• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Ubwanditsi 19 Jan 2017 Mu Rwanda

Ingabo zo mu bihugu bigize Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika (ECOWAS), ziteguye kwinjira muri Gambia igihe icyo ari cyo cyose Yahya Jammeh yaba yanze kuva ku butegetsi.

Yahya Jammeh yagombaga kuva ku butegetsi kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Mutarama 2017, nyamara nyirantarengwa yari yashyiriweho yageze ntiyavaho ahubwo ingabo z’ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika zagose imipaka ya Gambia.

Umunya-Senegal Col. Seydou Maiga Moro uyoboye izi ngabo yatangaje ko ziteguye kwinjira muri Gambia mu gihe Jammeh araba yanze kuva ku butegetsi.

Yagize ati “ Ingabo zose ziriteguye, niba nta gisubizo kibonetse muri iri joro turafata icyemezo.” Gusa nyuma y’uko amasaha ashize ari menshi, ntibiramenyekana niba izo ngabo zakoze ibyo zari ziyemeje.

Jammeh yagiye ku butegetsi bwa Gambia kuva mu mwaka wa 1994 kugeza atsinzwe mu buryo butunguranye ku wa 1 Ukuboza 2016, ubwo yatsindwaga na mugenzi we Adama Barrow kuri 45% by’amatora.

-5438.jpg

Jammeh yanze kuva ku butegetsi none ari kotswa igitutu n’abasirikare b’amahanga

-5439.jpg

Abakerarugendo bari muri Gambia batangiye gutaha

Hagati aho abakerarugendo babarirwa mu bihumbi bari muri icyo gihugu bamaze kuvayo batinya ko hashobora kwaduka intambara bashingiye ku mwuka mubi ukomeje kuranga icyo gihugu.

Umwe mu bashinzwe gutegura ingendo mu Bwongereza witwa Thomas Cook yatangaje kugeza ejo bari bamaze gukura muri Gambia abantu bagera kuri 985 bari bariyo muri gahunda z’ubutembere mu gihe cy’amasaha 48 ndetse ko hategerejwe gukurwayo abandi 2500 bamaze gukatisha amatike.

Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga by’u Bwongereza bwasabye abajyaga muri Gambia kwitonda kuko ikibuga cy’indege cyo mu murwa mukuru Banjul gishobora kuza gufungwa.

Senegal, Ghana, Togo na Mali ni bimwe mu bihugu byatanze ingabo mu gihe umutwe w’ingabo zirwanira mu kirere wa Nigeria wamaze gutangaza ko uzafatanya n’ingabo za ECOWAS.

Igihugu kiri mu bihe bidasanzwe

Nyuma y’uko Jammeh atakaje amahirwe yo gutsinda mu matora yo ku wa 1 Ukuboza 2016, yatangaje ko yemeye ibyavuye mu matora ndetse avuga ko azava ku butegetsi, gusa nyuma y’icyumweru kimwe ku wa 9 Ukuboza, yahise avuga ibitandukanye n’ibyo yari yarivugiye.

Yagize ati “ Baturage ba Gambia, mbatangarije ko , nteye utwatsi ibyavuye mu matora ndetse ko nyashehe.”

Kuva uwo munsi, haje abakuru b’ibihugu ba Afurika batandukanye bamugira inama yo kuva ku butegetsi, ariko ntibyigeze bitanga umusaruro.

Ku wa kabiri, Jammeh yatangaje ku mugaragaro ko igihugu cyinjiye mu bihe bidasanzwe avuga ko akurikije uko ibintu byifashe, biramutse bikomeje bishobora gutuma habaho ibihe bidasanzwe kuri rubanda.

Ubwo yavugiraga kuri Televiziyo y’igihugu, Jammeh yavuze ko yamaze kugeza ubusabe mu rukiko rw’ikirenga kugira ngo Adama Barrow atazarahira.
Barrow nawe ategerereje muri Senegal ihererekanya ry’Ubutegetsi.

Hagati aho ejo ku wa Gatatu, Inteko Ishinga Amategeko ya Gambia yemeje umwanzuro wo kongerera Yahya Jammeh iminsi 90 yo gukomeza kuyobora iki gihugu.

-5440.jpg

Barrow ari muri Senegal aho ategerereje ihererekanya ry’ubutegetsi.

2017-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Ubwanditsi 22 Dec 2021
Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika
Amakuru

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Mar 2016
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino
Mu Mahanga

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Ubwanditsi 21 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru