• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Ubwanditsi 30 Mar 2019 UBUKERARUGENDO

Sosiyete itwara abantu n’ibintu mu ndege, Brussels Airlines, yamuritse imiterere y’intebe nshya yashyize mu ndege zayo zikora ingendo ku Isi yose mu kurushaho kunoza serivisi iha abagenzi.

Ni ivugurura rizatuma abagenda mu ndege za Brussels Airlines barushaho kuryoherwa na serivisi zitangirwamo zirimo ibyicaro byiza, umuziki ucurangwa, ububiko bwizewe, ibyo kunywa no kurya ndetse n’umutekano uzira amakemwa.

Brussels Airlines yamuritse imiterere mishya y’imbere mu ndege zayo mu muhango wabereye muri Kigali Convention Center ku wa 27 Werurwe 2019.

Serivisi nshya zizatangirwa mu kirere zagereranyijwe n’izo wasanga muri Hôtel-boutique yita ku banyacyubahiro, abayobozi bakuru muri guverinoma, ba mukerarugendo n’abandi.

Ubusanzwe Hôtel-boutique zatangiye kubakwa ahagana mu 1980 mu mijyi ikomeye irimo Paris, Londres, New York na San Francisco. Ni hoteli usanga ifite ibyumba biri hagati ya 10 na 100, kandi iri ahantu hatuje cyane.

Umwongereza Richard Ingress witabiriye iki gikorwa yavuze ko kuba Brussels Airlines yaguye serivisi ari iby’agaciro.

Yagize ati “Ni byiza kubona bagura imikorere yabo, nizeye ko nanjye bizangirira akamaro cyane ku buryo nzajya mbona uko njya mu Bwongereza byoroshye. Bagize neza kuko mu rugendo rurerure umuntu aba akeneye guhitamo filime areba n’umuziki umuryoheye.’’

Umuyobozi w’ikigo gitanga serivisi z’ingendo, International Travel Agency (ITA) Rwanda, Nadia Keza, yavuze ko serivisi nshya zizafasha mu kumvisha abagenzi gukoresha indege za Brussels Airlines mu ngendo zabo.

Yagize ati “Ni byiza kuba Brussels Airlines ihinduye intebe zayo mu ndege ngo abantu bisanzure, bamererwe neza mu ngendo zabo. Kuri twe biradushimishije kuko tugurisha amatike y’indege kandi tuba twifuza ko abakiliya bamererwa neza. Iyo indege ibidufashijemo igahindura imiterere yayo biradufasha kuko aba ari byiza.’’

Impinduka mu ndege za Brussels Airlines zizanagera ku kunoza serivisi kuva mu myanya y’icyubahiro ‘Business Class’, iyo mu rwego rwa ‘Premium Economy’ no mu isanzwe ya ‘Economy Class’.

Keza yakomeje ati “Wasangaga batabyishimiye kuko abagenzi bicaranaga kandi bishyuye amafaranga arutana. Ubu byaratandukanyijwe. Ubu bafite ahantu habo n’umuntu ubitaho buri kanya.’’

Brussels Airlines yanasangije serivisi zayo nshya abarenga 1800 barimo abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, ibya Leta n’abandi bafite aho bahuriye n’ubucuruzi ku mugabane bitabiriye Inama Nyafurika y’abayobozi b’ibigo bikomeye (Africa CEO Forum) yasojwe ku wa 26 Werurwe 2019.

Umuyobozi wa Brussels Airlines mu Rwanda, Coline Everard, yabwiye IGIHE ko bafite intego yo gufasha abagenzi bagenda mu ndege zayo kumererwa neza mu ngendo bakora.

Ati “Abagenzi bashyiriweho serivisi zizatuma bakora urugendo biyumva nk’abari mu ngo zabo. Brussels Airlines imuritse iyi miterere y’indege muri Afurika. Uyu ni umwanya twafashe wo gusangiza abakiliya bacu serivisi nshya tubafitiye.’’

Brussels Airlines yashoye miliyoni 10 z’amayero mu kuvugurura imiterere ya buri ndege zayo mu mushinga wagizwemo uruhare n’Ikigo cy’Ubugeni cya JPA Design.

Biteganyijwe ko indege ya mbere ifite imiterere mishya izakora urugendo muri Mata 2019.

Brussels Airlines iri mu maboko y’Ikigo cy’indege cy’Abadage cyitwa Lufthansa Group. Ikora ingendo esheshatu buri cyumweru ziva i Kigali.

Iyi kompanyi y’indege ya mbere mu Bubiligi ifite icyicaro kuri Brussels Airport, igana mu byerekezo 120 birimo u Burayi, Amerika ya Ruguru, Afurika na Aziya.

Kuva muri Gashyantare 2017, Brussels Airlines na Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere, RwandAir, bifitanye amasezerano y’ubufatanye akubiyemo imikoranire mu by’ubucuruzi no gukemura ibibazo bya tekiniki.

Imiterere mishya yo mu myanya y’icyubahiro ‘Business Class’ mu ndege za Brussels Airlines

2019-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakiliya ibihumbi 380 ba British Airways bibwe amakuru arebana n’amakarita ya banki

Abakiliya ibihumbi 380 ba British Airways bibwe amakuru arebana n’amakarita ya banki

Ubwanditsi 08 Sep 2018
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

Ubwanditsi 07 Jan 2019
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025
Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Ubwanditsi 01 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 4, Rayon Sports izabanza kwakira APR FC mu mikino ya shampiyona itegurwa na Rwanda Premier league
Amakuru

Nyuma y’imyaka 4, Rayon Sports izabanza kwakira APR FC mu mikino ya shampiyona itegurwa na Rwanda Premier league

Ubwanditsi 25 Jul 2024
Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI
INKURU NYAMUKURU

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Ubwanditsi 06 Jul 2019
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”
HIRYA NO HINO

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru