• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe

Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe

Ubwanditsi 26 Mar 2017 Mu Rwanda

Ibihugu, Uganda, Angola na Afurika y’Epfo ni byo bihugu 3 byonyine, mu bihugu 13, byabashije kwitabira imyitozo ya gisirikare y’ingabo zishobora gutabara mu buryo bwihuse aho Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wakenera guhosha ibibazo hitabajwe imbaraga za gisirikare.

Iyi myitozo ya gisirikare yafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa 25 Werurwe 2017, mu Kigo cya Gisirikare cyo mu Rwanda, cya Gako (Rwanda Military Academy), kiri mu Karere ka Bugesera.

Ubusanzwe iyi myitozo yari yatumiwemo Algeria, Angola, Benin, Burkina Faso, Tchad, Misiri, Niger, Senegal, Afurika y’Epfo, Sudan, Tanzania, Uganda n’u Rwanda ari nabyo bihugu binyamuryango by’ibikorerabushake.

Abasirikare b’ibi bihugu baje muri iyi myitozo biganjemo abofisiye hamwe n’abandi babaherekeje barimo abajenerali bose hamwe barenga 200.

Ni imyitozo iba mu cyiswe ‘Utulivu Africa’, ari zo ngabo zihariye zishobora gutabara mu buryo bwihuse, nibura mu minsi 7 gusa, ahantu aho ari ho hose muri Afurika hashobora kuvuka ikibazo icyo ari cyo cyose cyakenera gukemurwa hifashishijwe imbaraga za gisirikare.

Iyi myitozo, ubusanzwe yatangiye kuva ku wa 20 Werurwe, ikazageza kuwa 30 Werurwe 2017.

Mu gufungura ku mugaragaro iyi myitozo, Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen. Jacques Musemakweli, ari nawe wari umushyitsi mukuru, mu ijambo rye ntiyigeze akomoza ku ngingo y’ubwitabire, gusa yasomye amazina y’ibihugu byose byatumiwe uko ari 13.

Yibanze ahanini ku kugaragaza akamaro k’iyi myitozo, avuga ko izi ngabo za ‘Utulivu Africa’ zashyizweho ngo Abanyafurika bajye babasha kwikemurira ibibazo ubwabo.

Yashimangiye ko izi ngabo zashyizweho hashingiwe ku cyemezo cyafatiwe mu nama ya 21 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yateranye muri Gicurasi mu 2013, agira ati “ubushobozi bwa Afurika bw’uko yabasha guhita ihosha amakimbirane vuba bwashyizweho muri 2013 nk’igisubizo cy’ako kanya cy’uko haburaga ubushobozi ku bayobozi b’ibihugu bya Afurika ngo batabare ahari ikibazo ku mugabane wa Afurika.”

Aha Maj Gen. Musemakweli yavuze ko Abakuru b’Ibihugu bashinze izi ngabo bagamije kurwanya ko ab’ibindi bihugu by’indi migabane bajya bahora baza gukemura ibibazo by’Abanyafurika.

Maj Gen. Musemakweli yagize ati “byari mu murongo wa politiki ishingiye ku bitekerezo bigari by’uko ibisubizo by’Abanyafurika ku bibazo bya Afurika, bityo bigatuma umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ishobora guhita itabara mu buryo bwihuse kandi bukomeye itanga ingabo, n’ibikoresho byazo aho byakenerwa.”

Akomoza ku bwitabire, Lt Col René Ngendahimana, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda we yavuze ko nubwo ibi bihugu bindi bitohereje ingabo zabyo ngo zize mu myitozo ariko bifite abandi bakozi bakurikirikirana ibikorerwa muri iyi myitozo.

-6169.jpg

Ku Rwanda, Lt Col Ngendahimana yavuze ko rwo rufite abanyamuryango barenga mirongo icyenda (90), biteguye gufatanya na bagenzi babo mu kwitoza uko hagize ahavuka ikibazo ku mugabane wa Afurika batabara mu buryo bwihuse.

Ibibazo bya Afurika

Ku kijyanye n’uko hari ibihugu bimwe na bimwe bya Afurika bifite ibibazo, aho itangazamakuru ryabazaga impamvu izi ngabo zitagira uruhare mu kujya kubihoshayo, Lt Col Ngendahimana yasubije ko ari Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wonyine utegeka ko izi ngabo zitabara.

Yagize ati “ubundi ACIRC kugira ngo ijye gutabara bisabwa n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, nibo bafata icyemezo bakaba ari bo bavuga bati ‘turabona hari ikibazo cyavutse mu gihugu runaka turasaba ko mwatwohererezayo ingabo byihuse’.”

Lt Col Ngendahimana yongeyeho ko hari ubundi buryo buhari bwo guhangana n’ibindi bibazo bigenda bivuka ku mugabane wa Afurika hatarinze kwitabazwa ingufu za gisirikare, ariko ko igihe izi ngabo zizasabwa zizaba ziteguye gutabara.

Ibi byanashimangiwe na Sivuyile Bam, waje nk’intumwa yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, we wavuze ko izi ngabo zikorera munsi y’ibyemezo by’uyu Muryango.

Yagize ati “Si ingabo zibyuka mugitondo ngo zihite zijya ahantu aho ari ho hose zijyanye, zigomba kugenda zoherejwe n’ibyemezo by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Ni ku nshuro ya gatatu iyi myitozo ibaye, kuva mu 2013 izi ngabo zihariye zashingwa.

Source : Izuba rirashe

2017-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021
Musanze : Perezida Kagame  yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Ubwanditsi 01 Sep 2017
De Gaulle uyobora Ferwafa arashinjwa kwihemba amafaranga ya Manda ataratorerwa

De Gaulle uyobora Ferwafa arashinjwa kwihemba amafaranga ya Manda ataratorerwa

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Ubwanditsi 19 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’
Mu Mahanga

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika
INKURU NYAMUKURU

Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Ubwanditsi 28 Nov 2017
Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports
IMIKINO

Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru