izageraho, kuko igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka. 

Amakuru yizwe dukesha abakurikiraniye hafi imikorere y’iyi komisiyo, avuga ko Uwase Nkudakozera yahaboneye umwanya wo kwerekana ko nta Jenoside yakorewe Abatutsi yigeze iba, ndetse akora uko ashoboye benshi mu batangabuhamya baganiriye n’iyi komisiyo baba abo basangiye  ingengabitekerezo ya Jenoside.

Iyo Komisiyo kandi yari ihuriwemo n’abakomoka mu mashyaka atavuga rumwe no mu moko ahora ashyamiranye, Aba “Wallons” n’ “Aba Flamands”, buri ruhande rukaba rwararanzwe no  gukurura rwishyira, cyane cyane ku ngingo zerekana amakosa yakozwe n’ishyaka cyangwa ubwoko runaka  mu gihe cy’ubukoloni.

 By’umwihariko WOUTER De  Vriendt, Umu Flamand wari uyoboye iyi komisiyo, akaba yarashinjwe na bagenzi be gutsimbarara ku bitekerezo bye, aho guha agaciro ibyagaragajwe n’abashakashatsi batabogamye.

Uretse Jenoside yakorewe Abatutsi, ifite imizi mu macakubiri yabibwe n’abakoloni, n’ubu ibibazo byatewe n’ubukoloni biracyakurikirana u Rwanda n’aka karere muri rusange.

Urugero ni intambara iyogoza Uburasirazuba bwa Kongo, nayo ifitanye isano n’amakosa y’Abakolini, bakase imipaka uko bashaka,  batitaye ku ngaruka bizateza mu bihe biri imbere.

Abakoloni b’Ababiligi kandi basahuye umutungo utagira ingano muri aka karere, ndetse n’ubu mu nzu ndangamurage zabo hakaba hakiri byinshi muri ibyo bisahurano.

Ubwo yasuraga Kongo muri Kamena uyu mwaka, Umwami w’Ababiligi Philippe, yatangaje ko” amakosa yakozwe n’abakoloni ababaje”, ariko yirinda kwerura ngo asabe imbabazi ku mugaragaro. Ibi biragaragaza ko gusaba imbabazi abirabura bikigoye abo mu Burengerazuba bw’isi, kubera agasuzuguro n’imyumvire ya gikoloni  yanze kubavamo.

2022-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Ubwanditsi 05 Jan 2022
Intambara y’amagambo hagati ya Museveni na Kadaga bapfa amafaranga y’umurengera yiswe ko ari ayo kurwanya COVID19

Intambara y’amagambo hagati ya Museveni na Kadaga bapfa amafaranga y’umurengera yiswe ko ari ayo kurwanya COVID19

Ubwanditsi 01 May 2020
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Ubwanditsi 25 Oct 2021
Umutekano ni inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye-Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba

Umutekano ni inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye-Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba

Ubwanditsi 29 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2
Amakuru

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020
INKURU NYAMUKURU

Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020

Ubwanditsi 07 Mar 2020
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya
INKURU NYAMUKURU

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Ubwanditsi 11 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru