• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Ubwanditsi 19 Jun 2019 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko afite icyizere mu isoko rusange rya Afurika rizagira uruhare mu kwihutisha iterambere ry’uwo mugabane.

Iryo soko rusange rya Afurika (African Continental Free Trade Area – AfCFTA) rizafungurwa ku mugaragaro mu kwezi gutaha kwa Nyakanga mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe izabera muri Niger.

Ibi, Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ari mu Bubiligi kuri uyu wa kabiri tariki 18 Kamena 2019, aho yitabiriye inama yiga ku iterambere, izwi nka ‘European Development Days (EDD)’. Ni inama yatangiye kuba muri 2006, kuri iyi nshuro abayitabiriye bakaba barebera hamwe uko ihame ry’uburinganire ryubahirizwa.

Ku ruhande rw’umugabane wa Afurika, Perezida Kagame yavuze ko hari ibyiza byinshi byagezweho, ariko agaragaza ko hakiri urundi rugendo rurerure Afurika ifite, kandi ko Afurika yashyizeho ingamba zizayifasha kugera ku iterambere ryifuzwa.

Perezida Kagame yahamagariye ibihugu byo hanze ya Afurika n’imiryango Mpuzamahanga kwimakaza ubufatanye na Afurika kugira ngo iryo terambere rigerweho, gusa agaragaza ko Afurika igomba gufata iya mbere mu kwiteza imbere.

Yagize ati “Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bifite inshingano zo kugaragaza uruhare rwabyo mu kwiteza imbere. Ibyo bihugu ntibikwiye gutegereza ko abazaturuka hanze yabyo ari bo bonyine bazabiteza imbere.”

Si ubwa mbere Perezida Kagame yitabiriye iyi nama itegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Perezida Kagame yitabiriye inama nk’iyo muri 2017 no muri 2018.

Itegurwa ry’iyo nama rigirwamo uruhare n’abayobozi barimo Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Charles Michel na Jean-Claude Juncker uyoboye Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Muri izo nama zindi zabanje, Perezida Kagame yabwiye abayobozi bo hirya no hino ku isi ko Afurika n’u Burayi bikwiye kubana nk’abafatanyabikorwa n’inshuti kuruta kubana basa n’abahanganye.

Kuri iyi nshuro, Perezida Kagame yashimye bamwe mu baterankunga bemeye kuyigabanya kuko byongereye ingufu abayihabwaga kugira ngo bishakemo uko bakwiteza imbere badategereje ak’imuhana.

Ku bijyanye n’imiyoborere, Perezida Kagame yatanze urugero ku Rwanda, yerekana uburyo buri wese agira uruhare mu miyoborere, by’umwihariko umuturage akaba ari we uri ku isonga muri iyo miyoborere.

Yanasobanuriye abayobozi bo hirya no hino ku isi bari bateraniye muri iyo nama uburyo mu Rwanda abaturage ari bo bihitiramo ibibakorerwa, ndetse bakabibaza abayobozi mu gihe bitashyizwe mu bikorwa.

Umukuru w’igihugu yavuze ko iyo mikoranire ituma abayobozi n’abaturage bakorana bizeranye kuko ahabaye ikibazo ababishinzwe babisobanura, biryo impande zombi zigafatanya kugishakira igisubizo.

Perezida Kagame ati “Ibyo byatumye tubona umusaruro mwiza nubwo ubukungu bwacu atari bwinshi. Urugero nko mu buzima, uburezi kuri bose, ndetse no kwita ku bidukikije.”

Iyo nama yiga ku iterambere, izwi nka ‘European Development Days (EDD)’ itegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Ihuza abantu batandukanye bafite aho bahurira n’imishinga y’iterambere kugira ngo basangire ibitekerezo n’ubunararibonye, hagamijwe gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bidindiza iterambere.

Abandi bakuru b’ibihugu bo ku mugabane wa Afurika bitabiriye iyo nama, barimo Perezida Macky Sall wa Senégal na Perezida Jorge Carlos Fonseca wa Cape Verde.

Src : KT

2019-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka

AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 01 Jul 2026
Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Ubwanditsi 07 Apr 2020
Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Ubwanditsi 29 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi
HIRYA NO HINO

Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Ubwanditsi 05 Mar 2018
Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’
POLITIKI

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 17 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru