• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Ubwanditsi 19 Jan 2017 Mu Rwanda

Ingabo zo mu bihugu bigize Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika (ECOWAS), ziteguye kwinjira muri Gambia igihe icyo ari cyo cyose Yahya Jammeh yaba yanze kuva ku butegetsi.

Yahya Jammeh yagombaga kuva ku butegetsi kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Mutarama 2017, nyamara nyirantarengwa yari yashyiriweho yageze ntiyavaho ahubwo ingabo z’ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika zagose imipaka ya Gambia.

Umunya-Senegal Col. Seydou Maiga Moro uyoboye izi ngabo yatangaje ko ziteguye kwinjira muri Gambia mu gihe Jammeh araba yanze kuva ku butegetsi.

Yagize ati “ Ingabo zose ziriteguye, niba nta gisubizo kibonetse muri iri joro turafata icyemezo.” Gusa nyuma y’uko amasaha ashize ari menshi, ntibiramenyekana niba izo ngabo zakoze ibyo zari ziyemeje.

Jammeh yagiye ku butegetsi bwa Gambia kuva mu mwaka wa 1994 kugeza atsinzwe mu buryo butunguranye ku wa 1 Ukuboza 2016, ubwo yatsindwaga na mugenzi we Adama Barrow kuri 45% by’amatora.

-5438.jpg

Jammeh yanze kuva ku butegetsi none ari kotswa igitutu n’abasirikare b’amahanga

-5439.jpg

Abakerarugendo bari muri Gambia batangiye gutaha

Hagati aho abakerarugendo babarirwa mu bihumbi bari muri icyo gihugu bamaze kuvayo batinya ko hashobora kwaduka intambara bashingiye ku mwuka mubi ukomeje kuranga icyo gihugu.

Umwe mu bashinzwe gutegura ingendo mu Bwongereza witwa Thomas Cook yatangaje kugeza ejo bari bamaze gukura muri Gambia abantu bagera kuri 985 bari bariyo muri gahunda z’ubutembere mu gihe cy’amasaha 48 ndetse ko hategerejwe gukurwayo abandi 2500 bamaze gukatisha amatike.

Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga by’u Bwongereza bwasabye abajyaga muri Gambia kwitonda kuko ikibuga cy’indege cyo mu murwa mukuru Banjul gishobora kuza gufungwa.

Senegal, Ghana, Togo na Mali ni bimwe mu bihugu byatanze ingabo mu gihe umutwe w’ingabo zirwanira mu kirere wa Nigeria wamaze gutangaza ko uzafatanya n’ingabo za ECOWAS.

Igihugu kiri mu bihe bidasanzwe

Nyuma y’uko Jammeh atakaje amahirwe yo gutsinda mu matora yo ku wa 1 Ukuboza 2016, yatangaje ko yemeye ibyavuye mu matora ndetse avuga ko azava ku butegetsi, gusa nyuma y’icyumweru kimwe ku wa 9 Ukuboza, yahise avuga ibitandukanye n’ibyo yari yarivugiye.

Yagize ati “ Baturage ba Gambia, mbatangarije ko , nteye utwatsi ibyavuye mu matora ndetse ko nyashehe.”

Kuva uwo munsi, haje abakuru b’ibihugu ba Afurika batandukanye bamugira inama yo kuva ku butegetsi, ariko ntibyigeze bitanga umusaruro.

Ku wa kabiri, Jammeh yatangaje ku mugaragaro ko igihugu cyinjiye mu bihe bidasanzwe avuga ko akurikije uko ibintu byifashe, biramutse bikomeje bishobora gutuma habaho ibihe bidasanzwe kuri rubanda.

Ubwo yavugiraga kuri Televiziyo y’igihugu, Jammeh yavuze ko yamaze kugeza ubusabe mu rukiko rw’ikirenga kugira ngo Adama Barrow atazarahira.
Barrow nawe ategerereje muri Senegal ihererekanya ry’Ubutegetsi.

Hagati aho ejo ku wa Gatatu, Inteko Ishinga Amategeko ya Gambia yemeje umwanzuro wo kongerera Yahya Jammeh iminsi 90 yo gukomeza kuyobora iki gihugu.

-5440.jpg

Barrow ari muri Senegal aho ategerereje ihererekanya ry’ubutegetsi.

2017-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Ubwanditsi 28 May 2021
Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 27 May 2022
Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda

Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.
Amakuru

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya
ITOHOZA

Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya

Ubwanditsi 11 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru