• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Ubwanditsi 27 Mar 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yitabiriye inama idasanzwe yiga ku cyorezo cya COVID-19 giterwa na Coronavirus yahuje abayobozi b’ibihugu bikize ku Isi byibumbiye mu Muryango G20 harebwa uburyo bwo guhangana n’ingaruka zacyo.

Iyi nama yateranye kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Werurwe 2020, yabaye mu buryo bw’iyakure hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amashusho (video conference).

Perezida Paul Kagame yayitabiriye ’nk’Umuyobozi wa Komite Nyobozi y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa AUDA-NEPAD’.

Iyi nama yateranye mu gihe Isi yugarijwe n’Icyorezo cya COVID-19, yarebewemo ingaruka gifite ku bukungu bw’Isi n’uko ibihugu bikiri mu nzira y’iterambere byafashwa guhangana nazo.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko muri iyi nama hatanzwe inkunga izakoreshwa mu guhangana n’ingaruka za COVID-19.

Yagize ati “Inama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu bikomeye ku Isi byibumbiye muri G20 n’Umuryango AUDA-NEPAD uyobowe na Perezida Kagame, yafatiwemo umwanzuro wo gutanga tiliyari $5 zizifashishwa mu guhangana n’ingaruka z’ubukungu n’imibereho myiza bizaterwa n’icyorezo cya Coronavirus ku Isi.’’

G20 ni Umuryango w’Ibihugu bikize ku Isi, ukaba ugizwe n’ibigera kuri 19 byiyongeraho Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi.

Ibihugu biwugize birimo Argentina, Australia, Brazil, u Bwongereza, Canada, u Bushinwa, u Bufaransa, u Budage, u Buhinde, Indonesia, u Butaliyani, u Buyapani, Mexique, u Burusiya, Arabie Soudite, Afurika y’Epfo, Korea y’Epfo, Turikiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kuva COVID-19 yaboneka mu Bushinwa mu Ukuboza 2019, abamaze kuyandura basaga ibihumbi 522, muri bo 23,621 bitabye Imana mu gihe 123,322 barayikize.

Banki y’Isi ifatanyije n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF), byasohoye itangazo rihamagarira ibihugu bikize ku Isi bihuriye muri G20, kuba bihagaritse kwishyuza ibihugu bikennye bifite imyenda, mu rwego rwo kubifasha guhangana n’ingaruka zirimo guterwa na Coronavirus.

Ibi bigo byavuze ko “Iki cyorezo gifite ingaruka zikomeye byaba mu by’ubukungu n’imibereho, ku bihugu bikennye bisanzwe bihabwa inguzanyo n’Ikigo Mpuzamahanga gitanga imyenda-IDA.’’

Rivuga ko “Guhera ubu, bigendeye ku mategeko y’ibihugu bigurizwa, Banki y’Isi na IMF bihamagarira ibigo bitanga inguzanyo kuba bihagaritse kwishyuza ibihugu bikennye bisaba kwihanganirwa.”

Ibi bigo bivuga ko “Ibi bizafasha ibihugu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus no gushobora gusesengura ingaruka mu by’ubukungu.”

Banki y’Isi na IMF kandi byatumiye abayobozi bagize G20 guha inshingano ibi bigo byombi gukora amagenzura, harimo no kumenya ibihugu bifite ibi bibazo by’inguzanyo no gutegura umushinga uboneye ugaragaza ubufasha bwatangwa no kuvanaho izi nguzayo kuri ibi bihugu.

Kuri uyu wa Mbere, Perezida wa Banki y’Isi, David Malpass, yavuganye n’abaminisitiri b’imari muri ibi bihugu n’abahagariye banki zabyo, abamenyesha ko COVID-19 irimo kugira ingaruka ku bihugu bikennye, abisaba gufata ingamba zikomeye.

Umuyobozi Mukuru wa IMF, Kristalina Georgieva, yavuze ko batewe impungenge n’inguzanyo ifitwe n’ibihugu bikennye, avuga ko iki ari ikibazo barimo gufatanyamo na Banki y’Isi.

2020-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018
Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Ubwanditsi 29 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni yameje ko Bobi Wine ari umwanzi wa Uganda
POLITIKI

Museveni yameje ko Bobi Wine ari umwanzi wa Uganda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw
UBUKUNGU

BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida
POLITIKI

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Ubwanditsi 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru