• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019 HIRYA NO HINO, UBUKUNGU

BK Group Plc yatangije ku mugaragaro ikigo cy’imari cya ‘BK Capital Ltd’ kizajya gitanga serivisi z’imari mu kurushaho kwegera abakiliya bayo, kiba icya kane igize.

BK isanzwe ifite ibigo birimo BKTechouse yita ku ikoranabuhanga; BK Insurance yita ku Bwishingizi na BK Plc yita kuri serivisi za banki.

Ikigo gishya yagitangije ku mugoroba wo ku wa 14 Werurwe 2019, mu muhango witabiriwe n’abanyamigabane bayo, abakora mu nzego z’imari n’abahagarariye inzegi .

BK Capital yahoze yitwa BK Securities aho yatangaga serivisi z’ubuhuza ku isoko ry’imari n’imigabane kuva mu 2013. Yaje ku isoko mu isura nshya ivuguruye.

Umuyobozi wa BK Capital, Umutoni Carine, yatangaje ko mu 2018 ari bwo BK Group PLC yanzuye kwagura ibikorwa na serivisi itanga ku isoko.

Yagize ati “Ubu turatanga serivisi yo gucunga imari, ubujyanama mu by’imari aho tureba ishoramari rikeneye indi nkunga n’irikeneye kuvugururwa n’ubuhuza ku isoko ry’imari n’imigabane ku rwego ruhambaye. Twemerewe n’Ikigo kigenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda (CMA) na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) gufasha abantu n’ibigo bishaka gushora imari bitunyuzeho.’’

Binyuze muri iki kigo “Dufite imishinga mito itabona amafaranga yo gukoresha kubera imiterere yayo mu buryo bw’imiyoborere butameze neza, uko bagenzura imishinga yabo nk’umuntu umwe ukora ubucuruzi. Bashobora kutugana tukabafasha kuvugurura no kubona abandi bafatanyabikorwa b’imbere mu gihugu no hanze yacyo. Icy’ingenzi ni ugukora, ukanatanga serivisi nziza. Isoko rirafunguye kandi twizeye ko ubunararibonye bw’Ikigo cya SWAN dukorana buzadufasha.’’

BK Capital iri mu mikoranire na SWAN Group yo mu Birwa bya Maurice gifite ubunararibonye bw’imyaka irenga 170 muri serivisi z’imari. Iki kigo gifite umutungo wa miliyari z’amadolari kinakorana na BK General Insurance, kuva mu 2018.

Umuyobozi wa SWAN Group, Louis Rivalland, yavuze ko bishimira gukorera mu gihugu gifite isoko riyobowe neza.

Ati “Twishimiye gukorana na BK kandi twizeye gufatanya n’iki kigo kiyobowe neza kugera ku ntego zacyo. Hari serivisi zizakurura abantu dutangaza vuba zizagirira akamaro abantu n’ibigo byo mu Rwanda no hanze. Gukorana na BK izi isoko rya hano, ifite abakiliya bayo, twabonye ari imikoranire ikwiye.’’

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BK Group Plc, Marc Holtzman, yavuze ko uyu ari umwanya udasanzwe kuri we muri Banki ya Kigali afata nk’umuryango.

Yagize ati “Uyu ni umwaka wa 11 ndi mu nama y’ubutegetsi, ni umwaka wa kane nk’umuyobozi wa BK Group. Nishimiye abo dukorana barimo Dr Karusisi Diane. Umutoni na we ndakwishimiye cyane, nakumenye mu gihe gishize, kukubona ukura, ugafata inshingano zo kuyobora iki kigo ni iby’agaciro.’’

BK Capital yashimwe nk’inyongera nziza’ ku isoko

Umuyobozi w’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, Rwabukumba Pierre Célestin, yavuze ko BK ifite isanganywe imigabane ku isoko yaje ari amaboko akenewe.

Ati “Kuba BK itangiye gukora byimbitse bizadufasha, tuzi neza ko hari izindi mbaraga twungutse. Byongera icyizere ko ibyaburaga bazabyongeramo kuko hari abagiraga impungenge. Ni inyongera nziza, twari dukeneye. Iyo uzanye sosiyete nka SWAN bakorana by’umwuga bifasha mu kongera ubumenyi.’’

Yavuze ko isoko ry’imari n’imigabane rikibangamiwe n’abarigana bake n’imyumvire y’abagitunga sosiyete mu ntoki zabo.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yashimangiye ko itangizwa ry’iki kigo ari intambwe ku bukungu bw’igihugu.

Yagize ati “Ni iby’agaciro ku banyamigabane, inama y’ubutegetsi n’abandi bayobozi ba BK Group. Ishyirwaho rya BK Capital rihuye neza na gahunda ya guverinoma y’imyaka irindwi izasozwa mu 2024. Inahuye na gahunda y’u Rwanda yo guhindura Kigali ihuriro ritanga serivisi nyinshi z’imari. Urwego rw’imari rumeze neza kurusha ibihe byabanje, u Rwanda rwakoze amavugurura menshi mu kurushyigikira kandi ruzakomeza gushyiraho amategeko n’amabwiriza atuma rukomera.’’

Mu 2018 nibwo Banki ya Kigali yatangiye gucuruza imigabane ingana na 222.222.222, ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi. Yagiye bwa mbere ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda mu 2011, icyo gihe umugabane umwe wagurwaga 125 Frw. Havuyemo miliyari 37.5 Frw.

Inkuru ya IGIHE

2019-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda

Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Ubwanditsi 10 Jul 2018
RDC: Barasaba ko Laurent Nkunda na Sultani Makenga bohererezwa Congo nk’uko byagenze kuri Col Tshibangu

RDC: Barasaba ko Laurent Nkunda na Sultani Makenga bohererezwa Congo nk’uko byagenze kuri Col Tshibangu

Ubwanditsi 08 Feb 2018
Burera: Abaturage  baragurisha  amasambu  kugira ngo babone amashilingi  yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Burera: Abaturage baragurisha amasambu kugira ngo babone amashilingi yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Ubwanditsi 10 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ikipe ya Arsenal yanganyijemo na Tottenham
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ikipe ya Arsenal yanganyijemo na Tottenham

Ubwanditsi 25 Sep 2023
Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame
POLITIKI

Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro
Mu Mahanga

Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Ubwanditsi 07 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru