• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Ubwanditsi 29 Oct 2018 IMIKINO

Indege y’umuherwe wa Leicester City, Vichai Srivaddhanaprabha, yasandariye hafi ya stade y’iyi kipe. Byemejwe ko uyu mugabo w’umunya-Thailand ari mu bantu batanu basize ubuzima muri iyi mpanuka.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Ukwakira 2018, Leicester City yanganyije na West Ham United 1-1 mu mukino w’umunsi wa 10 wa shampiyona y’u Bwongereza.

Nyuma y’isaha imwe uyu mukino urangiye habaye impanuka y’indege y’umuherwe wa Leicester City, Vichai Srivaddhanaprabha, hanze ya King Power Stadium ariko hashira amasaha 27 ntawe uramenya niba uyu muherwe ari mu bayiguyemo.

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru nibwo iyi kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yemeje ko ibabajwe no kuba Vichai Srivaddhanaprabha ari mu bantu batanu bapfiriye muri iyi ndege yahiye.

Iti “Tubabajwe cyane no kwemeza ko umuyobozi wacu Vichai Srivaddhanaprabha ari mu bantu babuze ubuzima mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ubwo indege yamuvanaga kuri stade, we n’abandi bantu bane yakoraga impanuka hanze ya King Power Stadium. Mu bantu batanu bari muri iyi ndege ntawarokotse.”

Nyuma yo kwemeza ibi, yi kipe yegukanye igikombe cya shampiyona mu 2015 yanakomeje ivuga ko imikino yagombaga kuyihuza na Southampton mu gikombe cy’igihugu mu bakuru na Feyenoord R otterdam muri UEFA Champions League y’abana ku wa Gatatu tariki 31 Ukwakira 2018 yasubitswe kuko abakinnyi bashenguwe n’urupfu rw’umuyobozi wabo.

Srivaddhanaprabha yaguze iyi kipe miliyoni 57 z’amadolari ya Amerika mu 2010 iri mu cyiciro cya kabiri nyuma y’imyaka ine izamuka mu cya mbere, ihageze itungurana yegukana igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ya 2014-15.

Yari umuherwe wa 388 ku rutonde rw’abafite ifaranga rukorwa na Forbes Magazine. Umutungo we ubarirwa muri miliyari 4.9 z’amadolari ya Amerika.

Indege yarimo uyu muherwe yakongokeye hanze y’iyi stade

Uyu mugabo yakoze amateka akomeye yo guhesha ikipe idafite ibigwi igikombe cya Shampiyona

Iyi ndege yamukuye muri stade imujyanye ku kibuga cy’indege cya Luton aho yagombaga gufata indi ndege ajya muri Thailand

Mu mikino yabaye kuri iki Cyumweru hafashwe umunota wo kwibuka ababuriye ubuzima muri iyi mpanuka

Urupfu rw’uyu mugabo ni amarira kuri benshi

Srivaddhanaprabha yari umugabo ukunzwe n’abafana ba Leicester

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWACY yashimiye abakinnyi batwaye imidali muri shampiyona Nyafurika y’Amagare

FERWACY yashimiye abakinnyi batwaye imidali muri shampiyona Nyafurika y’Amagare

Ubwanditsi 15 Oct 2024
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Ubwanditsi 20 Apr 2024
Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Ubwanditsi 01 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi
Mu Rwanda

Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Ubwanditsi 12 Apr 2017
Imyanzuro  yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro
INKURU NYAMUKURU

Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro

Ubwanditsi 13 Mar 2019
Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi
ITOHOZA

Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ubwanditsi 04 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru