• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019 HIRYA NO HINO, UBUKUNGU

BK Group Plc yatangije ku mugaragaro ikigo cy’imari cya ‘BK Capital Ltd’ kizajya gitanga serivisi z’imari mu kurushaho kwegera abakiliya bayo, kiba icya kane igize.

BK isanzwe ifite ibigo birimo BKTechouse yita ku ikoranabuhanga; BK Insurance yita ku Bwishingizi na BK Plc yita kuri serivisi za banki.

Ikigo gishya yagitangije ku mugoroba wo ku wa 14 Werurwe 2019, mu muhango witabiriwe n’abanyamigabane bayo, abakora mu nzego z’imari n’abahagarariye inzegi .

BK Capital yahoze yitwa BK Securities aho yatangaga serivisi z’ubuhuza ku isoko ry’imari n’imigabane kuva mu 2013. Yaje ku isoko mu isura nshya ivuguruye.

Umuyobozi wa BK Capital, Umutoni Carine, yatangaje ko mu 2018 ari bwo BK Group PLC yanzuye kwagura ibikorwa na serivisi itanga ku isoko.

Yagize ati “Ubu turatanga serivisi yo gucunga imari, ubujyanama mu by’imari aho tureba ishoramari rikeneye indi nkunga n’irikeneye kuvugururwa n’ubuhuza ku isoko ry’imari n’imigabane ku rwego ruhambaye. Twemerewe n’Ikigo kigenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda (CMA) na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) gufasha abantu n’ibigo bishaka gushora imari bitunyuzeho.’’

Binyuze muri iki kigo “Dufite imishinga mito itabona amafaranga yo gukoresha kubera imiterere yayo mu buryo bw’imiyoborere butameze neza, uko bagenzura imishinga yabo nk’umuntu umwe ukora ubucuruzi. Bashobora kutugana tukabafasha kuvugurura no kubona abandi bafatanyabikorwa b’imbere mu gihugu no hanze yacyo. Icy’ingenzi ni ugukora, ukanatanga serivisi nziza. Isoko rirafunguye kandi twizeye ko ubunararibonye bw’Ikigo cya SWAN dukorana buzadufasha.’’

BK Capital iri mu mikoranire na SWAN Group yo mu Birwa bya Maurice gifite ubunararibonye bw’imyaka irenga 170 muri serivisi z’imari. Iki kigo gifite umutungo wa miliyari z’amadolari kinakorana na BK General Insurance, kuva mu 2018.

Umuyobozi wa SWAN Group, Louis Rivalland, yavuze ko bishimira gukorera mu gihugu gifite isoko riyobowe neza.

Ati “Twishimiye gukorana na BK kandi twizeye gufatanya n’iki kigo kiyobowe neza kugera ku ntego zacyo. Hari serivisi zizakurura abantu dutangaza vuba zizagirira akamaro abantu n’ibigo byo mu Rwanda no hanze. Gukorana na BK izi isoko rya hano, ifite abakiliya bayo, twabonye ari imikoranire ikwiye.’’

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BK Group Plc, Marc Holtzman, yavuze ko uyu ari umwanya udasanzwe kuri we muri Banki ya Kigali afata nk’umuryango.

Yagize ati “Uyu ni umwaka wa 11 ndi mu nama y’ubutegetsi, ni umwaka wa kane nk’umuyobozi wa BK Group. Nishimiye abo dukorana barimo Dr Karusisi Diane. Umutoni na we ndakwishimiye cyane, nakumenye mu gihe gishize, kukubona ukura, ugafata inshingano zo kuyobora iki kigo ni iby’agaciro.’’

BK Capital yashimwe nk’inyongera nziza’ ku isoko

Umuyobozi w’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, Rwabukumba Pierre Célestin, yavuze ko BK ifite isanganywe imigabane ku isoko yaje ari amaboko akenewe.

Ati “Kuba BK itangiye gukora byimbitse bizadufasha, tuzi neza ko hari izindi mbaraga twungutse. Byongera icyizere ko ibyaburaga bazabyongeramo kuko hari abagiraga impungenge. Ni inyongera nziza, twari dukeneye. Iyo uzanye sosiyete nka SWAN bakorana by’umwuga bifasha mu kongera ubumenyi.’’

Yavuze ko isoko ry’imari n’imigabane rikibangamiwe n’abarigana bake n’imyumvire y’abagitunga sosiyete mu ntoki zabo.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yashimangiye ko itangizwa ry’iki kigo ari intambwe ku bukungu bw’igihugu.

Yagize ati “Ni iby’agaciro ku banyamigabane, inama y’ubutegetsi n’abandi bayobozi ba BK Group. Ishyirwaho rya BK Capital rihuye neza na gahunda ya guverinoma y’imyaka irindwi izasozwa mu 2024. Inahuye na gahunda y’u Rwanda yo guhindura Kigali ihuriro ritanga serivisi nyinshi z’imari. Urwego rw’imari rumeze neza kurusha ibihe byabanje, u Rwanda rwakoze amavugurura menshi mu kurushyigikira kandi ruzakomeza gushyiraho amategeko n’amabwiriza atuma rukomera.’’

Mu 2018 nibwo Banki ya Kigali yatangiye gucuruza imigabane ingana na 222.222.222, ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi. Yagiye bwa mbere ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda mu 2011, icyo gihe umugabane umwe wagurwaga 125 Frw. Havuyemo miliyari 37.5 Frw.

Inkuru ya IGIHE

2019-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma

Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma

Ubwanditsi 01 Jun 2019
Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko

Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko

Ubwanditsi 19 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police Hand Ball Club ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona
Mu Mahanga

Police Hand Ball Club ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona

Ubwanditsi 03 Apr 2016
Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United
Amakuru

Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United

RUSHYASHYA 02 Jun 2026
Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera
UBUKERARUGENDO

Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera

Ubwanditsi 22 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru