• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Ubwanditsi 30 Mar 2019 UBUKERARUGENDO

Sosiyete itwara abantu n’ibintu mu ndege, Brussels Airlines, yamuritse imiterere y’intebe nshya yashyize mu ndege zayo zikora ingendo ku Isi yose mu kurushaho kunoza serivisi iha abagenzi.

Ni ivugurura rizatuma abagenda mu ndege za Brussels Airlines barushaho kuryoherwa na serivisi zitangirwamo zirimo ibyicaro byiza, umuziki ucurangwa, ububiko bwizewe, ibyo kunywa no kurya ndetse n’umutekano uzira amakemwa.

Brussels Airlines yamuritse imiterere mishya y’imbere mu ndege zayo mu muhango wabereye muri Kigali Convention Center ku wa 27 Werurwe 2019.

Serivisi nshya zizatangirwa mu kirere zagereranyijwe n’izo wasanga muri Hôtel-boutique yita ku banyacyubahiro, abayobozi bakuru muri guverinoma, ba mukerarugendo n’abandi.

Ubusanzwe Hôtel-boutique zatangiye kubakwa ahagana mu 1980 mu mijyi ikomeye irimo Paris, Londres, New York na San Francisco. Ni hoteli usanga ifite ibyumba biri hagati ya 10 na 100, kandi iri ahantu hatuje cyane.

Umwongereza Richard Ingress witabiriye iki gikorwa yavuze ko kuba Brussels Airlines yaguye serivisi ari iby’agaciro.

Yagize ati “Ni byiza kubona bagura imikorere yabo, nizeye ko nanjye bizangirira akamaro cyane ku buryo nzajya mbona uko njya mu Bwongereza byoroshye. Bagize neza kuko mu rugendo rurerure umuntu aba akeneye guhitamo filime areba n’umuziki umuryoheye.’’

Umuyobozi w’ikigo gitanga serivisi z’ingendo, International Travel Agency (ITA) Rwanda, Nadia Keza, yavuze ko serivisi nshya zizafasha mu kumvisha abagenzi gukoresha indege za Brussels Airlines mu ngendo zabo.

Yagize ati “Ni byiza kuba Brussels Airlines ihinduye intebe zayo mu ndege ngo abantu bisanzure, bamererwe neza mu ngendo zabo. Kuri twe biradushimishije kuko tugurisha amatike y’indege kandi tuba twifuza ko abakiliya bamererwa neza. Iyo indege ibidufashijemo igahindura imiterere yayo biradufasha kuko aba ari byiza.’’

Impinduka mu ndege za Brussels Airlines zizanagera ku kunoza serivisi kuva mu myanya y’icyubahiro ‘Business Class’, iyo mu rwego rwa ‘Premium Economy’ no mu isanzwe ya ‘Economy Class’.

Keza yakomeje ati “Wasangaga batabyishimiye kuko abagenzi bicaranaga kandi bishyuye amafaranga arutana. Ubu byaratandukanyijwe. Ubu bafite ahantu habo n’umuntu ubitaho buri kanya.’’

Brussels Airlines yanasangije serivisi zayo nshya abarenga 1800 barimo abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, ibya Leta n’abandi bafite aho bahuriye n’ubucuruzi ku mugabane bitabiriye Inama Nyafurika y’abayobozi b’ibigo bikomeye (Africa CEO Forum) yasojwe ku wa 26 Werurwe 2019.

Umuyobozi wa Brussels Airlines mu Rwanda, Coline Everard, yabwiye IGIHE ko bafite intego yo gufasha abagenzi bagenda mu ndege zayo kumererwa neza mu ngendo bakora.

Ati “Abagenzi bashyiriweho serivisi zizatuma bakora urugendo biyumva nk’abari mu ngo zabo. Brussels Airlines imuritse iyi miterere y’indege muri Afurika. Uyu ni umwanya twafashe wo gusangiza abakiliya bacu serivisi nshya tubafitiye.’’

Brussels Airlines yashoye miliyoni 10 z’amayero mu kuvugurura imiterere ya buri ndege zayo mu mushinga wagizwemo uruhare n’Ikigo cy’Ubugeni cya JPA Design.

Biteganyijwe ko indege ya mbere ifite imiterere mishya izakora urugendo muri Mata 2019.

Brussels Airlines iri mu maboko y’Ikigo cy’indege cy’Abadage cyitwa Lufthansa Group. Ikora ingendo esheshatu buri cyumweru ziva i Kigali.

Iyi kompanyi y’indege ya mbere mu Bubiligi ifite icyicaro kuri Brussels Airport, igana mu byerekezo 120 birimo u Burayi, Amerika ya Ruguru, Afurika na Aziya.

Kuva muri Gashyantare 2017, Brussels Airlines na Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere, RwandAir, bifitanye amasezerano y’ubufatanye akubiyemo imikoranire mu by’ubucuruzi no gukemura ibibazo bya tekiniki.

Imiterere mishya yo mu myanya y’icyubahiro ‘Business Class’ mu ndege za Brussels Airlines

2019-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Ubwanditsi 04 Sep 2023
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Uko byari byifashe mu ifatwa ry’amashusho ya ‘Rwanda: The Royal Tour’ (Amafoto na Video)

Uko byari byifashe mu ifatwa ry’amashusho ya ‘Rwanda: The Royal Tour’ (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 26 Apr 2018
RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Ubwanditsi 29 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi
Amakuru

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ubwanditsi 29 Dec 2025
Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL
Amakuru

Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone
IKORANABUHANGA

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Ubwanditsi 11 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru