• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe

Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe

Ubwanditsi 26 Mar 2017 Mu Rwanda

Ibihugu, Uganda, Angola na Afurika y’Epfo ni byo bihugu 3 byonyine, mu bihugu 13, byabashije kwitabira imyitozo ya gisirikare y’ingabo zishobora gutabara mu buryo bwihuse aho Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wakenera guhosha ibibazo hitabajwe imbaraga za gisirikare.

Iyi myitozo ya gisirikare yafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa 25 Werurwe 2017, mu Kigo cya Gisirikare cyo mu Rwanda, cya Gako (Rwanda Military Academy), kiri mu Karere ka Bugesera.

Ubusanzwe iyi myitozo yari yatumiwemo Algeria, Angola, Benin, Burkina Faso, Tchad, Misiri, Niger, Senegal, Afurika y’Epfo, Sudan, Tanzania, Uganda n’u Rwanda ari nabyo bihugu binyamuryango by’ibikorerabushake.

Abasirikare b’ibi bihugu baje muri iyi myitozo biganjemo abofisiye hamwe n’abandi babaherekeje barimo abajenerali bose hamwe barenga 200.

Ni imyitozo iba mu cyiswe ‘Utulivu Africa’, ari zo ngabo zihariye zishobora gutabara mu buryo bwihuse, nibura mu minsi 7 gusa, ahantu aho ari ho hose muri Afurika hashobora kuvuka ikibazo icyo ari cyo cyose cyakenera gukemurwa hifashishijwe imbaraga za gisirikare.

Iyi myitozo, ubusanzwe yatangiye kuva ku wa 20 Werurwe, ikazageza kuwa 30 Werurwe 2017.

Mu gufungura ku mugaragaro iyi myitozo, Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen. Jacques Musemakweli, ari nawe wari umushyitsi mukuru, mu ijambo rye ntiyigeze akomoza ku ngingo y’ubwitabire, gusa yasomye amazina y’ibihugu byose byatumiwe uko ari 13.

Yibanze ahanini ku kugaragaza akamaro k’iyi myitozo, avuga ko izi ngabo za ‘Utulivu Africa’ zashyizweho ngo Abanyafurika bajye babasha kwikemurira ibibazo ubwabo.

Yashimangiye ko izi ngabo zashyizweho hashingiwe ku cyemezo cyafatiwe mu nama ya 21 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yateranye muri Gicurasi mu 2013, agira ati “ubushobozi bwa Afurika bw’uko yabasha guhita ihosha amakimbirane vuba bwashyizweho muri 2013 nk’igisubizo cy’ako kanya cy’uko haburaga ubushobozi ku bayobozi b’ibihugu bya Afurika ngo batabare ahari ikibazo ku mugabane wa Afurika.”

Aha Maj Gen. Musemakweli yavuze ko Abakuru b’Ibihugu bashinze izi ngabo bagamije kurwanya ko ab’ibindi bihugu by’indi migabane bajya bahora baza gukemura ibibazo by’Abanyafurika.

Maj Gen. Musemakweli yagize ati “byari mu murongo wa politiki ishingiye ku bitekerezo bigari by’uko ibisubizo by’Abanyafurika ku bibazo bya Afurika, bityo bigatuma umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ishobora guhita itabara mu buryo bwihuse kandi bukomeye itanga ingabo, n’ibikoresho byazo aho byakenerwa.”

Akomoza ku bwitabire, Lt Col René Ngendahimana, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda we yavuze ko nubwo ibi bihugu bindi bitohereje ingabo zabyo ngo zize mu myitozo ariko bifite abandi bakozi bakurikirikirana ibikorerwa muri iyi myitozo.

-6169.jpg

Ku Rwanda, Lt Col Ngendahimana yavuze ko rwo rufite abanyamuryango barenga mirongo icyenda (90), biteguye gufatanya na bagenzi babo mu kwitoza uko hagize ahavuka ikibazo ku mugabane wa Afurika batabara mu buryo bwihuse.

Ibibazo bya Afurika

Ku kijyanye n’uko hari ibihugu bimwe na bimwe bya Afurika bifite ibibazo, aho itangazamakuru ryabazaga impamvu izi ngabo zitagira uruhare mu kujya kubihoshayo, Lt Col Ngendahimana yasubije ko ari Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wonyine utegeka ko izi ngabo zitabara.

Yagize ati “ubundi ACIRC kugira ngo ijye gutabara bisabwa n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, nibo bafata icyemezo bakaba ari bo bavuga bati ‘turabona hari ikibazo cyavutse mu gihugu runaka turasaba ko mwatwohererezayo ingabo byihuse’.”

Lt Col Ngendahimana yongeyeho ko hari ubundi buryo buhari bwo guhangana n’ibindi bibazo bigenda bivuka ku mugabane wa Afurika hatarinze kwitabazwa ingufu za gisirikare, ariko ko igihe izi ngabo zizasabwa zizaba ziteguye gutabara.

Ibi byanashimangiwe na Sivuyile Bam, waje nk’intumwa yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, we wavuze ko izi ngabo zikorera munsi y’ibyemezo by’uyu Muryango.

Yagize ati “Si ingabo zibyuka mugitondo ngo zihite zijya ahantu aho ari ho hose zijyanye, zigomba kugenda zoherejwe n’ibyemezo by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Ni ku nshuro ya gatatu iyi myitozo ibaye, kuva mu 2013 izi ngabo zihariye zashingwa.

Source : Izuba rirashe

2017-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 27 Oct 2017
WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Ubwanditsi 04 May 2017
Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Ubwanditsi 10 May 2016
Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN
Amakuru

Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ubwanditsi 07 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru