• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Ubwanditsi 19 Jun 2019 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko afite icyizere mu isoko rusange rya Afurika rizagira uruhare mu kwihutisha iterambere ry’uwo mugabane.

Iryo soko rusange rya Afurika (African Continental Free Trade Area – AfCFTA) rizafungurwa ku mugaragaro mu kwezi gutaha kwa Nyakanga mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe izabera muri Niger.

Ibi, Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ari mu Bubiligi kuri uyu wa kabiri tariki 18 Kamena 2019, aho yitabiriye inama yiga ku iterambere, izwi nka ‘European Development Days (EDD)’. Ni inama yatangiye kuba muri 2006, kuri iyi nshuro abayitabiriye bakaba barebera hamwe uko ihame ry’uburinganire ryubahirizwa.

Ku ruhande rw’umugabane wa Afurika, Perezida Kagame yavuze ko hari ibyiza byinshi byagezweho, ariko agaragaza ko hakiri urundi rugendo rurerure Afurika ifite, kandi ko Afurika yashyizeho ingamba zizayifasha kugera ku iterambere ryifuzwa.

Perezida Kagame yahamagariye ibihugu byo hanze ya Afurika n’imiryango Mpuzamahanga kwimakaza ubufatanye na Afurika kugira ngo iryo terambere rigerweho, gusa agaragaza ko Afurika igomba gufata iya mbere mu kwiteza imbere.

Yagize ati “Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bifite inshingano zo kugaragaza uruhare rwabyo mu kwiteza imbere. Ibyo bihugu ntibikwiye gutegereza ko abazaturuka hanze yabyo ari bo bonyine bazabiteza imbere.”

Si ubwa mbere Perezida Kagame yitabiriye iyi nama itegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Perezida Kagame yitabiriye inama nk’iyo muri 2017 no muri 2018.

Itegurwa ry’iyo nama rigirwamo uruhare n’abayobozi barimo Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Charles Michel na Jean-Claude Juncker uyoboye Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Muri izo nama zindi zabanje, Perezida Kagame yabwiye abayobozi bo hirya no hino ku isi ko Afurika n’u Burayi bikwiye kubana nk’abafatanyabikorwa n’inshuti kuruta kubana basa n’abahanganye.

Kuri iyi nshuro, Perezida Kagame yashimye bamwe mu baterankunga bemeye kuyigabanya kuko byongereye ingufu abayihabwaga kugira ngo bishakemo uko bakwiteza imbere badategereje ak’imuhana.

Ku bijyanye n’imiyoborere, Perezida Kagame yatanze urugero ku Rwanda, yerekana uburyo buri wese agira uruhare mu miyoborere, by’umwihariko umuturage akaba ari we uri ku isonga muri iyo miyoborere.

Yanasobanuriye abayobozi bo hirya no hino ku isi bari bateraniye muri iyo nama uburyo mu Rwanda abaturage ari bo bihitiramo ibibakorerwa, ndetse bakabibaza abayobozi mu gihe bitashyizwe mu bikorwa.

Umukuru w’igihugu yavuze ko iyo mikoranire ituma abayobozi n’abaturage bakorana bizeranye kuko ahabaye ikibazo ababishinzwe babisobanura, biryo impande zombi zigafatanya kugishakira igisubizo.

Perezida Kagame ati “Ibyo byatumye tubona umusaruro mwiza nubwo ubukungu bwacu atari bwinshi. Urugero nko mu buzima, uburezi kuri bose, ndetse no kwita ku bidukikije.”

Iyo nama yiga ku iterambere, izwi nka ‘European Development Days (EDD)’ itegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Ihuza abantu batandukanye bafite aho bahurira n’imishinga y’iterambere kugira ngo basangire ibitekerezo n’ubunararibonye, hagamijwe gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bidindiza iterambere.

Abandi bakuru b’ibihugu bo ku mugabane wa Afurika bitabiriye iyo nama, barimo Perezida Macky Sall wa Senégal na Perezida Jorge Carlos Fonseca wa Cape Verde.

Src : KT

2019-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018
Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi
INKURU NYAMUKURU

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.
Amakuru

Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Ubwanditsi 05 Jan 2021
Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe
Amakuru

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

RUSHYASHYA 24 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru