• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Umubare 800.000 ukoreshwa n’amahanga nk’abatutsi bishwe muri Jenoside waturutse he?
Gen. Romeo Dallaire

Umubare 800.000 ukoreshwa n’amahanga nk’abatutsi bishwe muri Jenoside waturutse he?

Ubwanditsi 07 Apr 2018 POLITIKI

Mu nyandiko zitandukanye zo mu bihugu by’amahanga, hakunze kugaragaramo izigoreka imvugo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi hamwe n’izivuga amateka uko atari ahanini ku bijyanye n’umubare w’abatutsi bishwe mu minsi ijana kuva ku ya 7 Mata 1994.

Kimwe mu bikunze kugaruka mu nyandiko z’amahanga ni ikijyanye no kuvuga ko indege y’uwari Perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana, ari yo yateye Jenoside, hakirengagizwa ko hari hashize imyaka n’imyaniko urwango rubibwa mu Banyarwanda; ingero za hafi ni nk’amategeko icumi y’abahutu yakozwe imyaka isaga 30 mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikindi kandi ni ibijyanye n’umubare w’abatutsi bishwe mu minsi ijana aho mu nyandiko nyinshi ndetse n’izigaragazwa n’Umuryango w’Abibumbye havugwamo ko hishwe abagera ku 800.000 mu gihe imibare nyakuri yemewe n’u Rwanda ari abasaga miliyoni (1.074.017).

Itangazamakuru mpuzamahanga ryo rikoresha uyu mubare (800.000) umunsi ku wundi ndetse rikavuga ko ari uwo rikesha Loni ku buryo hakwibazwa niba ari ubushakashatsi bwemewe yakoze.

Inkomoko y’uyu mubare

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside ,Dr Bizimana Jean Damascène, aherutse gutangaza ko nta bushakashatsi Loni yigeze ikora bujyanye n’umubare w’abatutsi bishwe muri Jenoside.

Ati “Ntabwo Loni yigeze iza hano ngo ikore ubushakashatsi ishake abantu bishwe muri Jenoside… ntayo. Gen [Romeo] Dallaire niwe bigeze kubaza aragereranya ati hishwe nk’ibihumbi 800. Ariko nta bushakashatsi na buke, na bumwe Loni yigeze ikoresha hano mu Rwanda ariko itangazamakuru mpuzamahanga ribikora nkana rikavuga ngo Loni yemeje ibihumbi 800. Aho nzi byavuye ni icyo kiganiro Dallaire yigeze gutanga akiri hano mu 1994 cy’ikigereranyo.”

Uyu Dallaire yayoboye ubutumwa bwa Loni bwaje kunanirwa mu Rwanda kuko byarangiye abatutsi bishwe habura ubatabara. Tariki 12 Mutarama 1994, yaburiye isi ko mu Rwanda hari gucurwa umugambi mubisha; icyo gihe yakiriye igisubizo kivuye i New York kuri Fax yari yaraye aboherereje ababurira ku mugambi wariho wo gutsemba Abatutsi. Ni igisubizo cyoherejwe na Iqbal Riza mu izina rya Kofi Annan mu buyobozi bushinzwe gucunga umutekano (DPKO).

Muri icyo gisubizo, bisa n’aho bamutegetse kubibwira [Habyarimana]; nyuma Interahamwe zitangira gukwizwamo intwaro zifashishije mu gutsemba abatutsi.

Gen Romeo Dallaire (ibumoso) ari kumwe n’Intumwa ya Loni Igbal Riza (iburyo) kuwa 26 Gicurasi 1994 i Kigali /Ifoto: Scott Peterson- Getty Images

Uko abatutsi bicwaga buri munota…

Ibarura ryakozwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu 2000 rikamara imyaka ibiri (2000-2002), ryagaraje ko abatutsi 1.074.017 bishwe mu gihe cy’iminsi ijana kuva muri Mata 1994.

Raporo y’iri barura yatangajwe mu 2004 mu gihe u Rwanda rwibukaga ku nshuro ya 10 Jenoside yakorewe Abatutsi. Igaragaza aho abishwe bari batuye, imyaka bari bafite, amazina yabo ndetse bamwe muri bo bizwi neza uburyo bwishwemo. Dr Bizimana ati “ Iyo raporo niyo yemewe, ni ubushakashatsi bwakorewe hano mu Rwanda.”

Iyo hakozwe isesengura ry’iyi mibare, bigaragara ko buri munsi hicwaga ibihumbi icumi na mirongo irindwi na bane 10.074.

Mu 2004 ubwo Romeo Dallaire yari mu Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 10 Jenoside yakorewe Abatutsi / Ifoto: Peter Bregg

2018-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Ubwanditsi 24 May 2018
Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ubwanditsi 13 Jun 2023
FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

Ubwanditsi 10 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga  kubera kwishongora (ikimenyetso)
IMIKINO

Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga kubera kwishongora (ikimenyetso)

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)
IMIKINO

Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Hugh Masekela:Umwami w’injyana ya Jazz muri South Africa yitabye Imana
SHOWBIZ

Hugh Masekela:Umwami w’injyana ya Jazz muri South Africa yitabye Imana

Ubwanditsi 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru