• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru

APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru

Ubwanditsi 05 Dec 2018 IMIKINO

Ikipe APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya CAF Champions League, yasezerewe itarenze umutaru nyuma yo gutsindwa na Club Africain yo muri Tunisia, ibitego 3-1.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Ukuboza 2018 kuri stade international ya Rades mu Mujyi wa Tunis, habereye umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze ry’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, CAF Champions League, wahuje APR FC na Club Africain.

Jimmy Mulisa yari yagiriye icyizere bamwe mu bakinnyi badasanzwe babanza mu kibuga barimo rutahizamu wabanje mu kibuga ku nshuro ya mbere kuva avuye mu Intare FC yo mu cyiciro cya kabiri na Imran Nshimiyimana wari utarabanza mu kibuga kuva uyu mwaka w’imikino watangira.

Umukino watangiye APR FC igaragaza igihunga byatumye itsindwa igitego hakiri kare ku munota wa 13 gusa, cyatsinzwe na Bilel Khefifi wasatiraga aciye ku ruhande rw’ibumoso, wagoye cyane Ombolenga Fitina.

Abafana ba APR FC bagize icyizere cyo gukomeza ku munota wa 26 ubwo Muhadjiri Hakizimana yahabwaga umupira mwiza na Butera Andrew acenga ba myugariro babiri ba Club Africain ariko bamukoreraho ikosa mu rubuga rw’amahina, umusifuzi w’umukino yemeza ko ari penaliti, yaninjijwe neza na Muhadjiri.

Club Africain yakiniraga mu rugo yakomeje gusatira ariko izitirwa n’ubwugarizi bwa APR FC bwari buri mo Buregeya Prince na Herve Rugwiro n’umunyezamu Kimenyi Yves wakuyemo imipira itatu yashoboraga kubyara ibitego mu gice cya mbere.

Mu gice cya kabiri APR FC yari igifite amahirwe yo gukomeza kubera igitego cyo hanze, yasimbuje, Dominique Savio Nshuti afata umwanya wa Butera Andrew wari wagize umukino mwiza.

Izi mpinduka ntabwo zatanze umusaruro kuko APR FC yakomeje gusatirwa cyane, binayiviramo gutsindwa igitego cya kabiri cyatsinzwe na rutahizamu w’umunya-Ghana Derick Sasraku ku munota wa 63.

Abafana ba Club Africain bakomeje kugaragaza kutishimira ibyemezo by’umusifuzi, bashyize umutima mu gitereko ku munota wa 68 ubwo Ali Abdi yahinduraga umupira uvuye ku ruhande rw’iburyo uhura na Emmanuel Imanishimwe yitsinda igitego cyabaye igitego cya gatatu cya Club Africain.

Mulisa yongeye gukora impinduka, Maxime Sekamana afata umwanya wa Iranzi Jean Claude ariko ntibyagira icyo bihindura, umukino urangira APR FC itsinzwe 3-1 isezererwa muri CAF Champions League.

Ntiyashoboye kugera ku ntego yari yihaye zo kugera muri 1/2 cy’amarushanwa ya CAF.

Indi kipe ihagarariye u Rwanda ni Mukura VS izaseruka kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ukuboza 2018 kuri stade Huye, ihangana na Free state stars yo muri Afurica y’epfo, aho isabwa gutsinda kuko umukino ubanza warangiye amakipe yombi anganya 0-0.

2018-12-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sunrise FC itaramenya niba izakina ikiciro cya mbere cyangwa icya kabiri umwaka utaha w’imikino yatandukanye n’abakinnyi batandatu

Sunrise FC itaramenya niba izakina ikiciro cya mbere cyangwa icya kabiri umwaka utaha w’imikino yatandukanye n’abakinnyi batandatu

Ubwanditsi 30 Jul 2021
U Rwanda rurasabwa kugaragaza ubushake, rugahabwa kwakira CAN

U Rwanda rurasabwa kugaragaza ubushake, rugahabwa kwakira CAN

Ubwanditsi 22 Feb 2016
Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’

Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Rayon yegukanye igikombe 10  cy’amahoro

Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Ubwanditsi 04 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa
HIRYA NO HINO

Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.
Amakuru

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Uko ibiyobyabwenge  bigira uruhare mu ihohoterwa rikorerwa abana
Mu Mahanga

Uko ibiyobyabwenge bigira uruhare mu ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 15 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru