• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Ubwanditsi 29 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nubwo Kongo-Kinshasa ari kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, kandi umuturage wo muri ibi bihugu akaba yemerewe kujya mu kindi kigize uyu muryango atabanje gusaba uruhushya rwo kukinjiramo, Perezida William Ruto wa Kenya yafashe icyemezo cyo kwambura abaturage ba Kongo ubwo burenganzira, bwo kwinjira muri Kenya badasabye visa.

Mu gufata icyemezo ariko,Perezida Ruto ntiyagendeye ku kuba Kongo itubahiriza inshingano n’imwe kuva yaba umunyamuryango, kuko Kenya atariyo ifatira ibihano umunyamuryango witwara nabi.

Icyerekana ko Perezida Ruto atashingiye ku myitwarire igayitse ya Kongo, ni uko iyo biza kuba ibyo yari gufatira ibihano n’u Burundi kuko, kimwe na Kongo basangiye amafuti, byombi nta musanzu bitanga, hakiyongeraho kubangamira ibyemezo by’umuryango, birimo n’ibyo kugarura amahoro muri Kongo.

Abasesenguzi ahubwo baremeza ko Perezida Ruto yabaye nk’uwihimura ku butegetsi bwa Tshisekedi bwakomeje gushotora Kenya, doreko Kinshasa ishinja Kenya gushyigikira u Rwanda mu kuyivogera.

Muribuka uburyo Perezida wa Kongo, Félix Tshissekedi, yazonze Gen. Jeff Nyagah wari uyoboye ingabo z’uyu muryango zoherejwe guhosha ubushyamirane mu burasirazuba bwa Kongo, amushinja mu ruhame kuba icyitso cya M23, ndetse binatuma Gen Nyagah asezera kuri uwo mwanya, ku mpamvu z’umutekano we. Hari abibeshye ko birangiriye aho, nyamara ababikurikiraniye hafi bahamya ko byasize inzika hagati y’ibihugu byombi.

Twese turakibuka induru Kongo yavugije mu Kuboza umwaka ushize, ubwo Corneille Nangaa yatangizaga umutwe wa AFC i Nairobi. Tshisekedi yashinje mugenzi we kwemera ko abamurwanya batangiriza ibikorwa byabo mu gihugu cye, ndetse Kongo ihita ivana muri Kenya ambasaderi John Nyakeru wari uyihahagarariye i Nairobi.

Ubushotoranyi ntibwahagarariye aho. Mu mpera za Mata uyu mwaka, urwego rw’iperereza mu gisirikari cya Kongo, DEMIAP, rwafunze abayobozi 2 ba kompanyi y’indege, Kenya Airways, bakoreraga i Kinshasa, bashinjwa ubutasi. Byasabye ko Kenya Airways yigaragambya ihagarika ingendo zayo i Kinshasa, abo bakozi baza gufungurwa nyuma y’ibyumweru hafi 3, nta n’urubanza rubaye! Iryo hohoterwa naryo ryongereye urwikekwe rwari rusanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Hari amakuru yizewe avuga ko urubyiruko rumaze iminsi mu myigaragambyo muri Kenya, rwaba rwarashowemo amafaranga menshi na ANR, arirwo rwego rw’iperereza rwa Kongo-Kinshasa, hagamijwe kubuza amahwemo ubutegetsi bwa Perezida William Ruto.

Rushyashya yashoboye kumenya ko hari amafaranga menshi yafatiwe ku makonti y’abari ku isonga mu myigaragambyo, bigaragara ko yavaga muri Kongo, no mu Banyekongo baba mu mahanga. Hari kandi Abakongomani benshi bafatiwe muri izo mvururu bigize abaturage ba Kenya.

Mu gihe ibihugu byose byamaze gutangaza ko bishyigikiye Raila Odinga, Umunyakenya uhatanira kuba Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe, Kongo yo yabiteye uumugongo. N’ikimenyimenyi yanze kohereza intumwa mu nama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba yabereye i Nairobi kuri uyu wa kabiri, ari nayo yemeje ku mugaragaro ko uyu muryango ushyigikiye umukandida Odinga.

Abahezanguni n’ibitangazamakuru bikorera mu kwaha kwa Leta ya Kongo-Kinshasa, nka YouTube Channel yitwa”Congo est à nous”, ntibatinya kuvuga ko Perezida William Ruto na Raila Odinga ari”Abatutsi”, ko rero ari “abagambanyi nka Kagame na Museveni”. Ngaho aho ubutegetsi bwa Tshisekedi bugeze!

Ariko se koko, nyuma yo gushakisha urwango ku baturanyi barimo uRwanda, Uganda, Zambia, Congo-Brazzaville, ndetse na Kenya bahuriye mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba, Kongo yizeye ko uBurundi n’ ibihugu bya SADEC (nabyo bitifashije), byihagije mu kuyifasha gusohoka mu bibazo by’ingutu yishoyemo?

Iyo Tshisekedi aza kuba yumva ikinyarwanda, mba muciriye umugani ugira uti” umuturanyi ni umuzimyamuriro”. Ntacyo ariko, FDLR ye iramusemurira.

2024-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Ubwanditsi 03 Apr 2018
Umudagekazi w’imyaka 93 yashyizwe muri gereza azira guhakana jenoside yakorewe Abayahudi: Kuki Ingabire Victoire n’abandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bo bakomeza kwidegembya?

Umudagekazi w’imyaka 93 yashyizwe muri gereza azira guhakana jenoside yakorewe Abayahudi: Kuki Ingabire Victoire n’abandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bo bakomeza kwidegembya?

Ubwanditsi 04 Apr 2022
FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC Ishaje m’uBwongereza  komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe
ITOHOZA

RNC Ishaje m’uBwongereza komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe

Ubwanditsi 28 Aug 2016
CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside
Mu Rwanda

CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Kenya : Abanyarwanda  bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 23
Mu Rwanda

Kenya : Abanyarwanda bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 23

Ubwanditsi 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru