• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir yinjiye mu bufatanye buzatuma abayikoresha bazigamira ingendo bakora

RwandAir yinjiye mu bufatanye buzatuma abayikoresha bazigamira ingendo bakora

Ubwanditsi 26 Dec 2019 UBUKERARUGENDO

Sosiyete y’Ubwikorezi bwo mu kirere ya RwandAir, yinjiye mu bufatanye n’ikigo Optiontown, buzatuma abakiriya bayo bizigamira mu ngendo zabo.

Ubu bufatanye buzatuma abakiriya bashobora kwizigamira biciye mu itike y’urugendo baguze.

Ubu buryo bushya buzafasha abakiriya kugira amahirwe yo kugura itike ya RwandAir mbere ku giciro cyiza kandi bakaba bahitamo igihe bifuza kuba bagenderaho.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yagize ati “Ubu bufatanye na Optiontown, buzatanga ukwizigamira ku bakiriya bacu, nyuma yo gushyiraho uburyo bwo kwishyura mbere ingendo za RwandAir. Abakiriya bacu bazaba bashobora kwishimira ingendo bakora ku isi baguze itike ihendutse, turashimira iki gikorwa twakoze ku bufatanye na Optiontown.”

Abakiriya baguze itike y’urugendo rwa RwandAir, bashobora guhitamo hagati y’ingendo enye na 500 zitandukanye, uru rugendo rukaba rwamara imyaka ibiri guhera uwo munsi, uko umukiriya aguze ingendo nyinshi ni nako aba arushaho kwizigamira.

Kuri abo baguze urugendo rwa RwandAir, bashobora kandi guhitamo igihe itike igomba kumara guhera ku minsi 180 kugeza ku masaha ane mbere yo guhaguruka.
Umuyobozi Mukuru wa Optiontown, yagize ati “Optiontown yishimiye gufatanya na RwandAir mu gutangiza ubu bufatanye bw’ingendo, bizafasha abagenzi kuzigama ku mafaranga y’urugendo no gutuma biteganyiriza, gufata urugendo ku buryo bworoshye kandi bwiza, dufite icyizere ko gutangiza iyi gahunda bizongerera icyizere abakiriya ba RwandAir ndetse byongere uburyo bwo gufata umwanya mwiza mu kigo cya mbere mu gutwara abantu mu kirere muri Afurika.”

Abagenzi bahitamo gukoresha RwandAir bashobora kwishimira umuziki ubarizwamo, ibinyobwa bigezweho n’ibiribwa, interinet ya Wi-Fi n’imyanya myiza y’icyubahiro.

Abagenzi kandi kugira amahirwe yo gutwara imizigo igera ku biro 23 ku gikapu mu myanya ihendutse ahazwi nko muri ’Economy Class’, ndetse n’ibikapu bibiri buri kimwe gifite ibiro 32 mu myanya ya Premium Economy Class, n’ibikapu bitatu buri kimwe gifite ibiro 23 mu myanya y’icyubahiro ’Business Class’.

2019-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Nyuma y’impanuka y’ Indege Ya Ethiopian Airlines, U Bushinwa bwahagaritse indege za Boeing 737 MAX 8.

Nyuma y’impanuka y’ Indege Ya Ethiopian Airlines, U Bushinwa bwahagaritse indege za Boeing 737 MAX 8.

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubwanditsi 10 Dec 2024
RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

Ubwanditsi 15 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Ubwanditsi 20 Apr 2019
Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi
Mu Rwanda

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Sonia Rolland yaje i Kigali gutanga amanota muri Miss Rwanda (Amafoto)
HIRYA NO HINO

Sonia Rolland yaje i Kigali gutanga amanota muri Miss Rwanda (Amafoto)

Ubwanditsi 23 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru