• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Editorial 04 Apr 2018 UBUKERARUGENDO

Nubwo bidakabije ariko bikaba bigaragara, ngo hari ukwimuka gukomeje kugaragara kw’Abanyekongo bava mu burasirazuba bwa Congo bakajya gutura mu mijyi yo mu Rwanda bihana imbibe, aho aba baturage baba bakeka kuryama bagasinzira kandi bagakora ibintu byabo nta mbogamizi.

Imijyi ya Gisenyi na kamembe mu majyaruguru n’amajyepfo y’Ikiyaga cya Kivu ngo igaragara nk’ibereye kandi itekanye ugereranyije n’imijyi ya Goma na Bukavu yo ku rundi ruhande rwa Congo.

Jacques Kahora, umukozi ukora mu bijyanye n’ubutabazi wimukiye burundu ku Gisenyi mu 2016 aragira ati: “Natewe ubwoba mu 2013 muri Goma nimukira ku Gisenyi. Nasubiye I Goma hashize umwaka. Ndacyafite impungenge z’ubuzima bwanjye. Inshuti zanjye 3 mu karere kanjye zarishwe.”

Undi munyekongo witwa Adrien w’imyaka 28 ukorera umuryango utegamiye kuri leta, ngo amaze hafi umwaka akodesha inzu ku Gisenyi ku madolari 80 y’abanyamerika, ngo akaba ari icya kabiri cy’ayo yishyuraga mu mujyi wa Goma.

Uyu avuga ko yimukiye ku Gisenyi mu rwego rwo kureba ko yabona ibyangombwa by’ibanze mu buzima bwa buri munsi nk’amazi n’umuriro.

Aragira ati: “Ahanini mbikorera kubona bimwe mu bintu by’ibanze nk’amazi n’umuriro. Muri Gisenyi, ni gacye umuriro ubura, ariko muri Goma biba buri munsi.. rimwe na rimwe ushobora kumara icyumweru cyose nta muriro.”

U Rwanda kandi ngo runagira serivisi za internet ya wi-fi zikora neza cyane, ngo zinakoreshwa n’abaturage ba Goma na Bukavu iyo abayobozi ba Congo bafunze internet mu rwego rwo guca intege imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Kimwe na Adrien, Abakongomani benshi ngo bakora I Goma cyangwa I Bukavu ariko bakajya kurara mu Rwanda. Uwitwa Leston kambale w’imyaka 38 wimukiye ku Gisenyi mu myaka 8 ishize ndetse abana be batatu bakaba biga mu Rwanda, avuga ko bakora iwabo bakazana ibitotsi mu Rwanda. Ati: “Hano icyo tuzana n’ibitotsi.”

Akomeza agira ati: “Nk’impuguke mu ikoranabuhanga n’itumanaho, nari nkeneye umuriro amasaha 24 ku munsi. Kandi nta kibazo cy’umutekanno gihari. Hano I Gisenyi, ushobora gukora kuva mu gitondo kugeza mu kindi nta kibazo.”

Nubwo imipaka y’u Rwanda ikora amasaha 24 kuri 24, no kwambuka umupaka ujya muri congo mu masaha ya ninjoro ugomba gucungana n’isaha kuko saa yine z’ijoro umupaka wa Congo uba ufunzwe.

Kugirango umukongomani yemererwe kuba mu Rwanda agomba kwishyura amafaranga 20,000 kugirango abone uruhushya rwo gutura, aya ngo akaba ari amafaranga makeya n’umukongomani uciriritse abasha kubona.

Umubare w’Abanyekongo bamara igice cy’umunsi wabo mu Rwanda cyangwa bahatuye burundu ntabwo uzwi neza ariko ibimenyetso bigaragaza ko ari benshi.

Muri weekend, urubyiruko rw’Abanyekongo rwo muri Goma rwambuka umupaka rukajya kuryoshya kuri Tam-Tam ku Gisenyi aho usanga hateraniye abantu benshi bakiri bato.

I Goma, ngo hari ahantu hamwe gusa wakwishimishiriza ku nkengero z’ikiyaga ariko ku Gisenyi nta kibazo cyo kujya kwoga nk’uko byemezwa na Guillain Balume, umunyamakuru wasanzwe n’ikinyamakuru The citizen dukesha iyi nkuru ku Gisenyi.

Mu majyepfo ya Kivu, ngo imiryango 900 y’Abanyekongo imaze kuva muri Bukavu ijya gutura muri Kamembe nk’uko byemezwa na patient Bashombe, umunyamategeko ushinzwe guhuza ibikorwa by’ibiro bya sosiyete sivile muri Kivu y’Amajyepfo.

2018-04-04
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

Editorial 20 Aug 2018
Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Editorial 29 May 2018
Arsenal yahaye abafana bayo amahirwe adasanzwe yo gusura u Rwanda

Arsenal yahaye abafana bayo amahirwe adasanzwe yo gusura u Rwanda

Editorial 16 Jan 2019
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Editorial 25 Nov 2023
RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

Editorial 20 Aug 2018
Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Editorial 29 May 2018
Arsenal yahaye abafana bayo amahirwe adasanzwe yo gusura u Rwanda

Arsenal yahaye abafana bayo amahirwe adasanzwe yo gusura u Rwanda

Editorial 16 Jan 2019
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Editorial 25 Nov 2023
RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

Editorial 20 Aug 2018
Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Editorial 29 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru