• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Ubwanditsi 01 Mar 2024 INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abasirikare b’Abarundi bapfira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) mu rwego rwo gushyigikira Perezida wa congo Felix Tshisekedi mu ntambara n’inyeshyamba za M23.

Abasirikare b’abarundi bahahuriye n’uruva gusenya kuko boherejwe ku gahato, ababyanze bamwe barishwe abandi barafungwa.

Ibi bikomeje guteza impagarara n’impaka muri iki gihugu gikomeje gukaza mu iteranyuma. Abarundi benshi baburiye ababo mu ntambara Perezida Neva yishoyemo atayishoboye, bakomeje kwibaza ibibazo batabonera ibisubizo cyane ko uwakabashubije ahubwo abishongoraho

Abakenguzamateka berekana ko abasoda b’Abarundi bahatiwe kugira uruhare mu ntambara ya Kongo.
Byongeye kandi, bavuga ko abo basirikare bashyirwa imbere kurusha bagenzi babo bo muri Kongo, aho usanga babwirwa n’abo bagiye gutabara ko aribo bahembwa menshi bakwiye gutega agatuza kagahondwa.

Intwazangabo z’uburundi zoherejwe muri iki gihugu zidafite imyitozo ikwiriye umusirikare woherezwa ku rugamba, ndetse nta n’intwaro zikwiriye guhangana n’intare z’intarumikwa z’i Sarambwe.

Izo mbogamizi zose iyo zigaragarijwe Perezida Ndayishimiye, abwira imiryango yabuze ababo ko basinyiye gupfa ubwo binjiraga mu gisirikare cy’u Burundi, akanarenzaho kubihanangiriza kudakomeza kwivanga mu bitabareba.

M23 yerekanye abasirikari b’Abarundi bafashwe, maze birushaho kurakaza imiryango yabo yasigaye i Burundi. Perezida Ndayishimiye yabajijwe iki kibazo maze asubiza ko abo babonye berekanwa mu binyamakuru atari abasirikare b’u burundi ahubwo ari inyeshyamba za RED Tabara ngo bagiye muri M23.

KUKI NEVA AKOMEJE KOHEREZA ABASIRIKARE B’U BURUNDI MU IBAGIRO?

U Burundi bwabanje kohereza ingabo muri Congo mu rwego rw’umuryango w’Afrika y’uburasirazuba (EAC).
Izi ngabo zaje kwirukanwa na Tshisekedi washinje kubahiriza amasezerano yasinye azishinja ko zitarwanya M23 yamunaniye.

Hagati aho Tshisekedi yagiranye amasezerano na Perezida w’u Burundi (accords bilaterale) maze bemeranywa ubufatanye bwo kurwanya M23.
Perezida wa congo yemeye ko azajya yishyura kuri buri musirikare amadolari ibihumbi bitanu (5000$).
aya mafaranga yishyurwa umusirikare woherejwe muri congo, ntamugeraho kuko uretse amadolari 300 ahabwa umusirikare w’u Burundi buri kwezi, asigaye yigira mu mufuka wa Ndayishimiye n’umuryango we.

Ukomoje kuri iki kibazo wese, Perezida Ndayishimiye amusamira hejuru akamushinja guhungabanya umutekano.

2024-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yagaye cyane Abanyeshuri bize muri Israel banga gukora i Nasho ngo ni mu cyaro

Kagame yagaye cyane Abanyeshuri bize muri Israel banga gukora i Nasho ngo ni mu cyaro

Ubwanditsi 05 May 2016
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Ubwanditsi 08 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Denise Nkurunziza yajyanwe ikitaraganya kuvurwa COVID-19 muri Kenya, umugabo we aho kujya mu kato ari mu masengesho n’abandi bantu
INKURU NYAMUKURU

Denise Nkurunziza yajyanwe ikitaraganya kuvurwa COVID-19 muri Kenya, umugabo we aho kujya mu kato ari mu masengesho n’abandi bantu

Ubwanditsi 29 May 2020
Hahishuwe uburyo inshuti za Kabila n’umuryango we bateye imirwi amafaranga ya Leta
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hahishuwe uburyo inshuti za Kabila n’umuryango we bateye imirwi amafaranga ya Leta

Ubwanditsi 09 May 2018
RDC: Maneko W’urwego Rw’igihugu Rw’ubutasi (ANR) Yishwe Arashwe N’umupolisi
Mu Mahanga

RDC: Maneko W’urwego Rw’igihugu Rw’ubutasi (ANR) Yishwe Arashwe N’umupolisi

Ubwanditsi 10 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru