• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

Ubwanditsi 12 Nov 2016 POLITIKI

Mu matora yari ategerejwe na benshi kandi yavugishije benshi arangiye umukandida wo mu ishyaka ry’abarepubulika ariwe uyatsinze, Donald Trump w’imyaka 70 akaba ari we ugiye kuba President wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Atsinze mu gihe benshi batabikekaga ariko byagera ku banyepolitike bo bo muri Amerika bakaba batamushakaga dore ko n’abo mu ishyaka rye barimo ba Bush batigeze bagaragaza ko bamushyigikiye. Umuntu rero avuze ko ashyizweho n’Imana ngo avuguruze kandi agamburuze imigambi y’abana b’abantu ntiyaba abeshye.

Dore ibintu bitumye Donald Trump atsinda Hilary Clinton:

1. Agenda (gahunda) ye: Donald Trump atangira kwiyamamaza yavuze ibikora ku marangamutima y’abanyamerika benshi, ibyo abazungu benshi bifuzaga kumva kandi byari bimaze igihe bibaremereye mu mitima, bigaragaza ko Trump azi kumenya icyo abantu bashaka kandi akamenya kukibashakira kandi mu bagombaga gutora 70% bari abazungu:

Yavuze ko azagabanya imisoro

Yavuze ko azashyiraho urukuta hagati ya Mexico na America mu rwego rwo kwirinda ubucuruzi bwa magendu n’ubw’ibiyobyabwenge.

Yavuze ko azirukana abantu badafite ibyangombwa bibemerera kuba muri Amerika.

Yavuze ko atazaha abantu ibyo kurya by’ubuntu ( ibyo bita food stump muri Amerika).

Yavuze ko atazakundira abasilamu kwinjira muri Amerika hatabayeho isuzumwa rikomeye.

2. Uwo bari bahanganye Hilary Clinton nta cyizere gifatika yari afitiwe n’abanyamerika benshi kubera:

Ikibazo cy’ama emails y’akazi yohereje akoresheje email ye ku giti cye.

Kuba yari amaze igihe kirekire muri systeme kandi nta kintu gifatika yahinduye, abantu rero bari bakeneye impinduka.

-4606.jpg

Donald Trump

Kuba yari umugore wa Bill Clinton akaba incuti ya Obama hari benshi babonaga Kumutora ari ukongera gutora systeme ya Bill Clinton cyangwa se ya Obama. Hari benshi rero batashakaga kongera kuyoborwa n’umuryango umwe kandi batifuzaga kongera kuyoborwa n’aba Democrates.

Benshi bamufataga nk’umubeshyi n’indyadya
Hari benshi kandi bumva batiteguye kuba bayoborwa n’umugore muri Amerika.

3. Kuba atari ari muri systeme imaze igihe iyobora America byatumaga afatwa nk’umuntu utandukanye kandi wihariye kandi agafatwa nk’umuntu uzazana amaraso mashya agasenya byinshi bibi byari byarubatswe n’iyo systeme imaze igihe iyobora Amerika.

4. Benshi Kandi bamukundira kuba ari nta muntu atinya kandi akaba adatinya kuvuga ikimuri ku mutima n’ikiri ku mitima y’abandi banyamerika benshi akaba kandi adatinya no guhangara abitwa ko bakomeye.

5. Trump yari ashyigikiwe n’abantu bakuze kandi nibo kenshi bitabira amatora kurusha urubyiruko muri Amerika.

6. Trump yashyigikiwe cyane n’abakristo benshi badashyigikiye gahunda z’aba Democrates zimura Imana muri Amerika zikimika gahunda zihabanye n’Ijambo ry’Imana. Benshi rero bizera ko Trump ashobora kuba igikoresho kizagarura abanyamerika ku Mana.

7. Kuba Trump yifitiye umutungo we bwite byamuheshaga icyizere cyo gutorwa kurusha Hilary kuko adafite Inyota y’ubutunzi mu miyoborere ye ibyo bikamutandukanya na Hilary ubeshwaho n’inkunga z’abandi bantu kenshi cyane.

8. Benshi bizera ko bazabona akazi ku ngoma ye kuko ari umu businessman bibwira ko azashobora kongera imirimo muri Amerika.

9. Kwigirira icyizere, kudacika intege, kuba uwo uriwe, no kugira abajyanama beza kandi akemera kugirwa inama ni bimwe mu byafashije Trump gutsinda Hilary Clinton kuko uko yatangiye Campaign yagiye ahindura ibintu byinshi mu mivugire ye no mu myitwarire ye.

10. Trump yasengewe n’abakozi b’Imana batandukanye muri Amerika no ku isi hose kuko Bari bababajwe n’aho Amerika iri kugana mu buryo bwo mu mwuka, benshi rero bizera ko nubwo Amerika itahembuka mu by’ubukungu ku ngoma ya Trump ishobora guhembuka mu Mwuka inkike zari zarasenyutse zikongera kubakwa.

-4607.jpg

Hilary Clinton

Turakomeza kubakurikiranira ibirebana na Trump turabibagezaho mu nkuru zacu zitaha.

2016-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe

Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe

RUSHYASHYA 27 Jun 2026
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 12 Nzeri 2017

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 12 Nzeri 2017

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 May 2018
Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana

Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana

Ubwanditsi 01 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege
IMIKINO

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2021
Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside
Mu Mahanga

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru