• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Ubwanditsi 27 Mar 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yitabiriye inama idasanzwe yiga ku cyorezo cya COVID-19 giterwa na Coronavirus yahuje abayobozi b’ibihugu bikize ku Isi byibumbiye mu Muryango G20 harebwa uburyo bwo guhangana n’ingaruka zacyo.

Iyi nama yateranye kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Werurwe 2020, yabaye mu buryo bw’iyakure hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amashusho (video conference).

Perezida Paul Kagame yayitabiriye ’nk’Umuyobozi wa Komite Nyobozi y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa AUDA-NEPAD’.

Iyi nama yateranye mu gihe Isi yugarijwe n’Icyorezo cya COVID-19, yarebewemo ingaruka gifite ku bukungu bw’Isi n’uko ibihugu bikiri mu nzira y’iterambere byafashwa guhangana nazo.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko muri iyi nama hatanzwe inkunga izakoreshwa mu guhangana n’ingaruka za COVID-19.

Yagize ati “Inama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu bikomeye ku Isi byibumbiye muri G20 n’Umuryango AUDA-NEPAD uyobowe na Perezida Kagame, yafatiwemo umwanzuro wo gutanga tiliyari $5 zizifashishwa mu guhangana n’ingaruka z’ubukungu n’imibereho myiza bizaterwa n’icyorezo cya Coronavirus ku Isi.’’

G20 ni Umuryango w’Ibihugu bikize ku Isi, ukaba ugizwe n’ibigera kuri 19 byiyongeraho Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi.

Ibihugu biwugize birimo Argentina, Australia, Brazil, u Bwongereza, Canada, u Bushinwa, u Bufaransa, u Budage, u Buhinde, Indonesia, u Butaliyani, u Buyapani, Mexique, u Burusiya, Arabie Soudite, Afurika y’Epfo, Korea y’Epfo, Turikiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kuva COVID-19 yaboneka mu Bushinwa mu Ukuboza 2019, abamaze kuyandura basaga ibihumbi 522, muri bo 23,621 bitabye Imana mu gihe 123,322 barayikize.

Banki y’Isi ifatanyije n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF), byasohoye itangazo rihamagarira ibihugu bikize ku Isi bihuriye muri G20, kuba bihagaritse kwishyuza ibihugu bikennye bifite imyenda, mu rwego rwo kubifasha guhangana n’ingaruka zirimo guterwa na Coronavirus.

Ibi bigo byavuze ko “Iki cyorezo gifite ingaruka zikomeye byaba mu by’ubukungu n’imibereho, ku bihugu bikennye bisanzwe bihabwa inguzanyo n’Ikigo Mpuzamahanga gitanga imyenda-IDA.’’

Rivuga ko “Guhera ubu, bigendeye ku mategeko y’ibihugu bigurizwa, Banki y’Isi na IMF bihamagarira ibigo bitanga inguzanyo kuba bihagaritse kwishyuza ibihugu bikennye bisaba kwihanganirwa.”

Ibi bigo bivuga ko “Ibi bizafasha ibihugu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus no gushobora gusesengura ingaruka mu by’ubukungu.”

Banki y’Isi na IMF kandi byatumiye abayobozi bagize G20 guha inshingano ibi bigo byombi gukora amagenzura, harimo no kumenya ibihugu bifite ibi bibazo by’inguzanyo no gutegura umushinga uboneye ugaragaza ubufasha bwatangwa no kuvanaho izi nguzayo kuri ibi bihugu.

Kuri uyu wa Mbere, Perezida wa Banki y’Isi, David Malpass, yavuganye n’abaminisitiri b’imari muri ibi bihugu n’abahagariye banki zabyo, abamenyesha ko COVID-19 irimo kugira ingaruka ku bihugu bikennye, abisaba gufata ingamba zikomeye.

Umuyobozi Mukuru wa IMF, Kristalina Georgieva, yavuze ko batewe impungenge n’inguzanyo ifitwe n’ibihugu bikennye, avuga ko iki ari ikibazo barimo gufatanyamo na Banki y’Isi.

2020-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 13 Nov 2017
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Mar 2020
Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwuka ukomeje kuba mubi hagati y’u Burundi n’u Bubiligi: Leta y’u Burundi yahagaritse ibikorwa bya Belgian week
POLITIKI

Umwuka ukomeje kuba mubi hagati y’u Burundi n’u Bubiligi: Leta y’u Burundi yahagaritse ibikorwa bya Belgian week

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro
INKURU NYAMUKURU

Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana
Mu Mahanga

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 07 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru