• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ubwanditsi 28 Dec 2022 Amakuru, KWAMAMAZA, Mu Rwanda

Mu Rwanda ndetse n’ahandi hatandukanye, by’umwihariko mu bucuruzi iyo bashaka ko ibyo bacuruza bigera kure bikamenyekana ndetse bikanakundwa, bifashisha ibyamamare, by’aba abahanzi, abakinnyi ba filimi n’abandi bagaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga, bakabafasha mu imenyekanisha bikorwa.

Ni muri urwo rwego, Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati muri film ya Papa Sava, yagizwe ambasaderi w’uruganda rukora inzoga zikoze mu buki ndetse na Likeri zidasanzwe zimenyerewe hano ku isoko ry’u Rwanda. Yagizwe Brand Ambassador wa Sky Drop Industries nyuma y’igihe gito afunguwe.

Ku isoko ry’u Rwanda hakunze kugaragara inzoga ariko si nyinshi zikorwa mu buki, ndetse usanga hari benshi bifuza ko izi nzoga zaba zimwe muzikorerwa mu Rwanda.

Ndimbati yagizwe Ambasaderi w’inzoga zikozwe mu buki zitwa Saint Nero ndetse na Nobilis Gutta Gin

Mu karere ka Bugesera mu murenge wa Ntarama, hafunguwe uruganda rushya rwenga inzoga rufite umwihariko wo kwenga inzoga zikoze mu buki.

Uruganda rwitwa Sky Drop Industries rumaze igihe gito rutangiye imirimo ko rwafunguye imiryango mu Ugushyingo 2022. Rwenga inzoga zitandukanye zirimo za liqueurs na Gin aho rufite ubushobozi bwo kwenga amacupa ibihumbi bitanu mu isaha.

Sky Drop Industries yatangiranye abakozi 100 ba nyakabyizi, ndetse n’abandi bahoraho bagera ku 100, ndetse ruha akazi abakora imirimo itandukanye, harimo n’abavumvu borora inzuki zitanga ubuki.

Umwe mu bakozi b’urwo ruganda ushinzwe Ubucuruzi n’Iyamamazabikorwa, Murekezi Lucky yavuze ko bashaka kugira umwihariko, u Rwanda rukihaza mu nzoga zarwengewemo aho gukoresha nyinshi ziva hanze Kandi Iza Sky Drop Industries Zikaba zanacuruzwa no hanze y’igihugu

Murekezi yavuze ko hejuru yo gukora bashaka urwunguko, banifuza guteza imbere ubuzima bw’abaturage cyane cyane abatuye mu gace uruganda rukoreramo, binyuze mu guha akazi abantu benshi.

Ati ‘‘Ni uruganda rwatanze akazi. Twatanze akazi by’umwihario mu Karere ka Bugesera, abatuye hafi ahongaho turakorana, turabana.’’

Migambi John uzwi nka Made in Rwanda Influencer nawe SDI yamuhisemo nk’uwamamaza ku mbuga nkoranyambaga

Uru ruganda kandi rufite gahunda yo guhaza izoko ry’u Rwanda no mu Karere k’ibiyaga bigari, rugatangira kwagura ibikorwa byarwo ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane rugahera mu bihugu bikikije u Rwanda.

Imibare itangwa n’urubuga rwa Loni rukusanya amakuru y’ubucuruzi, Comtrade, igaragaza ko mu mwaka wa 2021 u Rwanda rwakuye hanze ibinyobwa birimo inzoga bya miliyoni 28 z’amadolari, asaga miliyari 28 Frw.

2022-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze

Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze

Ubwanditsi 27 Mar 2017
CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ubwanditsi 07 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kurekura inyeshyamba za RNC kwa Uganda ni ikimenyetso gikomeye ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kurekura inyeshyamba za RNC kwa Uganda ni ikimenyetso gikomeye ku Rwanda

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe
IMIKINO

Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?
INKURU NYAMUKURU

Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Ubwanditsi 21 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru