• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jul 2024 Amakuru, IBIDUKIKIJE, Mu Rwanda, UBUKERARUGENDO

Pariki y’Igihugu ya Nyungwe igizwe n’ishyamba kimeza riri ku buso km2 1019, iherereye mu Burengerazuba bw’Amajyepfo y’u Rwanda, ibamo urusobe rw’ibinyabuzima birimo inyamaswa n’ibimera bitandukanye bitewe n’uko ari ishyamba ry’inzitane ryo mu misozi miremire muri Afurika.

Ishyamba kimeza ryayo rifatwa nk’ikigega cy’amazi y’u Rwanda kuko ritanga hejuru ya 70% by’amazi y’u Rwanda kandi ribonekamo isoko ya kure y’uruzi rwa Nili.

Ribonekamo amoko y’inguge atandukanye, amoko y’ibimera arenga 1250, inyamabere zirenga 90 n’amoko y’inyoni arenga 320.

Mu Mwaka wa 2005 nibwo Nyungwe yabaye Pariki y’Igihugu, abakoreragamo ibikorwa by’ubuhigi, ubushimusi, gutwika amakara n’ibindi byangiza ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima, bashyizwe hamwe muri koperative zigamije kubateza imbere.

Mu mirenge icyenda yo mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe ikora kuri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe habarurwa abantu 891 bahoze bayikoreramo ibikorwa byangiza ibidukikije.

Kuri ubu bose bibumbiye hamwe muri koperative 35 bakoreramo ibikorwa bibateza imbere.

Kuva mu 2005 Ishyamba rya Nyungwe ryahindurwa Pariki y’Igihugu, abakoreragamo ubuhigi n’ibindi bikorwa biryangiza bakuwemo, Leta ikomeza gukurikirana imibereho yabo kugira ngo babeho neza batangiza ibidukukije.

Hagaragaramo Ibiti nk’ibyitwa Ibishigishigi byahozeho mu gihe cy’inyamanswa za Dinosaur, ibyo biti byifashishwaga mu bwubatsi bw’amazu, hagaragaramo ibiti bishobora kwangiza amashyamba kubera ko inyamanswa zabibungabungaga nk’imbogo n’inzovu zitakibarizwa muri Pariki ya Nyungwe

Iyo utembere iyi Pariki ubona ikiraro kirekire cyane kitwa Canopy walkway gifite ubutumburuke bwa Metero 70 z,ubuhagarike ndetse na Metero 170 z’ubutumburuke, muri Africa hari ibiraro byo mu kirere nk’ibi bitatu muri Ghana, Afurika yepfo ndetse no mu Rwanda

Mu Ishyamba rya Nyungwe uhasanga amoko arenga 1250 y’ibimera harimo amoko 50 y’ibishihe, amoko 133 ya ‘Orchidées’ indabo z’agahebuzo harimo amoko 24 ya gakondo, iri ku buso bwa hegitari 1019 nkuko twabigarutseho

Muri Mutarama 2019 kandi u Rwanda rwari rwasabye ko inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zashyirwa ku rutonde rw’umurage w’isi.

Abataragera muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe bayitekereza nk’ishyamba ry’inzitane riteye ubwoba ariko ni ahantu umuntu yakwifuza kureba bitewe n’ibyiza nyaburanga biyibarizwamo.

Umuryango w’Abanyamakuru bakora inkuru zijyanye n’Ibidukikije(REJ) ubitewemo inkunga na FOJO: Media institute, ku bufatanye na Pariki y’igihugu ya Nyungwe (Nyungwe National Park-Rwanda), uhora urajwe ishinga no guhugura abanyamakuru kugirango nabo bigishe Abanyarwanda kubungabunga ibidukikije kandi bibe umuco kugirango ihumanwa ry’ikirere rihagarare ndetse nutemye igiti atere bibiri hadasigaye kubungabunga urwo rusobe rw’ibinyabuzima hirya no hino mu Rwanda n’isi.

Abanyamakuru nabo bagaragaza ubushake, inyungu n’ubushobozi bwo kugeza amakuru ya nyayo ku babatega amatwi n’abasomyi dore ko mu byo bahugurwa habamo no kugera aho ibikorwa bibungabungwa n’ibyangizwa biherereye kugirango babone inkuru mpamo, nko gusura ibyanya by’ubukerarugendo nka Pariki zo mu Rwanda, Gukora imiganda rusange no gufatanya n’abaturage ibikorwa byo gusazura amashyamba no gutera amashya.

Ibidukikije ni Impano y’ubukerarugendo n’ubushakashatsi ariko nanone ibungabungwa ryabyo ni ingenzi ku mwuka uhumekwa.

2024-07-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje  urugendo rwo  kwiyamamaza  kumunsi wa 8  mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje urugendo rwo kwiyamamaza kumunsi wa 8 mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 23 Jul 2017
Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Ubwanditsi 21 Jan 2025
Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Ubwanditsi 12 Jan 2021
Polisi y’u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe umutekano wo mu muhanda

Polisi y’u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 14 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?
Amakuru

Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?

Ubwanditsi 25 Nov 2022
Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi
HIRYA NO HINO

Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Ubwanditsi 05 Mar 2018
Congo: Umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu azira kugurisha amasasu
Mu Mahanga

Congo: Umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu azira kugurisha amasasu

Ubwanditsi 08 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru