• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura   |   15 Mar 2026

  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Umwuka ukomeje kuba mubi hagati y’u Burundi n’u Bubiligi: Leta y’u Burundi yahagaritse ibikorwa bya Belgian week

Umwuka ukomeje kuba mubi hagati y’u Burundi n’u Bubiligi: Leta y’u Burundi yahagaritse ibikorwa bya Belgian week

Ubwanditsi 13 Nov 2017 POLITIKI

Guverinoma y’u Burundi kuri uyu wa Gatanu yahagaritse icyumweru cy’u Bubiligi cy’uyu mwaka wa 2017 (Belgian Week 2017) cyagombaga gutangira kuwa  Gatandatu itariki 11 Ugushyingo  kugeza kuwa 19 Ugushyingo, I Bujumbura. Guverinoma ikaba itigeze imenyesha Ambasade y’u Bubiligi mu Burundi ku mpamvu y’iki cyemezo.

Belgian Week isanzwe ari igikorwa gitegurwa na ambasade y’u Bubiligi mu Burundi mu rwego rwo kurushaho kungurana ibitekerezo ku bufatanye hagati y’Ibihugu byombi mu bijyanye n’ubukungu n’iterambere, ndetse n’iserukiramuco mu kugaragaza umuco wa buri gihugu.

Ambasaderi w’u Bubiligi mu Burundi, Bernard Quintin yabwiye abakozi ba Ambasade ko yabwiwe guhagarika iki gikorwa. Aho yagize ati: “ku mpamvu zitaduturutseho kandi zirenze ubushobozi bwacu hamwe n’icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi, icyumweru cy’u Bubiligi (Belgian week 2017) ntikibaye.”

Kugeza ubu Guverinoma y’u Burundi ntabwo irasobanura impamvu yo guhagarika Belgian week 2017. Gahunda nkiyi ikaba yaherukaga mu mwaka wa 2014.  Ambasaderi w’u Bubiligi nawe akaba nta bindi bisobanuro nawe birenzeho yatangaje.

Guverinoma y’u Burundi ikaba ifashe iki cyemezo nyuma y’umunsi umwe  urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rukorera mu Buhorandi (ICC) rutanganje ko Umushinjacyaha mukuru wa ICC, umudamu ukomoka muri Afurika Fatou Bensouda agiye gukora iperereza ku byaha byakozwe mu Burundi kuva muri 2015 ubwo Perezida Nkurunziza yatangazaga kwiyamamariza manda ya gatatu binyuranije n’itegeko nshinga.

Umubano w’u Burundi n’u bubiligi ntiwifashe neza kuva mu mwaka wa 2015. Leta y’u Burundi ikunze gushinja u Bubiligi kuba inyuma y’ibibazo bya politike u Burundi burimo.

Abadipolomate benshi mu Burundi kimwe nabandi basesenguzi mu bya politike mpuzamahanga, bakaba bemeza ko ihagarikwa rya Belgian week rifitanye isano no kuba ICC yafashe icyemezo cyo gukora iperereza ku byaha by’ubwicanyi mu Burundi.

Minisitiri w’ubutabera w’u Burundi, Aime Laurentine Kanyana, akaba aherutse gutangariza abanyamakuru ko Leta ititeguye na gato kuzakorana na ICC dore ko u Burundi bwamaze gufata icyemezo cyo kwikura muri ICC. Yakomeje avuga ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ibihugu bimwe by’I Burayi no muri Amerika, Imiryango mpuzamahanga imwe ndetse n’abashatse guhirika ubutegetsi mu 2015, aribo bari inyuma y’iki cyemezo cyo gutangiza iperereza ku byaha by’ubwicanyi byakoze mu Burundi.

Ubwanditsi

2017-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Ubwanditsi 24 Sep 2024
Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Ubwanditsi 30 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rulindo: Abacuruzi bamenyeshejwe ibinyobwa byashyizwe ku rutonde rw’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Rulindo: Abacuruzi bamenyeshejwe ibinyobwa byashyizwe ku rutonde rw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 27 Feb 2016
CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi  wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka
Mu Rwanda

CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka

Ubwanditsi 05 Sep 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 07 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru