• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017 UBUKUNGU

Imibare yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, NISR, igaragaza ko ubukungu bw’u Rwanda mu gihembwe cya mbere cya 2017 bwageze kuri miliyari 1,817 Frw bwiyongereho 1.7% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu 2016 aho bwari kuri miliyari 1,593 Frw.

Imibare yatangajwe na NISR igaragaza ko urwego rwa serivisi rubarirwa 46% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP), ubuhinzi bukagira 32% mu gihe urwego rw’inganda rubarirwa 15%.

Ubuhinzi nka kimwe mu bitunze Abanyarwanda benshi, umusaruro wabwo wazamutse ku kigero cya 3% mu gihe inganda zagabanutseho 1%, serivisi ziyongeraho 4%.

-7159.jpg
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, Yusuf Murangwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete mu kiganiro n’itangazamakuru

Ugereranyije n’umwaka ushize aho imibare yerekana ko ubukungu bwari bwazamutse ku kigero cya 8.9%, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, Yusuf Murangwa, avuga ko hari impamvu zitandukanye zatumye imibare yaragabanutse. Ahanini bishingirwa ku kuba umusaruro w’icyayi n’ikawa waragabanutse ku kigero cya 24%.

Mu kubisobanura yagize ati “ Icyabiteye, ibyo tubona mu mibare, ni ibintu bitatu. Ubuhinzi, umusaruro w’ikawa n’icyayi mu gihembwe cya mbere wagabanutseho 24%, icya kabiri […] ubwubatsi bwagabanutseho 7%. Turebe kandi igihembwe cya mbere cy’umwaka ushize tunarebe igihembwe cya kane cy’umwaka ushize. Igihembwe cya kane ubwubatsi bwari bwarazamutseho 24%, ni ubwa mbere byagenze gutyo, igihembwe cya mbere cy’umwaka ushize nacyo kizamukaho 15%. Birumvikana iyo tugeze mu bukungu n’ibarurishamibare tugereranya n’igihembwe cy’umwaka ushize, ntabwo biba byoroshye kuzamuka cyane uhera ku kindi gihembwe nacyo cyazamutse cyane.Twebwe ntabwo bidutangaje cyane”.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete, yatangaje ko nubwo imibare igaragara ko yamanutse, ubu hagiye kugenzurwa neza impamvu zabiteye, nyuma yaho nibwo hazarebwa niba hari ingamba runaka zashyirwaho gusa ashimangira ko intego igihugu cyihaye ko ‘ubukungu buzazamuka ku kigero cya 6.2% muri uyu mwaka’ izagerwaho.

2017-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Ubwanditsi 19 Sep 2018
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Ubwanditsi 27 Nov 2017
OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF yavuze ku basirikare bayo barenze umupaka bagafatirwa muri Congo
INKURU NYAMUKURU

RDF yavuze ku basirikare bayo barenze umupaka bagafatirwa muri Congo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora
POLITIKI

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Ubwanditsi 06 Jul 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru