• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Ubwanditsi 19 Sep 2018 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, kuri uyu wa Kabiri cyatangaje ko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wazamutse ku rugero rwa 6.7%, aho wari ufite agaciro ka miliyari 2 000 Frw zivuye kuri miliyari 1.869 Frw mu gihembwe nk’iki cya 2017.

Uku kwiyongera kwatewe ahanini n’umusaruro w’ubuhinzi wazamutse ku ku rugero rwa 6%, umusaruro w’inganda uzamuka ku 10%, naho umusaruro w’urwego rwa serivisi uzamuka ku rugero rwa 5%.

Umuyobozi wungirije wa NISR, Ivan Murenzi, yavuze ko guhera muri Mata kugeza muri Kamena uyu mwaka, izamuka ry’umusaruro w’ubuhinzi ryatewe ahanini n’ubwiyongere bw’umusaruro w’ibihingwa nganduraruo n’uw’ibihingwa ngengabukungu.

Ibihingwa ngandurarugo byazamutseho 6% mu gihembwe cya mbere cy’ihinga, naho uw’ibihingwa ngengabukungu uzamukaho 6% bitewe ahanini n’ubuhinzi bw’icyayi n’ikawa.

Izamuka ry’umusaruro w’inganda ryatewe n’ubwiyongere bw’umusaruro w’icyiciro cy’inganda zitunganya ibintu binyuranye wiyongereyeho ku rugero rwa 12%, ndetse n’uw’ibikorwa by’ubwubatsi wiyongereyeho 11%.

Umusaruro w’inganda zitunganya ibiribwa wazamutse ku rugero rwa 19%, bitewe ahanini n’uw’inganda zitunganya ibinyampeke wazamutse ku rugero rwa 32%, mu gihe uw’izitunganya icyayi, ikawa n’isukari wazamutse ku rugero rwa 6%.

Umusaruro w’inganda zikora imyenda n’ibikomoka ku mpu wazamutse ku rugero rwa 13%, uw’izitunganya ibikoresho by’ubwubatsi nk’amabati n’ibindi bikoze mu byuma uzamuka ku rugero rwa 32%.

Izamuka ry’umusaruro wa serivisi ryatewe n’izamuka ry’umusaruro ukomoka ku bucuruzi buranguza n’ubudandaza wiyongereyeho ku rugero rwa 11%, bitewe no gucuruza ibikomoka ku buhinzi n’ibitunganyirizwa mu nganda.

Umusaruro wa serivisi z’ubwikorezi wazamutseho 13% bitewe n’izamuka ry’umusaruro w’ubwikorezi bwo mu kirere wazamutse ku rugero rwa 17%. Umusaruro w’ibikorwa by’itumanaho wazamutse ku rugero rwa 18%, uwa serivisi by’ibigo by’imari n’ubwishingizi uzamukaho 7%, naho serivisi zitangwa n’ubuyobozi rusange uzamukaho 4%.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko kuba umusaruro mbumbe wazamutse kuri iki kigero bitanga icyizere.

Ati “Ku bwacu ni izamua ryiza muri izi nzego eshatu, ubuhinzi, inganda na serivisi. Ubwubatsi burimo gutera imbere bitewe n’ingamba twafashe zo guteza imbere ibikorerwa hano mu bwubatsi. N’ibindi birimo gutera imbere neza ku buryo butanga icyizere”.

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yateganyije ko ubukungu muri uyu mwaka, buzazamukaho 7.2%. Minisitiri Ndagijimana avuga ko iyi ntego igihari kandi hari icyizere ugendeye ko mu gihembwe cya mbere umusaruro mbumbe wari wazamutse ku rugero rwa 10.6%, ubu ukaba wazamutse kuri 6.7%.

Ati “Turacyafite amezi atandatu ntabwo twahindura intego”.

2018-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Ubwanditsi 10 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero
Mu Mahanga

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro
IMIKINO

Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru