• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Ubwanditsi 19 Jun 2019 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko afite icyizere mu isoko rusange rya Afurika rizagira uruhare mu kwihutisha iterambere ry’uwo mugabane.

Iryo soko rusange rya Afurika (African Continental Free Trade Area – AfCFTA) rizafungurwa ku mugaragaro mu kwezi gutaha kwa Nyakanga mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe izabera muri Niger.

Ibi, Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ari mu Bubiligi kuri uyu wa kabiri tariki 18 Kamena 2019, aho yitabiriye inama yiga ku iterambere, izwi nka ‘European Development Days (EDD)’. Ni inama yatangiye kuba muri 2006, kuri iyi nshuro abayitabiriye bakaba barebera hamwe uko ihame ry’uburinganire ryubahirizwa.

Ku ruhande rw’umugabane wa Afurika, Perezida Kagame yavuze ko hari ibyiza byinshi byagezweho, ariko agaragaza ko hakiri urundi rugendo rurerure Afurika ifite, kandi ko Afurika yashyizeho ingamba zizayifasha kugera ku iterambere ryifuzwa.

Perezida Kagame yahamagariye ibihugu byo hanze ya Afurika n’imiryango Mpuzamahanga kwimakaza ubufatanye na Afurika kugira ngo iryo terambere rigerweho, gusa agaragaza ko Afurika igomba gufata iya mbere mu kwiteza imbere.

Yagize ati “Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bifite inshingano zo kugaragaza uruhare rwabyo mu kwiteza imbere. Ibyo bihugu ntibikwiye gutegereza ko abazaturuka hanze yabyo ari bo bonyine bazabiteza imbere.”

Si ubwa mbere Perezida Kagame yitabiriye iyi nama itegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Perezida Kagame yitabiriye inama nk’iyo muri 2017 no muri 2018.

Itegurwa ry’iyo nama rigirwamo uruhare n’abayobozi barimo Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Charles Michel na Jean-Claude Juncker uyoboye Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Muri izo nama zindi zabanje, Perezida Kagame yabwiye abayobozi bo hirya no hino ku isi ko Afurika n’u Burayi bikwiye kubana nk’abafatanyabikorwa n’inshuti kuruta kubana basa n’abahanganye.

Kuri iyi nshuro, Perezida Kagame yashimye bamwe mu baterankunga bemeye kuyigabanya kuko byongereye ingufu abayihabwaga kugira ngo bishakemo uko bakwiteza imbere badategereje ak’imuhana.

Ku bijyanye n’imiyoborere, Perezida Kagame yatanze urugero ku Rwanda, yerekana uburyo buri wese agira uruhare mu miyoborere, by’umwihariko umuturage akaba ari we uri ku isonga muri iyo miyoborere.

Yanasobanuriye abayobozi bo hirya no hino ku isi bari bateraniye muri iyo nama uburyo mu Rwanda abaturage ari bo bihitiramo ibibakorerwa, ndetse bakabibaza abayobozi mu gihe bitashyizwe mu bikorwa.

Umukuru w’igihugu yavuze ko iyo mikoranire ituma abayobozi n’abaturage bakorana bizeranye kuko ahabaye ikibazo ababishinzwe babisobanura, biryo impande zombi zigafatanya kugishakira igisubizo.

Perezida Kagame ati “Ibyo byatumye tubona umusaruro mwiza nubwo ubukungu bwacu atari bwinshi. Urugero nko mu buzima, uburezi kuri bose, ndetse no kwita ku bidukikije.”

Iyo nama yiga ku iterambere, izwi nka ‘European Development Days (EDD)’ itegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Ihuza abantu batandukanye bafite aho bahurira n’imishinga y’iterambere kugira ngo basangire ibitekerezo n’ubunararibonye, hagamijwe gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bidindiza iterambere.

Abandi bakuru b’ibihugu bo ku mugabane wa Afurika bitabiriye iyo nama, barimo Perezida Macky Sall wa Senégal na Perezida Jorge Carlos Fonseca wa Cape Verde.

Src : KT

2019-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2019
Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Ubwanditsi 11 May 2017
Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 30 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu
Mu Rwanda

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.

Ubwanditsi 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru