• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

Ubwanditsi 07 Jan 2019 UBUKERARUGENDO

U Rwanda na Israël byashyize umukono ku masezerano yemerera sosiyete z’ubwikorezi ku mpande zombi gukoresha ibibuga by’indege no kugenderana mu ngendo zidahagaze.

Aya masezerano yasinywe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Israël, Col. Joseph Rutabana na Minisitiri w’Ubwikorezi muri Israël, Yisrael Katz, kuri uyu wa Mbere tariki 7 Mutarama 2019.

Ambasaderi Rutabana abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati “Ni intambwe ikomeye izanafasha Sosiyete y’Ubwikorezi bwo mu kirere ya RwandAir gutangira gukorera ingendo zigana ku Kibuga Mpuzamahanga cya Ben Gurion idahagaze.’’

Ikibuga cya Ben Gurion ni cyo kinini muri Israël. Giherereye mu Majyaruguru y’inkengero z’Umujyi wa Lod, uri mu bilometero 45 mu Majyaruguru ashyira Iburengerazuba bw’Umujyi wa Yeruzalemu no mu bilometero 20 mu Majyepfo ashyira Iburasirazuba bwa Tel Aviv.

Minisitiri Katz yavuze ko “Amasezerano yo gufungurirana ikirere yongereye ingendo ziva n’izijya muri Israël.’’

Yongeyeho ko “Amasezerano afungurira Israël amahirwe yo kugana ku bibuga by’indege byinshi ku Isi’’ ndetse ku biciro bito.

Ynet iri mu binyamakuru bikomeye mu gihugu yanditse ko RwandAir ikorera urugendo rwayo rwa mbere muri Israël idahagaze kuri uyu wa Mbere.

Amasezerano yasinyweho aha ububasha buri gihugu bwo gukora ingendo zirindwi ku bibuga by’indege bya Ben Gurion n’icya Kigali kiri i Kanombe.

U Rwanda na Israël byatangiye imibanire mu 1962 ubwo rwabonaga ubwigenge. Uyu mubano wajemo agatotsi mu 1973 nyuma y’Intambara ya Yom Kippur yatumye ibihugu byinshi bya Afurika byotswa igitutu n’iby’Abarabu.

Waje gusubukurwa mu Ukwakira 1994 ndetse u Rwanda rwohereza Ambasaderi muri Israël ariko rwaje kuhafunga ambasade yarwo nyuma y’imyaka itandatu kubera amikoro.

Ambasade yongeye gufungurwa i Tel Aviv mu mpeshyi ya 2015, Rutabana Joseph ahabwa kuruhagararira.

Mu 2014 u Rwanda rwabaye igihugu cya mbere muri Afurika cyasinyanye amasezerano y’umubano na Israël.

Iki gihugu gihagarariwe mu Rwanda na Ambasaderi ufite ibiro i Addis Ababa muri Ethiopia. Muri Nzeri 2018, Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Israël, Benjamin Netanyahu, ku gufungura ambasade y’iki gihugu mu rwa Gasabo.

Ibihugu byombi bifitanye umubano ushingiye ku mikoranire mu bya politiki n’ubukungu n’ubufatanye mu by’ubuhinzi, aho abanyeshuri bajya kwihugura muri Israël n’ibindi.

RwandAir iheruka no gutangaza ko guhera muri Mata 2019 izatangira gukora ingendo zijya mu Mujyi wa Addis Abeba idahagaze.

Ni icyerecyezo gishya kizatuma RwandAir igira ibigera kuri 27 indege zayo zerekezamo hirya no hino ku Isi.

Mu 2019 iteganya gutangiza ingendo nshya mu byerekezo birimo i Guangzhou mu Bushinwa na na New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

RwandAir iherutse gutangaza ko mu myaka itanu iri imbere yifuza gukuba kabiri umubare w’indege ifite zivuye kuri 12 ifite uyu munsi, bityo ikarushaho kwagura ibikorwa byayo muri Afurika no ku yindi migabane y’Isi.

RwandAir ifite indege 12 zirimo Airbus A330 – 300 imwe, Airbus A330 – 200 imwe, Boeing 737-800NG enye, Bombardier Q-400 Next Gen ebyiri, Bombardier CRJ-900 NextGen ebyiri na Boeing 737-700NG na zo ebyiri.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Israël, Col. Joseph Rutabana na Minisitiri w’Ubwikorezi muri Israël, Yisrael Katz nyuma yo gusinya ku masezerano y’ubwikorezi bw’indege hagati y’ibihugu byombi

2019-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Ubwanditsi 10 May 2024
Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubwanditsi 10 Dec 2024
U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

Ubwanditsi 26 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    January 7, 20194:39 pm -

    Komeza wese Imihigo Rwanda utere imbere ubutitsa Imana ikurinde amanywa nijoro, wigire mu mpande zose nubundi umugabo arigira yakwibura agapfa.”Les chiens aboient la caravane passe.”

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo
IMIKINO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko
ITOHOZA

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru